Umuhanzikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Nandor Love yatangaje ko adafite na kwicuza na gato ku magambo yavuze asubiza Bebe Cool, ni nyuma y’uko uyu muhanzi munini mu gihugu cya Uganda ndetse no muri Furika atanze ibitekerezo ku muziki ndetse no ku mbyino akunze gukoresha mu bihangano bye.
Uyu muhanzikazi wamamaye mu ndirimbo “Kinawolovu” yasobanuye ko ibisubizo yasubije ku magambo ya Bebe Cool atari agamije kumutuka, ahubwo byari uburyo bwo gukosora amagambo yakoresheje ibyo we yafataga nk’ibikorwa bye yasobanurwaga nabi.
Nandor Love yavuze ko Bebe Cool yashatseg kwiyitirira umwimerere w’ibikorwa ubwe yari yarahanze, ari na byo byatumye afata icyemezo cyo kumusubiza.
Yagize ati: “Sinicuza na gato amagambo navuze umwaka ushize ku nama Bebe Cool yatanze ku buhanzi bwanjye. Ntabwo byari igitutsi; nashakaga gusa kugaragaza ko yari yasobanuye nabi ibikorwa byanjye ubwanjye nakoze, uwe ubwe akabifata nk’aho ari we wabigize umwimerere.”
Nandor Love kandi yaburiye abahanzi ko umwaka wa 2026 azawukoramo ibikorwa bikomeye kandi byinshi, abasaba kwitegura bihagije no gukenyera.
Yagize ati: “2026 uzaba zawukoramo ibikorwa byinshi kandi bikomeye bizaba ari urugendo rutoroshye! Iyi ni Nteguza ku bahanzi bose badafite indirimbo zifatika; nimwitegure, ntibizoroha. Leero ndeeta binyonyii!”







