• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Ibirayi byongerewe ubushobozi byitezweho impinduka mu buhinzi n’ibiribwa mu Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
June 23, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
“Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.”

“Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.”

Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe abatuye Isi bakomeza kwiyongera ariko ubutaka bwo guhingaho budahinduka, isi iri gushakisha ibisubizo byatuma abantu bihaza mu biribwa. Mu byo kwitabwaho harimo no kuvugurura uburyo bw’ubuhinzi hifashishijwe ikoranabuhanga, rikaba ririmo kongerera ibihingwa ubushobozi bwo kwihanganira indwara n’imihindagurikire y’ikirere, bikaba byatanga umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge ku isoko. Ibi bikorwa binyuze mu bihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMO – Genetically Modified Organism).

Ni muri urwo rwego kuwa 3 Kamena 2025, umushinga wa OFAB (Open Forum on Agricultural Biotechnology in Africa) watangije amahugurwa y’iminsi itandatu, yitabiriwe n’abahinzi, abanyamakuru n’abandi bafatanyabikorwa mu rwego rwo kuzamura ubumenyi ku buhinzi bushingiye kuri siyansi, cyane cyane ibihingwa byongewe ubushobozi (biotech crops).

Ndizeye Guillaume, umuhinzi wo mu Karere ka Kirehe usanzwe ahinga urutoki, avoka n’inyanya, yavuze ko nyuma yo gusobanukirwa n’ubuhinzi bw’ibirayi byongewe ubushobozi, yiteguye gutangira kubyitabira.

Imbuto y’ibirayi yogerewe ubushobozi

Ati:“ Icyo nishimiye ni uko ibi birayi bitanga umusaruro mwinshi kandi bitagoranye. Nta miti myinshi bisaba, bityo umuhinzi agasagurira amasoko akanagira inyungu.”

Abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko ibi birayi byahinduwe bitanga umusaruro wa toni 40 kuri hegitari, ugereranyije na toni 20 z’ibisanzwe, bikaba byikuba kabiri. Ibi nibyo byatumye Nyandwi Alexis, umusesenguzi w’ibijyanye n’ubuhinzi ku mbuga nkoranyambaga, yemeza ko ari ikoranabuhanga ry’igihe rikwiye kwitabwaho.

Aho bitogerewe ubushobozi, byararwaye. Umusaruro ushobora kuzaba munsi ya 20% y’uwo wari witezwe.

“Hari abacyeka ko iri koranabuhanga rishobora kuba rifite ingaruka mbi, nyamara ni uburyo bwa siyansi bwizewe kandi buhamye, bukwiye gutanga igisubizo ku buzima bw’umuturage n’ubw’igihugu.”

Pacifique Nshimiyimana, uyobora ihuriro ry’Abaharanira Siyansi mu iterambere (Alliance for Science Rwanda), yavuze ko iri koranabuhanga rizagabanya imvune abahinzi bajyaga bahura na zo.

Yagize ati:“Abahinzi b’ibirayi, cyane cyane abo mu Majyaruguru, bakoreshaga amafaranga menshi ku miti ndetse no ku bakozi. Umubyizi w’umuhinzi ubu uri hagati ya 1000 na 1500 Frw ku munsi. Kugabanya ibyo byose ni inyungu nini.”

Yongeraho ko hari n’igihe umuti watindaga gutera, indwara zikibasira ibirayi bikiri mu murima bigatera igihombo gikabije. Abo bahinzi bazungukira cyane mu gukoresha imbuto nshya ifite ubushobozi bwo kwihanganira izo ndwara.

Nshimiyimana agaragaza ko gukoresha imiti myinshi mu bihingwa byangizaga ibinyabuzima by’ingenzi mu bidukikije nko mu butaka ndetse n’inzuki.

Yagize ati:“Abavumvu benshi, cyane cyane abo mu Majyaruguru, bagiye batangaza ko inzuki zabo zipfa kubera imiti yaterwaga mu bihingwa. Iyi mbuto izagabanya ibyo bibazo.”

Dr. Athanase Nduwumuremyi, umushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) akaba anakuriye umushinga wa OFAB

Dr Nduwumuremyi Athanase, umushakashatsi muri RAB akaba ahagarariye umushinga wa OFAB mu Rwanda, yavuze ko ubu buryo bumaze imyaka ine bukurikiranwa, kandi ko mu gihe kitarenze imyaka ibiri imbuto yemewe izaba igeze ku bahinzi.

Yagize ati:“Hari inzira binyuramo, ntabwo ari ugutanga imbuto uko byifujwe gusa. Tuzabigerageza hamwe n’abahinzi bake babishoboye, kugira ngo tuzabashe gutubura imbuto zikwirakwizwa hose.”

Nubwo u Rwanda rutarageraho ku kigero cy’imyaka 10 rwiyemeje muri Maputo cyo gushyira 10% by’ingengo y’imari mu buhinzi, hari intambwe iri guterwa. Ibikorwa byo kongerera ubushobozi ibihingwa bikunze kuribwa cyane nk’imyumbati, ibigori n’ibirayi, ni bimwe mu bigaragaza ko igihugu kiri kwishakamo ibisubizo birambye.

Impinga

Umwanditsi: Alex RKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ihahamuka ry’abana bato rikomeje guhangayikisha ababyeyi mu Rwanda: Impamvu, ibimenyetso n’uburyo bwo kurirwanya

Next Post

Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Chris Evans Atangaje Impamvu Yaretse Guhatanira kuba depite

Chris Evans Atangaje Impamvu Yaretse Guhatanira kuba depite

by MUNYANKINDI Alphonse
2 days ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Chris Evans Kaweesa, yongeye gutangaza impamvu yisubiyeho ku mugambi we wo kwinjira muri politiki no kwiyamamariza...

Bobi Wine yahamije ko we na Barbie batari inshuti ubwo bahuraga bwa mbere

Bobi Wine yahamije ko we na Barbie batari inshuti ubwo bahuraga bwa mbere

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Umuyobozi w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje uburyo urukundo rwe na Barbie Itungo Kyagulanyi rwatangiye mu buryo...

Next Post
Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Perezida Trump yatangaje ko Iran na Israel bemeye guhagarika imirwano

Iran yagabye ibitero bikomeye bya Missiles ku Kigo cy’Ingabo za Amerika kiri muri Qatar

Iran yagabye ibitero bikomeye bya Missiles ku Kigo cy'Ingabo za Amerika kiri muri Qatar

Rubavu haravugwa tumwe mutubari tutubahiriza amasaha

Rubavu haravugwa tumwe mutubari tutubahiriza amasaha

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.