• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Trump yagaragaje impungenge ku kugurwa kwa Warner Bros na Netflix, asaba isuzuma ryimbitse

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 9, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gutera urujijo mu isoko ryo kwerekana filime n’amashusho nyuma yo kugaragaza impungenge ku masezerano mashya Netflix yatangaje yo kugura igice cya Warner Bros Discovery (WBD) ku giciro cya miliyari 72$.

Ibinyamakuru bya New York Times na CNN bivuga ko Trump yatangaje ibi ku wa 7 Ukuboza 2025, aho yibukije ko Netflix na Warner Bros ari ibigo binini ku rwego mpuzamahanga, bityo kubihuza bidashingiye ku igenzura rihagije bishobora guteza ikibazo mu isoko ry’itangazamakuru n’imyidagaduro. Yavuze ko kugurwa kw’iki gice cya WBD byaha Netflix ubudahangarwa mu isoko ryo kwerekana filime ku buryo guverinoma ye izahagurukira kureba ko nta busumbane cyangwa gucunaguzwa byahavuka.

By’umwihariko New York Times yo ivuga ko mu masezerano yatangajwe na Netflix, azatuma ihabwa uburenganzira ku mitungo y’ikirango izwi cyane mu ruganda rwa sinema nka Batman, Harry Potter, na Game of Thrones, kimwe n’uburenganzira ku mafilime n’amafaranga menshi yinjijwe n’ama studios muri uyu mwaka. Ibi byose byongera imbaraga za Netflix mu bucuruzi bw’amasinema, kandi bikayigira ku rwego rutari rusanzwe ku bigo bisanzwe bikora filime.

Nubwo bimeze bityo, inzira iracyari ndende kuko aya masezerano agomba kubanza kunyura mu isuzumwa rikomeye ry’abagenzuzi b’amasoko mu bihugu bitandukanye, cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Biteganyijwe ko ibyo igenzura bizarangira muri 2026, mbere y’uko Netflix yemererwa burundu kugura iki gice cya Warner Bros.

Abahanga mu bukungu n’amasoko bavuze ko amagambo ya Trump yerekana ko ibiro bye bizahagurukira kureba neza imikorere y’aya masezerano, cyane cyane mu kurinda ko isoko ryo kwerekana filime ryiharirwa n’ikigo kimwe gikomeye. Bavuga ko niba Netflix yegukanye Warner Bros, bishobora guhindura uburyo isoko rya filime rikoramo, bityo hakenewe ibisuzumwa bihamye kugirango harindwe ihiganwa ririmo uburinganire.

Ni inkuru ikomeje gukurikiranwa mu myidagaduro no mu bukungu, aho benshi bategereje kureba niba Netflix izahabwa uburenganzira busesuye cyangwa niba leta izashyiraho imbogamizi zikomeye.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Wari uzi ko siporo yo kwiruka ifasha mu kurwanya umuhangayiko?

Next Post

Joshua Baraka ni we muhanzi nkunda cyane muri Afurika y’Iburasirazuba – Bien-Aimé Baraza

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
6 hours ago

Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye kuri YouTube yagezemo mu 2018 ayobora igice cya ‘Urban Music’ ubu akaba akuriye icya ‘Black Music...

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
7 hours ago

Agahinda k’abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana mu bitaramo bitandukanye, kongeye kuzamurwa n’umufana wasomeye Winnie Nwangi mu...

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
8 hours ago

Nyuma y’ibyumweru bike umuraperi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi ku mazina nka “Diddy” yagabanyirijweho amezi abiri ku gifungo yari yakatiwe, itariki...

Next Post
Joshua Baraka ni we muhanzi nkunda cyane muri Afurika y’Iburasirazuba – Bien-Aimé Baraza

Joshua Baraka ni we muhanzi nkunda cyane muri Afurika y’Iburasirazuba - Bien-Aimé Baraza

Ykee Benda yatangaje uko ubuzima bwe bumeze nyuma y’impanuka aheruka gukora

Ykee Benda yatangaje uko ubuzima bwe bumeze nyuma y’impanuka aheruka gukora

“Lydia Jazmine Arahamya ko Tracy Melon ariwe muhanzi w’Umwaka wa 2025”

“Lydia Jazmine Arahamya ko Tracy Melon ariwe muhanzi w’Umwaka wa 2025”

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo
Uncategorized

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera
Imyidagaduro

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana
Imyidagaduro

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo
Imyidagaduro

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.