• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Miliyari 52 RWF nizo zukenewe mu kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu 2027

admin by admin
February 3, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzima Sabin, yatangaje ko kugira ngo u Rwanda rube rwaranduye kanseri y’inkondo y’umura mu 2027, hakenewe miliyari 52 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyoni 38 z’Amadolari y’Amerika), azakoreshwa mu bikorwa by’ubuvuzi bw’iyo ndwara.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Gashyantara 2025, ubwo yatangizaga gahunda zitandukanye zo kurandura kanseri y’inkondo y’umura bitarenze mu 2027.

Minisitiri Dr Nsanzima yashimangiye ko mu gihe inzego z’ubuzima zishyize hamwe n’abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda ayo mafaranga yaboneka kandi mu buryo bwihuse.

Yagize ati: “Miliyari 38 z’Amadolari y’Amerika ni zo zonyine zikenewe mu kurandura iyi ndwara. Aya mafaranga yakusanywa niba dushyize hamwe imbaraga.”

Yavuze ko ashimira abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda kandi ashima akazi bamaze gukora mu guhangana n’indwara ya kanseri.

U Rwanda rwihaye intego yo kurandura burundu indwara kanseri y’inkondo y’umura mu 2027, mu gihe Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku Buzima OMS ryo ritangaza ko iyo ndwara igomba kuba yaracitse ku Isi mu 2030.

Ashingiye ku gihe gisigaye Minisitiri Sabin yahamije ko bishoboka cyane, kurandura indwara ya kanseri y’inkondo y’umura.

Ati: “Aho ni kure cyane, niba dushaka kubigeraho mu 2027, dufite imyaka itatu imbere, kuko ubu turi mu kwa kabiri kwa 2025.”

Kugeza ubu Uturere 5 mu Rwanda ni two tutarangwamo iyo ndwara ya kanseri y’inkondo y’umura, asaba abafatanyabikorwa n’abandi bari mu nzego z’ubuzima gushyira hamwe mu guhashya iyo ndwara ku buryo mu myaka itatu isiganye Uturere 25 tw’igihugu dusigaye na two izaba yaranduwe burundu.

Muri iyi gahunda yo kurandura kanseri y’inkondo y’umura hakubiyemo ibikorwa byo kuyisuzuma no gushishikariza abagore n’abakobwa kuyisuzumisha.

Hatangijwe gahunda yo kwita ku buvuzi by’umwihariko

Muri gahunda yatangijwe y’imyaka itanu, Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko hagiye gushyirwa imbaraga muri gahunda zidasanzwe z’ubuvuzi.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yagize ati: “Harimo kwigisha abaganga benshi, abakora mu rwego rw’ubuzima, kuvugurura amavuriro, ikoranabuhanga, gukwirakwiza imiti ikagera ku bantu bose, indwara zitandura na zo tugiye kuzishyiraho umwete muri iyi myaka itanu.”

Yavuze kandi ko u Rwanda muri iyi myaka itanu ruzakomeza gushyira imbaraga mu kwikorera imiti n’ibindi bigamije guteza imbere ubuvuzi.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yo mu 2024, yerekanye ko 40% bya kanseri zose ziba zishoboka kwirindwa hubahirijwe imigirire, imirire n’iminywere yubahiriza amabwiriza ya muganga n’ibindi.

Minisiteri y’Ubuzima ihamya ko kanseri y’inkondo y’umura nubwo ihitana benshi mu minsi iri imbere izacika bijyanye n’uko hari urukingo rwa Human Papilloma Virus, rumaze guhabwa abana n’abakobwa ku kigero cya 95%.

Ku cyumweru tariki ya 2 Gashyantara 2025, hateganyijwe siporo rusange idasanzwe, aho Minisante isaba buri wese kuyitabira ariko azirikana ku buryo kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu Rwanda byakorwa.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Kepler VC na Police WVC zatwaye ibikombe mu irushanwa ryo kwizihiza Intwari z’Igihugu

Next Post

Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yemeje ko mu mpeshyi ya 2025, igihugu cyahuye n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi meza, cyane cyane mu Mujyi...

Umwaka utaha wa 2026 u Rwanda ruzatangira gukoresha umuti wa Lenacapavir Yeztugo urinda SIDA

Umwaka utaha wa 2026 u Rwanda ruzatangira gukoresha umuti wa Lenacapavir Yeztugo urinda SIDA

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya virusi itera SIDA mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Ikuzo Basile, yatangaje ko nibigenda neza,...

Abana basaga miliyoni 30 ku isi bari mu kaga ko kurwara rubeba kubera kudakingirwa

Abana basaga miliyoni 30 ku isi bari mu kaga ko kurwara rubeba kubera kudakingirwa

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Impuguke mu buzima zatangaje ko abana barenga miliyoni 30 ku isi hose batakingiwe urukingo rwa MMR (rubeba, oreillons na rubella)...

Next Post
Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

Imodoka ya Gitifu

Imodoka ya Gitifu wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka

2025 Toyota Starlet Cross

2025 Toyota Starlet Cross nshya ifite ikoranabuhanga rya ‘hill-start assist’ yamurikiwe i Kigali

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...