Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko kanseri ya prostate ikomeje kwiyongera mu Rwanda ku buryo mu 2025 ari yo kanseri yibasiye abagabo benshi kurusha izindi, ibintu byatumye inzego z’ubuzima zitanga impuruza isaba kwihutisha isuzuma rya kare n’ubukangurambaga.
Ibi byagarutsweho mu nama y’Ishyirahamwe ry’Abaganga bavura indwara zo mu rwungano rw’inkari (RUA) yabereye i Kigali ku wa 6 Gashyantare 2026, yibanze ku guhangana na kanseri zifata urwungano rw’inkari n’imyanya myibarukiro y’abagabo.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya kanseri muri RBC, Dr. Maniragaba Théoneste, yavuze ko imibare igaragaza ko mu 2025 abagabo 563 basanzwemo kanseri ya prostate, bavuye kuri 461 mu 2021, bigaragaza ko mu myaka ine yiyongereye ku kigero kirenga abarwayi 100 ku mwaka.
Yavuze ko izindi kanseri zikurikira mu zibasiye abagabo ari iy’ubugabo yasanzwemo abagabo bashya 61 mu 2025, iy’uruhago yabonetse ku bagabo 40, mu gihe kanseri y’impyiko yasanzwemo abagabo 30.
Iyo mibare nayo yose igaragaza izamuka ugereranyije n’imyaka ishize.
RBC kandi yagaragaje ko ikibazo gikomeye gikomeje kugaragara ari uko benshi mu barwayi baza kwa muganga indwara zarageze ku rwego rwo hejuru.
Hagati ya 2019 na 2023, abarwayi barenga 70% basanze kanseri yabo igeze ku rwego rwa gatatu n’urwa kane, aho kuyivura bigorana cyane.
Dr. Maniragaba yavuze ko iyo kanseri isuzumwe hakiri kare ishobora kuvurwa igakira, asaba abagabo bafite imyaka 40 kuzamura kujya kwisuzumisha kenshi.
Yongeyeho ko kanseri ya prostate n’iy’ubugabo byashyizwe mu ndwara zivurirwa kuri mituweli, mu rwego rwo korohereza abagabo kwivuza.
Dr. Rwamasirabo Emile, inzobere mu ndwara zo mu rwungano rw’inkari, yavuze ko nubwo ubumenyi n’ibikoresho byo gusuzuma no kuvura kanseri bihari mu Rwanda, umubare w’abaganga ukiri muto ugereranyije n’abarwayi.
Ku ruhande rwa RUA, Dr. Ngandahayo Edouard yavuze ko hakiri imbogamizi zishingiye ku muco wo kudaganira ku bibazo by’imyanya myibarukiro, bigatuma abarwayi batinda kugana abaganga.
Yashimangiye ko hakenewe ubukangurambaga bukomeye n’amahugurwa ku baganga bo ku rwego rw’ibanze, kugira ngo kanseri zisuzumwe hakiri kare bityo zigabanye ubuzima butakara.










