• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Donald Trump yemeza ko uruhare rwe rwabaye ingenzi mu biganiro hagati ya RDC n’u Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 30, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko iyo adatanga umusanzu mu biganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ibyo biganiro bitari kubaho, ahubwo ibintu byari kurushaho kuba bibi cyane.

Trump yabivuze ku wa 28 Nyakanga 2025, ubwo yari mu ruzinduko muri Ecosse, aho yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko amaze kugira uruhare mu guhagarika intambara zigera kuri esheshatu hirya no hino ku isi, kandi ko n’iyo hagati y’u Rwanda na Congo yagize uruhare rukomeye kugira ngo ibiganiro bibeho.

Yagize ati: “Iyo ntagira uruhare, nta n’umwe wari gutekereza kuganira. Ahubwo ibintu byari gukomeza kuba bibi cyane, ndetse abajyaga muri kariya gace bari mu kaga gakomeye.”

Trump yavuze ko igihugu cye gikomeje gukorana n’u Rwanda na RDC, ahanini kubera ko ibyo bihugu bifite inyungu mu mubano w’ubucuruzi na Amerika.

Ati: “Barankunda, barifuza gukorana natwe mu bucuruzi, barashaka ko tugura umutungo kamere bafite, kandi baradukeneye.”

Yavuze ko nyuma yo gusobanukirwa uburemere bw’ikibazo, yahisemo kuvugana n’abayobozi b’u Rwanda na Congo kugira ngo bashake umuti urambye.

Ati: “Nari nsanzwe mbazi, mpita mbahamagara mbabwira nti, ‘Duhaguruke dukemure iki kibazo, sinshaka ko gikomeza gufata indi ntera.’”

Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi bagiye guhurira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo guhurira i Doha muri Qatar

Trump yemeje ko ateganya kwakira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Félix Tshisekedi wa RDC muri Amerika mu minsi ya vuba, kugira ngo baganire ku gukomeza urugendo rw’amahoro.

Ati: “Amahoro yamaze gutangirana. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uwa RDC baraje hano, none na ba Perezida bateganya kuza.”

Ku wa 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC basinyiye amasezerano y’amahoro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, wari uhagarariye u Rwanda, yavuze ko ayo masezerano agomba kubanzirizwa no gukemura ikibazo cy’umutwe wa FDLR, ushinjwa guhungabanya umutekano mu Karere.

Aya masezerano yemeje ko RDC izafata iya mbere mu kurandura FDLR, naho u Rwanda rukaba rwemeye kugabanya ingamba z’ubwirinzi rwari rwarashyizeho ku mipaka.

Mu masezerano yasinyiwe i Washington, impande zombi zanashyigikiye ibiganiro biri kubera i Doha muri Qatar hagati ya Leta ya Congo n’impuzamashyaka AFC irimo n’umutwe wa M23.

Niba byose byubahirijwe nk’uko biteganyijwe, Perezida Kagame na Tshisekedi barateganya guhurira i Washington kugira ngo bashyire umukono ku masezerano ya nyuma agamije amahoro arambye mu Burasirazuba bwa Congo.

Impinga

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abapadiri b’ibyamamare kuri murandasi bahamagawe i Roma ngo basangize urubyiruko inyigisho za Kiliziya

Next Post

Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Chris Evans Atangaje Impamvu Yaretse Guhatanira kuba depite

Chris Evans Atangaje Impamvu Yaretse Guhatanira kuba depite

by MUNYANKINDI Alphonse
2 days ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Chris Evans Kaweesa, yongeye gutangaza impamvu yisubiyeho ku mugambi we wo kwinjira muri politiki no kwiyamamariza...

Bobi Wine yahamije ko we na Barbie batari inshuti ubwo bahuraga bwa mbere

Bobi Wine yahamije ko we na Barbie batari inshuti ubwo bahuraga bwa mbere

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Umuyobozi w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje uburyo urukundo rwe na Barbie Itungo Kyagulanyi rwatangiye mu buryo...

Next Post
Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.