Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihizwa buri mwaka ku wa 8 Werurwe, kuri iyi nshuro umuhanzikazi Spice Diana yavuze ko ari kuwizihiza uyu munsi ayoboye kandi afite icyizere, umunezero n’urukundo.
Uyu muhanzi, uherutse gutangaza ko yatandukanye n’ubuyobozi bwamucungiraga ibikorwa by’umuziki umwaka ushize agahitamo kwikorera umuziki we yigenga, yavuze ko ubu ari mu gihe yise “bossy girl era,” aho yiyumva nk’umugore wigenga wifatira ibyemezo kandi abyishimiye.
Amafoto yafashwe mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore agaragaza byinshi ku mugore amaze kuba we: ukora cyane,wigenga,kandi udafite ubwobawiyemeje kugera ku ntego ze.
Ushobora kureba amafoto yafashwe na Luswata Samie:👇👇👇👇




















