• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Ibirayi byongerewe ubushobozi byitezweho impinduka mu buhinzi n’ibiribwa mu Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
June 23, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
“Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.”

“Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.”

Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe abatuye Isi bakomeza kwiyongera ariko ubutaka bwo guhingaho budahinduka, isi iri gushakisha ibisubizo byatuma abantu bihaza mu biribwa. Mu byo kwitabwaho harimo no kuvugurura uburyo bw’ubuhinzi hifashishijwe ikoranabuhanga, rikaba ririmo kongerera ibihingwa ubushobozi bwo kwihanganira indwara n’imihindagurikire y’ikirere, bikaba byatanga umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge ku isoko. Ibi bikorwa binyuze mu bihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMO – Genetically Modified Organism).

Ni muri urwo rwego kuwa 3 Kamena 2025, umushinga wa OFAB (Open Forum on Agricultural Biotechnology in Africa) watangije amahugurwa y’iminsi itandatu, yitabiriwe n’abahinzi, abanyamakuru n’abandi bafatanyabikorwa mu rwego rwo kuzamura ubumenyi ku buhinzi bushingiye kuri siyansi, cyane cyane ibihingwa byongewe ubushobozi (biotech crops).

Ndizeye Guillaume, umuhinzi wo mu Karere ka Kirehe usanzwe ahinga urutoki, avoka n’inyanya, yavuze ko nyuma yo gusobanukirwa n’ubuhinzi bw’ibirayi byongewe ubushobozi, yiteguye gutangira kubyitabira.

Imbuto y’ibirayi yogerewe ubushobozi

Ati:“ Icyo nishimiye ni uko ibi birayi bitanga umusaruro mwinshi kandi bitagoranye. Nta miti myinshi bisaba, bityo umuhinzi agasagurira amasoko akanagira inyungu.”

Abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko ibi birayi byahinduwe bitanga umusaruro wa toni 40 kuri hegitari, ugereranyije na toni 20 z’ibisanzwe, bikaba byikuba kabiri. Ibi nibyo byatumye Nyandwi Alexis, umusesenguzi w’ibijyanye n’ubuhinzi ku mbuga nkoranyambaga, yemeza ko ari ikoranabuhanga ry’igihe rikwiye kwitabwaho.

Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.

“Hari abacyeka ko iri koranabuhanga rishobora kuba rifite ingaruka mbi, nyamara ni uburyo bwa siyansi bwizewe kandi buhamye, bukwiye gutanga igisubizo ku buzima bw’umuturage n’ubw’igihugu.”

Pacifique Nshimiyimana, uyobora ihuriro ry’Abaharanira Siyansi mu iterambere (Alliance for Science Rwanda), yavuze ko iri koranabuhanga rizagabanya imvune abahinzi bajyaga bahura na zo.

Yagize ati:“Abahinzi b’ibirayi, cyane cyane abo mu Majyaruguru, bakoreshaga amafaranga menshi ku miti ndetse no ku bakozi. Umubyizi w’umuhinzi ubu uri hagati ya 1000 na 1500 Frw ku munsi. Kugabanya ibyo byose ni inyungu nini.”

Yongeraho ko hari n’igihe umuti watindaga gutera, indwara zikibasira ibirayi bikiri mu murima bigatera igihombo gikabije. Abo bahinzi bazungukira cyane mu gukoresha imbuto nshya ifite ubushobozi bwo kwihanganira izo ndwara.

Nshimiyimana agaragaza ko gukoresha imiti myinshi mu bihingwa byangizaga ibinyabuzima by’ingenzi mu bidukikije nko mu butaka ndetse n’inzuki.

Yagize ati:“Abavumvu benshi, cyane cyane abo mu Majyaruguru, bagiye batangaza ko inzuki zabo zipfa kubera imiti yaterwaga mu bihingwa. Iyi mbuto izagabanya ibyo bibazo.”

Dr. Athanase Nduwumuremyi, umushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) akaba anakuriye umushinga wa OFAB

Dr Nduwumuremyi Athanase, umushakashatsi muri RAB akaba ahagarariye umushinga wa OFAB mu Rwanda, yavuze ko ubu buryo bumaze imyaka ine bukurikiranwa, kandi ko mu gihe kitarenze imyaka ibiri imbuto yemewe izaba igeze ku bahinzi.

Yagize ati:“Hari inzira binyuramo, ntabwo ari ugutanga imbuto uko byifujwe gusa. Tuzabigerageza hamwe n’abahinzi bake babishoboye, kugira ngo tuzabashe gutubura imbuto zikwirakwizwa hose.”

Nubwo u Rwanda rutarageraho ku kigero cy’imyaka 10 rwiyemeje muri Maputo cyo gushyira 10% by’ingengo y’imari mu buhinzi, hari intambwe iri guterwa. Ibikorwa byo kongerera ubushobozi ibihingwa bikunze kuribwa cyane nk’imyumbati, ibigori n’ibirayi, ni bimwe mu bigaragaza ko igihugu kiri kwishakamo ibisubizo birambye.

Impinga

Umwanditsi: Alex RKUNDO

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ihahamuka ry’abana bato rikomeje guhangayikisha ababyeyi mu Rwanda: Impamvu, ibimenyetso n’uburyo bwo kurirwanya

Next Post

Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Uganda: Fik Fameica Yateguje Igitaramo i Lugogo

by Alex RUKUNDO
6 days ago

Umuhanzi wo muri Uganda, Fik Fameica, yateguje igitaramo cye cyizaba ku itariki ya 5 Nzeri, kikaba cyitezwe. Yatangiye imyiteguro ya...

Bushali muri rwaserera, Tiwa Savage kuri Tatoo (Avugwa mu myidagaduro)

Bushali muri rwaserera, Tiwa Savage kuri Tatoo (Avugwa mu myidagaduro)

by Peacemaker PUNDIT
1 week ago

Iyi nkuru ikubiyemo amakuru avugwa mu isi y’imyidagaduro. Ntabwo twakusanyije amakuru menshi ahubwo twakurikiranye ikibazo cya Bushali n'umuyobozi wa PSF...

Zuchu yasusurukije umuhango wo gusoza CHAN 2024 i Nairobi

Zuchu yasusurukije umuhango wo gusoza CHAN 2024 i Nairobi

by Alex RUKUNDO
1 week ago

Umuhanzikazi wo muri Tanzania Zuchu, yatumiwe mu muhango wo gusoza irushanwa rya CHAN 2024, nk'umuhanzi  mukuru, iri rushanwa rya CHAN 2024,...

Next Post
Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Iran yagabye ibitero bikomeye bya Missiles ku Kigo cy’Ingabo za Amerika kiri muri Qatar

Iran yagabye ibitero bikomeye bya Missiles ku Kigo cy'Ingabo za Amerika kiri muri Qatar

Rubavu haravugwa tumwe mutubari tutubahiriza amasaha

Rubavu haravugwa tumwe mutubari tutubahiriza amasaha

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...