Umuhanzi Dr. Prop yatangaje ko ari mu bibazo bikomeye by’imari, avuga ko afite imyenda myinshi imuremereye cyane.
Uyu muhanzi yamamaye mu ndirimbo Omwana Owomwavu, ibi yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru, aho yagarutse ku bibazo ari kunyuramo muri iyi minsi n’impamvu nyamukuru yahisemo kwitabira ibikorwa byo kwamamaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora.
Dr. Prop yavuze ko kwinjira muri iyo kampeni yari agamije gukorera amafaranga, kuko yari yizeye ko byazamufasha gukemura icyo kibazo ndetse no kogera kwisuganya mu mikorere ye.
Yagize ati: “Icyo nzi neza ni uko iyo umuntu akoze neza, ahembwa. Kandi niteguye guhembwa ku bw’akazi nakoze mfasha perezida muri kampani ye. N’iyo mpamvu ninjiye mu itsinda ryo kwamamaza perezida Yoweri byari ugushaka amafaranga ngo mbashe kwishyura umyenda mfite yose. Ndashaka kongera guhangarara nkakora ubuzima ndimo bugahinduka.
Abajijwe icyateye ibibazo birimo amadeni , dr. Propa yasobanuye ko imyenda afite yatewe n’ibihombo byavuye mu masezerano y’ubugure bw’ubutaka ataragenze neza, bityo bikamutera ibibazo by’ihingabana by’ubukungu.
Yasoje avuga ko yafashe ingamba zo kogera kwiyubaka nyuma iy’ibyo bibazo, ndetse akanemera kubaho yicisha bugufi, yirinda kwiyemera ibyo atunze cyagwa kwigamba ku bintu bidafite umu maro cyane ko yaje gusanga ibintu byose ari ubusa, biyoyoka ntumenye aho biciye.







