• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 9, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Cynthia Umulisa Agarukanye imbaraga mu muziki

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 7, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Umuramyi Cynthia Umulisa, wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Ni Yesu”, yongeye kugaragara mu muziki asohora indirimbo nshya y’amashusho yise “Ajya Arema Inzira.” Ni igihangano gishingiye ku buzima bwe bwite, aho ashimangira ko Imana ari yo yonyine imuyobora mu bihe byose n’inzira zose anyuramo.

Cynthia Umulisa amaze gukora indirimbo zitandukanye zakunzwe na benshi zirimo “Ni Yesu” yamwinjije mu muziki mu buryo bweruye, “Amasambu”, “Ubutayu”, “Ushuhuda”, “Ananipenda”, “Ubutware”, ndetse na “Ajya Arema Inzira” aherutse gushyira hanze. Ni urugendo rugaragaramo gukura no gukomera mu muhamagaro we wo kuririmbira Imana.

Uyu mukobwa w’impano ibyibushye n’umutima mugari wo gutambira Imana, aherukaga kumvikana cyane mu 2023, ubwo yakoraga ibitaramo bitandukanye mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, mu kwifatanya n’abakristo kwizihiza ivuka rya Yesu Kristo [Umunsi mukuru wa Noheli].

Nyuma y’icyo gihe, yashyize imbaraga mu kwiga no gushyira ku murongo imishinga ye y’iterambere ku giti cye, harimo gukomeza amasomo ye ya kaminuza mu bijyanye na “Hotel Management” [Gucunga amahoteli].

Cynthia Umulisa yabwiye inyaRwanda ko iyi ndirimbo ye nshya nshya “Ajya arema inzira” ari ubuhamya bwimbitse bw’uko Imana ari yo yonyine irema inzira nyayo mu buzima, cyane cyane mu bihe umuntu arimo kwibaza byinshi. Yemeza ko mu buzima bwo kwiga, kuririmba no kwiyubaka, yabonye Imana imufungurira amayira atari yiteze.

Ati: “Ajya Arema Inzira ni ‘True Story’ [Inkuru mpamo] kuko Imana yonyine ni yo indemera inzira mubyo nyuramo byose!. Ni indirimbo yanjye ya 10 ikaba ari indirimbo ikomeza umutima, itubuza kwiganyira twibaza tuti ‘Ese bizagenda gute?’ Kuko Imana niyo yonyine irema inzira, tugize ngo twicire inzira hari igihe byatugusha mu mutego!”.

Yongeraho ko nubwo yari amaze igihe asa n’utuje, ubu agarutse mu muziki afite imbaraga nshya n’ibihangano bishya byinshi byomora imitima, bigahumuriza kandi bigafasha abantu kwegera Imana no kurushaho kuyiringira. Ati: “Munyitegeho ibihimbano byinshi, byomora kandi bifasha umutima kwegerana na Data!”

Cynthia Umulisa uri kubarizwa i Burayi mu gihugu cya Suwede ku mpamvu z’amasomo ya Kaminuza, ni umukobwa ukunda kandi wubaha Imana, akaba yarakuriye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Asengera muri Revival Fellowship – Itorero ryashinzwe ndetse rikaba riyoborwa n’umubyeyi we Bishop Rumande Esron Ruturwa.

Uretse kuririmba indirimbo zisingiza Imana, uyu mukobwa yahishuye ko akunda cyane guteka kandi afite inzozi zo kuba “Professional Cook”, dore ko yanize ibijyanye no guteka “Culinary arts” mu mashuri yisumbuye. Yagize ati: “Nkunda guteka, akaba ari icyo kintu nifuza kuzakabyamo inzozi nkaba ‘professional cook’ [Umutetsi w’umwuga]’.

Avuga ko umuryango we ari umusingi ukomeye utuma akomeza kuririmba, kuko umusengera, umushyigikira ndetse umusunika mu gutanga ubutumwa bw’Imana binyuze mu ndirimbo ze. Ati: “Uruhare rw’ababyeyi banjye muri uru rugendo rw’umuziki ni ukunsengera ndetse no kunsunika kugira ngo ntange ubutumwa bwa Data mbinyujije mu ndirimbo!”

Kuri we, intego nyamukuru ni gutangaza ubutumwa bwiza bwa Kristo, akabwira abantu urukundo n’ubugwaneza bw’Imana, akabashishikariza gutumbira Imana aho kureba ku by’isi. Ati: Intego mfite mu muziki ni ukuvuga ubutumwa bwiza bwa Kristo nkabwira abantu urukundo ndetse n’ubugwaneza bw’Imana bakareka guhanga amaso iby’isi ahubwo bakishingikiriza ku Mana”.

Previous Post

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Next Post

Rickman Manrick yashyize umucyo ku bihuha bimaze iminsi bivugwa

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
3 hours ago

Umuhanzi Ndayishimiye Musinga Joseph uzwi nka Musinga Joe, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agakanzu ka Murerwa”, igaruka ku mateka yihariye...

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
4 hours ago

Mu gihe u Rwanda riri mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzikazi Bwiza...

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
4 hours ago

Mu gihe u Rwanda n’Isi bakomeje Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abahanzi bakomeye mu Karere...

Next Post
Rickman Manrick yashyize umucyo ku bihuha bimaze iminsi bivugwa

Rickman Manrick yashyize umucyo ku bihuha bimaze iminsi bivugwa

Cinderella Sanyu yagiriye inama abahanzi bakizamuka

Cinderella Sanyu yagiriye inama abahanzi bakizamuka

Kingston to Kigali: Umuhanzi wo muri Jamaica FyaVerse yatangiye kwiyegereza isoko ry’u Rwanda

Kingston to Kigali: Umuhanzi wo muri Jamaica FyaVerse yatangiye kwiyegereza isoko ry’u Rwanda

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa
Amateka

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
April 9, 2026
Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka
Amateka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32
Imyidagaduro

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye
Amateka

Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.