John Blaq yongeye kuba iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko ahuje isohoka ry’indirimbo yakoranye na Justin Bieber yari tegerejwe cyane n’abatari bake, n’umukino ukomeye wa Shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Bwogereza (English Premier League).
Mu kiganiro yakoze mu minsi ishize, John Blaq yavuze ko afite inzozi zo gukorana n’icyamamare mpuzamahanga mu muziki wa pop, iricyo Justin Bieber, ibi yavuze byateje impaka, bamwe mu bafana bavuze ko ari inzozi zidashoboka. Gusa ubu, avuga ko uwo mushinga ari impamo, kandi ko isoka ry’iyi ndirimbo rishingiye kuri uyu mukino w’umupira w’amaguru.
John Blaq yashyizeho amategeko avuga ko niba Manchester United, itsinzi Arsenal, ni umukino witezwe na beshi wa Premier League utenganyijwe kuba saa kumi n’ebyeri n’igice (6:30PM), muri Uganda ubwo biraba ari samoya n’igice (7:30 PM), akaba ribwo yatenganyije ko azishyira hanze iyo ndirimbo yakoranye n’uyu muhanzi w’icyamamare Justin Bieber, yavuze ko yari amaze igihe kitari gito ayibitse.
Umukino wa Arsenal na Manchester nited ni umwe mu mikino ikurikirwa cyane cyane ku isi hose, kandi bigaragara ko John Blaq azi neza uko uyo mwanya yawubyaza umusaruro atera amatsiko abantu. Mu magambo yavuze asa n’utera urwenya ariko nanone yuzuyemo icyizere, yagize ati: “Niba Arsenal itsinze Manchester United, ndahita shyira hanze indirimbo imaze igihe narahishe nakoranye na Justin Bieber.”
Ubu ikibazo gikomeye ni iki: ese umupira w’amaguru ni wo uribuze gutuma iyi ndirimbo ya John Blaq na Justin Bieber isohoka koko, cyagwa ni ugutera amatsiko no gukurura abantu ndetse no kuyamamaza kugira ngo ikwirakwire ku mbuga nkoranyambaga?







