• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Iyobokamana

Rubavu: Korali Ministers of God yashyize hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa “Rusi” – VIDEO

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 23, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp
Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Korali Ministers of God yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Mbugangali mu Karere ka Rubavu bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise ‘Rusi.’

Iyi ndirimbo y’amashusho isohotse nyuma y’umwaka umwe gusa iyi Korali itangiye umurimo kuko yavutse mu Ukwakira 2024 ifite intumbero yo kuvuga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo.

Korali Ministers of God igizwe n’ingeri zitandukanye zirimo abakuze n’urubyiruko bahuje umugambi wo kwamamza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku Isi yose binyuze mu gukoresha impano zabo zo kuririmba.

Iyi ndirimbo yabo y’uburiza ivuga hejuru y’inkuru yo muri Bibiliya Yera mu gitabo cya Rusi igaruka ku mugore witwa Nawomi wapfushije umugabo we n’abahungu be babiri maze mu bakazana be havamo umwe witwa Rusi yiyemeza kunamba kuri nyirabukwe kugeza ubwo yakoze indahiro agaragaza ko atazamusiga.

Rusi 1:16-17 Rusi aramusubiza ati ati “ Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ari ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye, aho uzagwa ni ho nzagwa bahampambe. Nihagira ikizantandukanya nawe atari urupfu, Uwiteka azabimpore, ndetse bikabije.”

Bifashishije iyi nkuru, Korali Ministers of God batanze ubutumwa bwo gukangurira abantu gufata icyemezo cyo gukurikira Yesu nk’umuyobozi w’ubuzima bwawe, ufite n’ububasha bwo guhindura amateka y’ubuzima.

Umwe mu bayobozi b’iyi Korali yatangaje ko iyi ndirimbo y’uburiza ibimburiye izindi nyinshi bitegura gushyira hanze mu bihe biri imbere kandi ko bazarushaho kuzisakaza ku mbuga nkoranyambaga kugira ubutumwa bugere kuri benshi.

Yagize ati: “Intego yacu ni iyo gukorera Imana, turirimba, by’umwihariko tubwiriza ubutumwa bwiza abatuye isi binyuze mu bihimbano by’umwuka. Bibiliya ndetse n’umwuka w’ubuhanuzi ni yo soko tuvomamo.”

Yakomeje avuga ko kuko umurimo wa data ari mugari Korali Ministers of God biyemeje gufatanya n’abandi bahuje umuhamagaro nk’uko bose bahamagariwe kwamamaza ishimwe ry’iyabahamagaye.

Korali Ministers of God ifite gahunda ndende yo gutegura ibitaramo byaguse n’amavuna mu rwego rwo kwagura umurimo w’ivugabutumwa, kandi basaba inshuti zabo kubazirikana mu masengesho yabo ya buri munsi kugira ngo bakoreshe umuhamagaro wabo neza.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Urugendo rwa Claire Byukusenge wiyemeje guheka ubutumwa bwiza ku mugongo yifashishije umuziki

Next Post

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry'abanglikani ritemera amwe mu amahame y'ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of...

Iwawa: 195 bafashe umwanzuro wo guhinduka nyuma y’igiterane cya Ambassadors of Christ

Iwawa: 195 bafashe umwanzuro wo guhinduka nyuma y’igiterane cya Ambassadors of Christ

by Alex RUKUNDO
2 weeks ago

Abantu 195 bagororerwa mu Ikigo Ngororamuco cya Iwawa bakiriye agakiza nyuma y’igiterane cy’ivugabutumwa cyahakorewe na Korali Ambassadors of Christ ku...

Josh Ishimwe i Warsaw: Gospel Nyarwanda ikomeje kwaguka i Burayi

Josh Ishimwe i Warsaw: Gospel Nyarwanda ikomeje kwaguka i Burayi

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umuziki wa Gospel nyarwanda ukomeje kwambuka imipaka, aho umuhanzi Josh Ishimwe ari kwandika indi paji nshya mu rugendo rwe, ategura...

Next Post
Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y'umwuka wera

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.