• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, February 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

“Mu myaka ine Ibisumizi (Studio) byambereye umusingi w’urugendo rwanjye” – Chrisy Neat

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 26, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzikazi akaba na Producer, Kanoheri Christmas Ruth wamamaye cyane nka Chrisy Neat, yatangaje ko imyaka ine yamaze akorera muri Studio Ibisumizi ya Riderman yamubereye umusingi ukomeye w’iterambere ry’umwuga we w’umuziki, aho yakuye ubumenyi, ubunararibonye n’icyizere byamufashije kwiyubaka nka Producer w’umugore wa mbere mu Rwanda.

Umuhanzikazi akaba na Producer, Kanoheri Christmas Ruth uzwi nka Chrisy Neat, yatangaje ko imyaka ine yamaze akorera muri ‘Studio’ Ibisumizi ya Riderman yamubereye inkingi ikomeye mu rugendo rwe rw’umwuga w’umuziki, cyane cyane mu gutunganya indirimbo no gushyira mu bikorwa ubumenyi yavanye mu Ishuri rya Muzika rya Nyundo.
Chrisy Neat yabitangarije mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda Tv, agaruka ku byaranze imyaka ine yamaze akorana n’umuraperi Riderman, mbere yo gusoza uwo muhigo akerekeza ku bufatanye bushya ari kugirana na StoryKast, aho akomeje umwuga we wo gutunganya indirimbo no gukora soundtracks.

Chrisy Neat uherutse gusohora indirimbo “Ndakumbuye” yakoranye na Bill Ruzima, ni we mugore wa mbere mu Rwanda witinyutse akinjira mu mwuga wo gutunganya indirimbo z’abandi bahanzi (Music Production), mu rwego rwo guca imyumvire yari isanzwe ivuga ko uyu mwuga ugenewe abagabo gusa.

Umunyamuziki yavuze ko nyuma yo kurangiza amasomo mu ishuri rya Muzika rya Nyundo, yafashe icyemezo cyo kwinjira mu mwuga wo gutunganya indirimbo, nubwo byari bigoye cyane kwemeza abahanzi ko ashoboye kuba ‘Producer’, bitewe n’uko yari akiri muto kandi ari umugore.

Mu myaka ine Ibisumizi (Studio) byambereye umusingi w’urugendo rwanjye”- Chrisy Neat ahimira Riderman

Agaruka ku kamaro k’imyaka ine yamaze akorera mu Ibisumizi, Chrisy Neat yagize ati: “Ni imyaka yambereye umusingi w’urugendo rwanjye. Kubera ko hampaye guhura n’abantu benshi batandukanye, kandi harananyura cyane. Hanyereka ko nshoboye, kubera ko mbere hari abantu benshi nari mfite amahirwe yo kuba nahura nabo, ariko igihe nakoreye muri ‘studio’ Ibisumizi, umuntu yaribazaga ngo ibyo ari byo byose ntabwo yakorera muri ‘studio’ ibisumizi adafite ubushobozi.”

Akomeza agira ati “Ibyo rero byamfashije, kandi biranyohereza. Kubera ko ari njye mugore wa mbere wari utangiye uru rugendo byansabaga gusobanura cyane. Gukorera mu ‘Ibisumizi’ byaranyohereye cyane mu gutanga ibisobanuro, kubera ko Riderman afite izina rikomeye […].”

Yakomeje avuga ko kuba yarakoranye na Riderman byamufashije no mu guhangana n’imbogamizi zijyanye no gusobanura umwuga we nk’umugore wa mbere winjiye muri uyu murimo.

Chrisy Neat yanagaragaje ko atakuye kuri Riderman gusa amahirwe y’akazi, ahubwo yanamwigiyeho amasomo y’ubuzima n’imikorere ya buri munsi.

Ati: “Namwigiyeho ibintu byinshi. Icya mbere namwigiyeho, ni ukutita ku byo abantu bakuvugaho ku ruhande, ahubwo ugakora ibintu ubona ko ari byiza gukora. Niba ari umuziki ukumva uwukunze, witegereza ngo abantu barabivugaho iki. Ni ikintu gikomeye namwigiyeho. Ikindi, ni ukutitinya.”

Uyu muhanzikazi akaba na Producer akomeje urugendo rwe rwo kwagura umwuga we ndetse ari kwerekwa urukundo rwinshi mu njyana gakondo, aho ashimangira ko yifuza gukomeza kubera urugero abakobwa n’urubyiruko bashaka kwinjira mu mwuga w’umuziki, by’umwihariko mu bijyanye no gutunganya indirimbo.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Kitoko, Urukerereza na Bwiza bitegajwe ko bazaririmbamu gitaromo kizasingiza Intwari z’Igihugu

Next Post

Imbuga nkoranyambaga zongeye gufungurwa muri Uganda

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
1 minute ago

Umunyapolitiki umaze igihe kirekire mu ruhando rwa politiki, uzwi ku izna rya Fred Mukasa Mbidde, yagurutse ku gitekerezo cy’umuhanzikazi wo...

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
3 hours ago

Umuhanzikazi wamenyekaniye mu kigo cya Source management, Spice Diana, yagiriye inama bagenzi be bakora umuziki, ashimangira akamaro ko gukorana n’ikipe...

I Bruxelles hategerejwe igitaramo  cya Israel Mbonyi

I Bruxelles hategerejwe igitaramo cya Israel Mbonyi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 hours ago

Mu gihe umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje gukura no kwambuka imipaka, i Bruxelles mu Bubiligi hategerejwe igitaramo cyitezweho...

Next Post
Imbuga nkoranyambaga zongeye gufungurwa muri Uganda

Imbuga nkoranyambaga zongeye gufungurwa muri Uganda

  Dr Manirakiza Benjamin yashyikirijwe  urukiko

  Dr Manirakiza Benjamin yashyikirijwe  urukiko

“Ntibinshishikaje kurongora vuba” – Papa Sava asobanura impamvu adashaka

“Ntibinshishikaje kurongora vuba” – Papa Sava asobanura impamvu adashaka

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde
Imyidagaduro

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo
Inkuru Ndende

Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo

by MUNYANKINDI Alphonse
February 3, 2026
“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana
Imyidagaduro

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Rayon Sports mu gihirahiro: imikino iri imbere iteye impungenge
Imikino

Rayon Sports mu gihirahiro: imikino iri imbere iteye impungenge

by MUNYANKINDI Alphonse
February 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.