Miss wacyuye igihe wo muri Uganda, Hannah Karema Tumukunde, yatangaje ko yatsinzwe mu matora aherutse kuba, aho yahataniraga kuba umuyobozi w’abanyeshuri (Guild Presidente) muri Kaminuza ya Makerere I Kampala.
Ku wa Kane tariki ya 9 Mata 2026, Gracious Kadondi yatorewe kuba Guild President wa 92 wa Kaminuza ya Makerere, atsindira uyu mwanya ukomeye mu buyobozi bw’abanyeshuri ku itike y’ishyaka NUP.
Uwo bahatanaga ari we Hannah Karema, yari afite inkunga ikomeye ya policies ndetse ndetse unagendeye ku cyubahiro yari asanzwe afite mu ruganda rw’imyidagaduro.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Karema yashimiye cyane abamuhaye amajwi ndetse n’ikizere bari bamugiriye. Yanavuze ko amajwi yabonye yerekana yerekana icyerekezo cy’ubuyobozi bw’abanyeshuri ba Makerere bifuza, yanatangaje ko agiye gukomeza indi mishanga ye.
Yagize ati: “Bakunzi bacu ‘Rebooters’, ndabashimira byimazeyo ku bwo kunyizera no gushyigikira gahunda yo kuvugurura Makerere.
Amajwi nabonye agaragaza ubuyobozi abanyeshuri ba Makerere bifuza; ubwo itangira, kwita ku mibereho yabo, uburenganzira bwabo mu masomo no mu mibereho rusange.”
Ibi si iherezo cyangwa intangiriro ‘oya’. Ubu nib wo bigitangira. Ni igihe cyo kwisuganya tugakomeza gutanga zindi serivisi binyuze mu zindi nzira.
Tuzakomeza guharanira kuvugurura uburezi muri Uganda.







