Umuramyi Richard Nick Ngendahayo, wamamaye mu ndirimbo zisingiza Imana zafashije abari bake mu gihugu no hanze cyo, yageze i Kigali nyuma y’imyaka irenga 15 aba mu Mujyi wa Dallas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Yasesekaye ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Kigali i Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki 3 Ugushyingo 2025 yakiranwe urugwiro n’ubwuzu n’abakunzi b’ibihangano bye bari baje kumwakira.
Richard nick, wari wuzuye ibyishimo byagaragara ku maso he, yavuze ko agarutse mu gihugu cyamubyaye afite intego yo gusangiza Abanyarwanda ubuhamya bwe bwo gukizwa n’umwuka w’ubuzima binyuze mu ndirimbo z’ubaka z’isana imitima.
Ati: “Nishimiye kugaruka mu gihugu cyabyaye. Numvaga mfite amatsiko yo kugera i Kigali, noneho namwe ubwanyu kuba mwaje kunyakira byanyeretse urukundo mu mfitiye, “byashimishije kubabona.”

Imyiteguro ya “Niwe Healing Concert” irarimbanyije
Richard Nick yagarutse mu Rwanda mu rwego rwo kwitegura igitaramo cye cyiswe “Niwe Healing Concert” kizabera muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025.
Iki gitaramo cyitezweho guhuriza hamwe abaririmbyi b’ibyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, hazaba harimo bahanzi bo mu Rwanda n’inshuti ze zo mu mahanga bazafatanya kumurikiramo ubutumwa bwiza Imana bw’isana imitima.
Amakuru yizewe avuga ko imyiteguro y’iki gitaramo irimbanyije, aho abategura bavuga ko kizaba kidasanzwe cyane ko bari gutegura aho bazakorera ku buryo hazaba hari indirimbo z’isana mitima n’ubuhamya bugaruzamo ikizere abantu.
Richard Nick Ngendahayo, yari amaze imyaka 15 aba muri Amerika. Kuva mu mwaka wa 2010, Richard yarimukiye mu Mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas, aho yakomereje umurimo wo kuririmba no gukoresha impano ye mu gusakaza ubutumwa bwiza.
Mu myaka amaze hanze, yakomeje gushyira hanze indirimbo zafashije abatari bake mu by’iyobokamana nka “Mbwira ibyo ushaka”, “Ibuka”, “Si Umuhemu”, “Yambaye Icyubahiro”, “Wemere ngushime”, “Ijwi rinyongorera”, “Unyitayeho”, “Sinzakwitesha”, n’izindi zatumye izina rye rikomeza kumenyekana mu ruhando rw’abaramyi bo mu rwego mpuzamahanga.







