Mu Mujyi wa Kigali hagiye kubera iserukiramuco rishya ry’ubuhanzi n’umuco rizahuriramo abanyempano baturutse mu bihugu bitandatu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari rwiswe Isôoko Great Lakes Festival 2025.
Ryateguwe mu rwego rwo guteza imbere ubuhanzi n’ubufatanye hagati y’abahanzi bo mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Rizabera mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali kuva ku tariki 6 kugeza ku wa 9 Ugushyingo 2025. Ni ubwa mbere rizaba ribaye.
Rigamije guteza imbere ubuhanzi buhuriza hamwe imico itandukanye ndetse no kubaka urubuga rwo gusangira ubunararibonye hagati y’abahanzi.
Iri serukiramuco ryateguwe na L’Espace ku bufatanye n’abafatanyabikorwa barimo Goethe-Institut, Isaano, Ambasade y’u Budage mu Rwanda ndetse n’Ikigo cy’Iterambere cy’Abasuwisi (SDC).
Izina “Isôoko” rikomoka ku ijambo ry’Ikinyarwanda risobanura inkomoko cyangwa isoko, rikaba rihagarariye igitekerezo cyo kuba isoko y’ibitekerezo bishya, ubufatanye n’ihuriro ry’abahanzi bo mu Karere.
Ku wa 06 Ugushyingo 2025 ni bwo iri serukiramuco rizatangira ku mugaragaro, kuri L’Espace i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge. Mu muhango wo gufungura hazinjira abatumiwe gusa.
Kuri uwo munsi abatumiwe bazataramirwa na Bill Ruzima ndetse na Kubasha Dance Group bo mu Rwanda, na Fire Dance CIE yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ku munsi wa kabiri tariki 07 Ugushyingo 2025, bazibanda ku mikino n’imbyino zigaragaza ubuzima n’imico yo mu Karere.
Kuri L’Espace i Nyamirambo hazataramira Kateregga Umar wo muri Uganda n’abitwa Buja Sans Tabou b’i Burundi bazagaragaza umukino bise ‘Le Roi est Mort, Vive la Reine’. Ni mu gihe Jean de Dieu Ndacayisenga azasusurutsa abantu kuri Goethe Institut mu mukino yise “Umutuzo’’.
Ku wa 08 Ugushyingo 2025 abazitabira iserukiramuco bazasusurutswa n’abahanzi bo muri Kenya, RDC, n’u Rwanda, mu bitaramo byiganjemo ikinamico.
Hazagaragazwa umukino wiswe “The Last Man Standing” wa Kenyan Institute of Puppetry bazataramira kuri Maison des Jeunes Kimisagara. Mu gihe abandi bazaba bari kuri Goethe Institut bazasusurutswa na Baho Africa yo mu Rwanda mu mukino bise ‘A Homeland Beyond Borders’ na Mulika Art Company yo muri Congo izerekana uwitwa ‘Héros Malgré Lui’.
Ku munsi wa nyuma tariki 09 Ugushyingo 2025 Kenyan Institute of Puppetry izongera isusurutse abitabiriye, Urban Women yo mu Rwanda isusurutse abantu mu mukino bise ‘Unbound Bodies’ na ho Muda Africa yo muri Tanzania ikore uwo bise ‘Frozen Power’. Rizasorezwa kuri L’Espace i Nyamirambo.
Isôoko Great Lakes Festival izaba ifunguye ku bantu bose ku buntu, uretse gusa ku munsi wa mbere. Uretse ibitaramo, hazabaho kandi amahugurwa, ibiganiro by’ubujyanama n’inama zihuza abahanzi n’abakora mu myidagaduro, mu rwego rwo kubaka umusingi w’ubufatanye n’ihuriro ry’abahanzi bo mu karere k’Ibiyaga Bigari.







