• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Umutekano

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 27, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ku wa 25 Kanama 2025, Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagejeje ku basirikare basaga 6.000 mu kigo cya Gisirikare cya Gabiro mu Ntara y’Iburasirazuba, agaruka ku myitwarire y’amahanga n’abashinja Ingabo z’u Rwanda (RDF) ibikorwa by’ubwicanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Yavuze ko RDF, n’iyo yaba iri mu Burasirazuba bwa RDC, itarakora ibikorwa by’ubwicanyi nk’uko bamwe babivuga. Yibukije ko nyuma yo gutsindwa urugamba i Goma, abasivili b’abacanshuro baherekezwa mu mahoro bakagaruka iwabo, bityo nta kintu cyemeza ko RDF ari yo yagize uruhare mu bwicanyi bwagaragajwe n’ibitangazamakuru bimwe.

Ati: “Abavuga ko RDF ari yo ishinjwa ibibazo byose mu Burasirazuba bwa RDC birengagiza ukuri. Ubwicanyi bwakozwe n’Interahamwe, Wazalendo n’inzego za RDC kandi biracyakomeje, ariko ibyo ntibitangazwa. Ibihugu by’amahanga byifuza ko ikibazo cyose kigaragara nk’ikivuye ku Rwanda, nyamara si ko bimeze.”

Perezida Kagame yashimangiye ko igisirikare cy’u Rwanda kitajya gishora mu bihugu bindi intambara, ahubwo kigira uruhare mu gushaka umutekano iyo bisabwe. Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gufatanya na RDC kugarura umutekano mu burasirazuba bw’iki gihugu igihe RDC igaragaje ubushake, kandi ko ibyo bikorwa bikorwa mu buryo bwubaka kandi butica amategeko.

Nanone yashimangiye ko igitutu cy’amahanga ku Rwanda kigomba gutuma Abanyarwanda bakomeza kwihesha agaciro, gukora byinshi no kurinda igihugu, n’ubwo amahirwe ari make. Yongeraho ko igisirikare cy’u Rwanda atari icy’abacanshuro, ahubwo ari icy’igihugu kirinda abaturage n’umutekano w’igihugu, kandi cyiteguye gufasha abakeneye ubufasha mu buryo buzima.

Perezida Kagame yasabye abasirikare gukomeza kuba indashyikirwa mu myitwarire no mu mico, kurangwa n’ubunyangamugayo no gukorera igihugu, kuko ukuri ku bikorwa bya RDF ku gomba kuvugwaho ukuri ku mvikana kandi kwizewe , atari bihuha n’amakuru atariyo.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abanyamakuru n’abakozi ba RCS bafunguwe by’agateganyo

Next Post

Indirimbo “Kelebu” ya Rema ikomeje kuvugisha benshi

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Perezida Kagame yashimye ingabo z’u Rwanda umuhate bagaragaje mu myitozo i Gabiro

Perezida Kagame yashimye ingabo z’u Rwanda umuhate bagaragaje mu myitozo i Gabiro

by Alex RUKUNDO
2 weeks ago

Ku wa Mbere, tariki ya 25 Kanama 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u...

Umusore w’imyaka 21 yishwe atewe icumu na bagenzi be

Umusore w’imyaka 21 yishwe atewe icumu na bagenzi be

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Kanama 2025, mu Ntara y’Iburasirazuba, Akarere ka Nyagatare, Umurenge wa Tabagwe, Akagari ka...

Umuhanga mu bisigaramatongo arifuza ko ibuye rya “meteorite” ryavuye kuri Mars ryagarurwa muri Niger

Umuhanga mu bisigaramatongo arifuza ko ibuye rya “meteorite” ryavuye kuri Mars ryagarurwa muri Niger

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Umuhanga mu by'ubumenyi bw'ibisigaramatongo nti yabashije guhisha umujinya aterwa n’uko ibuye ridasanzwe rya meteorite ryavuye ku mubumbe wa Mars, ryavumbuwe...

Next Post
Indirimbo “Kelebu” ya Rema ikomeje kuvugisha benshi

Indirimbo “Kelebu” ya Rema ikomeje kuvugisha benshi

Perezida Kagame yashimye ingabo z’u Rwanda umuhate bagaragaje mu myitozo i Gabiro

Perezida Kagame yashimye ingabo z'u Rwanda umuhate bagaragaje mu myitozo i Gabiro

Vybz Kartel yavugishije Abanyakenya

Vybz Kartel yavugishije Abanyakenya

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.