Umuhanzi Eddy Kenzo yatangaje ko ashyigikiye bagenzi be bakunze gukoresha TikTok Live, avuga ko ibyo bakora ari igisubizo k’ibibazo by’imyaka myinshi ishize batishimiye uko bafatwa n’itangazamakuru.
Mu kiganiro yagiranye na Eddie Sendi, Kenzo yasobanuye ko nubwo we ubwe adakunda gukoresha TikTok Live, asobanukiwe neza impamvu abahanzi benshi usanga bahitamo gukoresha uru rubuga mu rwego rwo ku ganiriza abakunzi babo imbonankubone.
Yagize ati: “Njye sijya vuga ibintu byinshi ‘oya’, ariko ntibivuze ko abandi bashoboye kwirwanaho ko babikora, gusa wowe ntiwabyumva. Ntimujya mu bitaho, mu by’ukuri barananiwe bahitamo kwirwanaho.”
Uyu muhanzi wegukanye igihembo cya BET yavuze ko abahanzi benshi bumva ko itangazamakuru ribavuga uko batari cyangwa rikabanenga mu buryo budakwiye, bityo bahitamo kwivuganira ubwabo bakoresheje TikTok Live.
Abinyujije kuri TikTok Live, yavuze ko abahanzi bahisemo kuganira n’abakunzi babo bitanyuze mu itangazamakuru cyagwa ngo bivugwe n’abandi.

Kenzo yongeyeho ko uburyo itangazamakuru rigenzura abahanzi hari aho byagize ingaruka mbi ku mazina yabo, bigatuma babona ko bagomba guhita bisobanura no kwirwanaho ako kanya bakoresheje TikTok Live.
Yagize ati: “Itangazamakuru ryagize uruhare rukomeye mu gutesha agaciro amazina y abamwe mu bahanzi, bityo bituma bahitamo kwirwanaho kuri TikTok Live.”
Nubwo abishyigikiye, Kenzo yavuze ko we atajya akunda kujya kuri Live. Yabingarutseho avuga ko biterwa n’uko ari ku rwego rwiza mu muziki, haba mu gihugu imbere no ku rwego mpuzamahanga, bikamufasha no kubona ubushobozi bwo kubaho atishingikirije umuziki.
Ati: “Biragoye kumbona kuri izo Live kuko Imana yaramfashije pe!, nageze ku rwego rwo rukomeye mu gihugu no hanze yacyo, mbashakubona amafaranga, kabone n’iyo ntajora umuziki.”
Icyakora yavuze ko atari ko bimeze ku bandi bahanzi. Hari abishingikiriza ku muziki wonyine n’ y’amafaranga awuvamo, bigatuma bagomba gukomeza kugaragara no gusubiza abanenga ibikorwa byabo.
Yashoje agira ati: “Hari bamwe bagifata umuziki nk’isoko yabo rukumbi y’amafaranga, ntibashobora kwicara ngo bareke kuvuga mu gihe mubavugaho nabi.”







