Umunyamakuru w’imbuga nkoranyambaga (TikToker) Luwi Light yongeye kwitaba urukiko kuri uyu wa none, nyuma yo gufatwa akagirwa imfungwa by’agateganyo mu cyumweru gishize, akekwaho gutoteza no guhohotera abantu hakoreshejwe ikoranabuhanga (cyber harassment), mu rubanza ruregwamo umugore wa Bebe Cool, Zuena Kirema.
Ubushinjacyaha bumushinja gukoresha imbuga nkoranyambaga ze atukana, asebya ndetse annyega Zuena, by’umwihariko anenga ibikorwa bye by’ubucuruzi birimo gukora no kugurisha imigati (cakes), ibintu bivugwa ko byabaye imbarutso yo gutanga ikirego cyatumye Luwi Light atabwa muri yombi.
Mu gihe uru rubanza rugarutse mu rukiko kugira ngo rukomeze kuburanishwa, Bebe Cool ubwe yatanze ubutumwa bukomeye, agaragaza ko atazigera yihanganira uwibasira umuryango we.
Yavuze ko n’ubwo byinshi byashyizwe mu maboko y’ubutabera, na we afite umurongo ntarengwa adashobora kurenga.
Ati: “Ibyinshi ubu biri mu maboko y’urukiko, ariko ndabizeza ko umuntu wese uzagerageza kwibasira umuryango wanjye, nanjye nzamwitwaraho. Iby’umuryango si ibintu byo gukinisha.”
Uyu muhanzi w’icyubahiro muri Uganda yashimangiye ko adafite umugambi wo gusaba imbabazi cyangwa guharanira ko ikibazo cyarangira mu bwumvikane, avuga ko amategeko ari yo agomba gufata icyemezo cya nyuma.
Yagize ati: “Sinavuga ko nzamubabarira, kuko ubu biri mu maboko y’amategeko. Nta muntu uri hejuru y’amategeko cyangwa wihariye.”
Bebe Cool yanakoresheje uyu mwanya atanga umuburo ku bakoresha imbuga nkoranyambaga, cyane cyane urubyiruko, abasaba kwirinda kwibasira imiryango n’ibikorwa by’abandi.
Yavuze ko abantu benshi batamenya urugendo n’imihangayiko byanyuzwamo mbere yo kugera ku byo bagezeho.
Ati: “Nagiye nihanganira abantu bantuka, ariko ndaburira buri wese: nimureke gukorakora ku miryango y’abantu no ku bucuruzi bwabo. Muri bato, ntimumenya uburyo abantu baharanira kugera aho bageze.”
Mu magambo yatumye benshi bagira impaka, Bebe Cool yavuze ko yumva afite inshingano zo guhana urubyiruko rufite imyitwarire mibi, abishingira ku muco nyafurika aho abakuru bagira uruhare mu guhana no kuyobora abakiri bato.
Ati: “Mu muco wacu nyafurika, abakuru bahana abato. Hari urubyiruko rutize indangagaciro mu miryango yabo, bityo hari ubwo bigomba gukosorwa.”
Urubanza rwa Luwi Light rurakomeje gukurikiranwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, cyane ko rugaragaza aho ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bugarukira iyo buhinduye igitutsi n’itotezwa.
Impinga.rw izakomeza kubagezaho amakuru mashya kuri iyi dosiye uko igenda itera imbere.








