• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubutabera

 Izina ry’umwana ribaye intandaro yo gusenya urugo

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 6, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu Mujyi wa Shanghai mu Bushinwa, umugabo n’umugore bageze aho basaba gatanya, atari kubera ubukene, ubusambanyi cyangwa amakimbirane akomeye, ahubwo bitewe n’uko bananiwe kumvikana ku izina ry’umwana wabo w’umuhungu.

Uyu mwana ubu amaze umwaka urenga avutse, ariko kugeza n’ubu nta cyemezo cy’amavuko agira. Ntari ku rutonde rw’abana bahabwa inkingo, ntananditswe mu irangamimerere, byose bikaba byaratewe n’uko ababyeyi be badashobora kwemeranya ku izina rye.

Amakuru yageze mu rukiko rwo mu Karere ka Pudong New Area agaragaza ko aba bombi basezeranye mu 2023, maze mu mpera za 2024 bakagira amahirwe yo kwibaruka. Ariko ibyishimo byo kuba ababyeyi ntibyatinze, kuko bahise batangira guterana amagambo ku izina bagombaga kwita uwo mwana.

Buri mubyeyi yashakaga ko umwana yitirwa izina yifuza, ku buryo byageze aho umwe ajya ku bitaro wenyine ashaka kwandikisha izina rye, undi na we akagenda atabizi, agerageza gukora nk’ibyo. Gusa ntanumwe wemerewe, kuko amategeko asaba ko ababyeyi bombi babyumvikanaho.

Umucamanza waburanishaga uru rubanza yatangaje ko atari ubwa mbere ahuye n’amakimbirane mu bashakanye, ariko ko atari asanzwe abona urugo rushaka gusenyuka kubera izina ry’umwana.

Yagize ati: “Umwana arengeje umwaka avutse, ariko nta mwirondoro agira. Ibi bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwe no ku burenganzira bwe.”

Urukiko rwibukije ababyeyi ko icyemezo cy’amavuko ari ingenzi cyane ku mwana, kuko kimufasha kubona serivisi z’ubuzima, kwandikwa mu miryango no kugira umwirondoro wemewe n’amategeko. Rwanabibukije ko amakimbirane yabo adakwiye guhungabanya uburenganzira bw’umwana.

Mu rwego rwo kurengera uwo mwana, urukiko rwasohoye itangazo ryihariye risaba aba bombi kumvikana vuba kugira ngo umwana abone icyemezo cy’amavuko. Ariko na bwo ntibyahise bikemuka, kuko bahise batangira guterana amagambo ku ugomba kubika inyandiko z’umwimerere z’umwana.

Nyuma y’ingufu nyinshi zo kunga impande zombi, hafashwe icyemezo ko icyemezo cy’amavuko kizabanza kubikwa n’urukiko, nyuma kikazahabwa umubyeyi w’umugore kugira ngo akore ibiteganywa n’amategeko byo kwandikisha umwana.

Iyi nkuru yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga zo mu Bushinwa, aho benshi bayifashe nk’akantu gake ariko gashobora gusenya urugo.

Bamwe bagize bati: “Abantu bananirwa kumvikana ku izina ry’umwana ntibakwiye kuba ababyeyi.”

Abandi bati: “Si izina riri ikibazo, ni ukutamenya gushyira imbere inyungu z’umwana.”

Iyi nkuru yibutsa benshi ko hari igihe amakimbirane afatwa nk’utuntu duto, ariko akavamo ingaruka zikomeye. Kunanirwa kumvikana ku kintu cyoroshye nk’izina, byageze aho bigira ingaruka ku buzima bw’umwana ndetse bikanashyira iherezo ku mubano w’ababyeyi be.

Ni inkuru ituma benshi bibaza niba koko hari ibintu bito bidashobora gusenya urugo.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Polisi iri gukora iperereza ku rupfu rwa TikToker Dianah Skys

Next Post

Videwo ya TikTok yamushyize hanze, urugo ruhita rusenyuka

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Senateri Dr Frank Habineza yamaganye ibihuha bimuvugwaho

Senateri Dr Frank Habineza yamaganye ibihuha bimuvugwaho

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Senateri Frank Habineza, akaba n’umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yamaganye inyandiko ziri gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zimuhuza n’umugambi...

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo gikomeye ku wa Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026, rukatira abantu bane  igifungo cy'imyaka...

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Kwamamaza no gukoresha ubwenge bukorano (AI) byahinduye uburyo dushaka amakuru. Ariko hari ikibazo gikomeye kiri kuvuka: birashoboka ko umuntu wese...

Next Post
Videwo ya TikTok yamushyize hanze, urugo ruhita rusenyuka

Videwo ya TikTok yamushyize hanze, urugo ruhita rusenyuka

Grace Khan yisobanuye ku byamujyanye muri rehab

Grace Khan yisobanuye ku byamujyanye muri rehab

“Ibintu bimeze neza” – Kimenyi aracecekesha abavuga urugo rwe

“Ibintu bimeze neza” – Kimenyi aracecekesha abavuga urugo rwe

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.