• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Rachel K avuga ku mibanire myiza n’umuryango nubwo batandukanye mu myemerere

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzikazi wo muri Uganda Rachel K (Rachel Kiwanuka) yatangaje ku mugaragaro uko umuryango we ubanye mu mahoro nubwo bafite imyemerere itandukanye.

Rachel K yavuze ko nyina, icyamamare mu muziki wa Uganda Halima Namakula, ari Umuyisilamu w’ukuri kandi wubahiriza idini rye byimazeyo.

Rachel K we yiyumvamo umuhamagaro wo kuba umukozi w’Imana ku rundi rw’imyemerere

 Mushiki we, na we wamenyekanye cyane mu muziki, Rema Namakula, na we akurikiza idini ya Islam.

Nubwo Rachel K we yiyumvamo umuhamagaro wo kuba umukozi w’Imana (minister) mu rundi rwego rw’imyemerere, yavuze ko bitigeze bibangamira urukundo n’ubufatanye bifitanye nk’umuryango.

Yashimangiye ko nyina yabahaye uburenganzira bwo guhitamo inzira y’ukwemera bashaka, icy’ingenzi ari uko umuntu agira icyo yemera kandi akagira indangagaciro ayoborwa na zo.

Yagize ati: “Mama yatubwiye ati ‘Mwemere icyo mushaka, nzabashyigikira.’ Ni Umuyisilamu w’umunyakuri kandi uhamye mu myemerere ye, kimwe na mushiki wanjye Rema.

 Ariko ni bo banshyigikira kurusha abandi. Ni byiza cyane kuko icy’ingenzi ari ukugira aho uhagarara mu buzima no kugira icyo wizera.”

Rachel K yavuze ko urugendo rwe rw’umwuka ari ingenzi cyane mu buzima bwe no mu muziki akora. Asobanura ko impano ye ayifata nk’igikoresho cyo kwamamaza ibyiza by’Imana, gutanga icyizere no kuzamura imitima y’abantu binyuze mu ndirimbo ze.

Yasoje ashimangira ko urukundo, kubahana no gushyigikirana ari byo bituma umuryango wabo ukomera, kabone n’iyo baba batandukanye mu myemerere.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Luwilight yatangaje ko yababariye Zuena na Bebe Cool

Next Post

Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.