Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye Allan Kasujja umuyobozi mukuru w’ikigo cya leta gishinzwe itangazamakuru (Uganda Media Centre), asimbuye Ofwono Opondo wari umaze igihe ayobora iki kigo ariko akegura mu ntangiriro za 2025 ashaka kwinjira muri politiki ishingiye ku matora.
Iri shyirwaho ryemejwe binyuze mu ibaruwa Perezida Museveni yandikiye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku itariki ya 27 Ukuboza 2025. Iyi baruwa igaragaza ko Perezida ubwe yagize uruhare rutaziguye mu ifatwa ry’iki cyemezo, cyane cyane nyuma y’uko havugwaga ibibazo by’imiyoborere muri Uganda Media Centre.

Museveni yanditse agira ati: “Nahawe ibaruwa yawe yo ku wa 27 Ugushyingo 2025 ivuga ku bijyanye na Media Centre. Sinari nzi ibijyanye n’imyitwarire iri kuba muri iki kigo.”
Yakomeje avuga ko igitekerezo cyo gushyiraho Allan Kasujja cyari cyaraganiriweho mbere mu nzego zo hejuru z’ubuyobozi bw’igihugu. Perezida yanategetse Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Uburezi mbonerabuhanga, Dr Chris Baryomunsi, gutangiza inzira zose zisabwa mu mategeko kugira ngo Kasujja ashyirwe mu nshingano, ndetse no gusuzuma abandi bashobora kuba bamwungirije.
Allan Kasujja aje muri izi nshingano afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 30 mu itangazamakuru ryo kuri radiyo na televiziyo, yaba muri Uganda no ku rwego mpuzamahanga. Yamenyekanye cyane mu myaka ya 1990 akorera Sanyu FM na Capital FM, nyuma aba ikimenyabose nk’umushyushyarugamba w’ikiganiro Who Wants to Be a Millionaire? Uganda guhera mu 2011.
Nyuma yaje kwerekeza mu Bwongereza aho yamaze imyaka 13 akorera BBC World Service, ayobora ikiganiro Newsday ndetse n’icyamamare Africa Daily Podcast. Yavuye muri BBC muri Kanama 2025.
Kasujja kandi azwiho kuba umwe mu bayoboye ibiganiro mpaka bya mbere by’abakandida ku mwanya wa Perezida wa Uganda mu 2016, amateka adasanzwe mu miyoborere y’icyo gihugu.








