Mu Mujyi wa Shanghai mu Bushinwa, umugabo n’umugore bageze aho basaba gatanya, atari kubera ubukene, ubusambanyi cyangwa amakimbirane akomeye, ahubwo bitewe n’uko bananiwe kumvikana ku izina ry’umwana wabo w’umuhungu.
Uyu mwana ubu amaze umwaka urenga avutse, ariko kugeza n’ubu nta cyemezo cy’amavuko agira. Ntari ku rutonde rw’abana bahabwa inkingo, ntananditswe mu irangamimerere, byose bikaba byaratewe n’uko ababyeyi be badashobora kwemeranya ku izina rye.
Amakuru yageze mu rukiko rwo mu Karere ka Pudong New Area agaragaza ko aba bombi basezeranye mu 2023, maze mu mpera za 2024 bakagira amahirwe yo kwibaruka. Ariko ibyishimo byo kuba ababyeyi ntibyatinze, kuko bahise batangira guterana amagambo ku izina bagombaga kwita uwo mwana.
Buri mubyeyi yashakaga ko umwana yitirwa izina yifuza, ku buryo byageze aho umwe ajya ku bitaro wenyine ashaka kwandikisha izina rye, undi na we akagenda atabizi, agerageza gukora nk’ibyo. Gusa ntanumwe wemerewe, kuko amategeko asaba ko ababyeyi bombi babyumvikanaho.
Umucamanza waburanishaga uru rubanza yatangaje ko atari ubwa mbere ahuye n’amakimbirane mu bashakanye, ariko ko atari asanzwe abona urugo rushaka gusenyuka kubera izina ry’umwana.
Yagize ati: “Umwana arengeje umwaka avutse, ariko nta mwirondoro agira. Ibi bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwe no ku burenganzira bwe.”
Urukiko rwibukije ababyeyi ko icyemezo cy’amavuko ari ingenzi cyane ku mwana, kuko kimufasha kubona serivisi z’ubuzima, kwandikwa mu miryango no kugira umwirondoro wemewe n’amategeko. Rwanabibukije ko amakimbirane yabo adakwiye guhungabanya uburenganzira bw’umwana.
Mu rwego rwo kurengera uwo mwana, urukiko rwasohoye itangazo ryihariye risaba aba bombi kumvikana vuba kugira ngo umwana abone icyemezo cy’amavuko. Ariko na bwo ntibyahise bikemuka, kuko bahise batangira guterana amagambo ku ugomba kubika inyandiko z’umwimerere z’umwana.
Nyuma y’ingufu nyinshi zo kunga impande zombi, hafashwe icyemezo ko icyemezo cy’amavuko kizabanza kubikwa n’urukiko, nyuma kikazahabwa umubyeyi w’umugore kugira ngo akore ibiteganywa n’amategeko byo kwandikisha umwana.
Iyi nkuru yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga zo mu Bushinwa, aho benshi bayifashe nk’akantu gake ariko gashobora gusenya urugo.
Bamwe bagize bati: “Abantu bananirwa kumvikana ku izina ry’umwana ntibakwiye kuba ababyeyi.”
Abandi bati: “Si izina riri ikibazo, ni ukutamenya gushyira imbere inyungu z’umwana.”
Iyi nkuru yibutsa benshi ko hari igihe amakimbirane afatwa nk’utuntu duto, ariko akavamo ingaruka zikomeye. Kunanirwa kumvikana ku kintu cyoroshye nk’izina, byageze aho bigira ingaruka ku buzima bw’umwana ndetse bikanashyira iherezo ku mubano w’ababyeyi be.
Ni inkuru ituma benshi bibaza niba koko hari ibintu bito bidashobora gusenya urugo.










