Nyuma y’igihe adakora umuziki, umuhanzi Ykee Benda yatangaje ko yagararutse kandi yiteguye gushimisha abakunzi be abaha indirimbo nshya yise “Tempting.”
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Gatatu, Ykee Benda yavuze ko kuba yari amaze igihe adakora umuziki ari ibintu byateguwe, kuko yari akeneye gufata akaruhuko akita ku buzima bwe bwite.
Yagize ati: “Mbiseguye kuba nari narabuze ntagikora umuzika, ariko ndabasaba kwihangana. Nari nkeneye akaruhuko muri iyi si y’umuziki kugira ngo nongere kwisuganya. Nabuze inshuti zimwe, ngira izindi nshya, nabonye urukundo kandi ndi kubaka umuryango, natakaje amafaranga.
Ariko icy’ingenzi kurushaho, n’uko ntibuze njye ubwanjye, kandi ndashimira Imana ko yandize.”
Ku bijyanye n’indimbo nshya, Ykee Benda yavuze ko “Tempting” ari umushinga uzahaza ibyifuzo by’abakunzi be.
Yasoje agira ati: “Ubu noneho niteguye kubaha ibyo mukwiriye. ‘Tempting’ izaza ari injyana iryoheye amatwi, irimo groove kandi izumvikana neza cyane. Igiye kuza vuba. Murakoze ku bwo kwihangana.”





