Umuhanzikazi Ava peace yagurutse ku banenga ko amaze iminsi bavuga ku myambarire ye, ashimangira ko umuryango we n’abafana be bamwumva kandi ko bamushigikiye mu mahitamo ye mu myambarire.
Ibi yabivugiye mu birori yizihirizagaho isabukuru y’imyaka 30, y’ubukwe bw’ababyeyi be, aho yasobanuye ko imyambarire ye iterwa n’ahoagiye ndetse n’ubwoko bw’ibikorwa agiyemo, asaba abamunenga kureka kumucira urubanza batabanje gusobanukirwa impamvu ibimutera.
Yagize ati: “Sishobora kwamabara imyambaro igaragaza imiterere y’umubiri wanjye; mu birori bigeye bitandukanye byaba bikorwa nijoro cyagwa ku manywa. Nkunze kwambara ibijyanye n’aho ngiye gukorera. Sinshobora no kwamabara imyambaro igaragaza cyane mu birori byo kwirekana mu miryango cyagwa mu bukwe. Niba warandebye uko nambara mu bitaramo byanjye byose, nambara ibijyanye n’igikorwa ndimo.
Uyu muhanzikazi yashimangiye ko yubaha abakiriya n’abafana be, kandi ko ahora yitwararika aho ajya n’uko yitwara mu ruhame. Yavuze kandi ko ababyeyi be bazi neza ko yambara bitewe n’aho agiye, kandi ko bamusobanukiwe neza.
Yagize ati: “Ababyeyi banjye baranyishimira cyane. Si ku bijyanye n’imyambarire gusa, ahubwo muri rusange baranyishimira, kandi ibyo ni byo by’ingenzi. Iyo mbasobanuriye ko mpiatamo imyambaro bitewe n’aho ngiye, kandi baranyumva.”
Ava Peace yakoresheje uwo mwanya ashimira ababyeyi be mu gihe bizihizaga imyaka 30 bamaze babana, yavuze ko ababyeyi be abafatiraho icyitegererezo cy’ubwitange n’urukundo.
Yasoje agira ati: “Twijihije isabukuru y’imyaka 30 ishize ababyeyi banjye babanye. Ndashimira kuba ababyeyi banjye bakundana kandi batara tandukanye, ndetse no kunyereka icyo urukundo nyarwo ari cyo. Ms Nakamate Christine na Kato Gonzanga ndabakunda cyane!!.”








