Leta ya Uganda yatangaje ko yakuyeho imbogamizi zose ku mbuga nkoranyambaga zari zarashyinzweho, nyuma y’ibyumweru byari bishize abantu dafite uburyo bwisanzuye bwo kuzikoresha mu gihe cy’amatora aherutse.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere na Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko iki cyemezo bagifashe kugira ngo abantu basubire mu buzima bwabo busanzwe nyuma y’ibihe by’amatora byari birimo umwuka utari mwiza. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Muhoozi yashimiye abanya-Uganda ku bwo kwihanga n’imikoranire bagiye bagaragaza mu gihe cy’amatora.
Yagize ati: “Uyu munsi twarekuye imbuga nkoranyambaga zose ngo zogere zikore. Ndashimira abanya-Uganda bose ku nkunga n’imikoranire bagaragaje mu gihe cy’amatora. Muri abantu bokwishimirwa ku isi, kandi mwaduteye imbaraga zo gukomeza kubakorera. Imana ibahe imigisha utagabanyije mwese.
Mu gihe cy’amatora muri Uganda, imbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo Facebook, X, Whatsapp, Website n’izindi zari zarahagaritse, aho inzego zibishinzwe zavugaga ko byatewe n’impngenge bari bafite zijyanye n’umutekano.
Kompanyi z’itumanaho zikomeye zirimo MTN na Airtel zatangaje ko ubu serevisi zose zari zirahagaritswe zasubiyeho ku buryo busesuye, ibi bikaba byatumye abakoresha imbuga nkoranyambaga hirya no hino muri Uganda bongera kuzikoresha ndetse no gukomeza ibikorwa byabo bya buri munsi kuri muarandasi.
Ikibazo gihari abantu bakomeje kwiba, bamwe mu byamamare byari barasohotse igihugu kubera iki kibazo niba bazagaruka ku ko cyakemutse.








