Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bibaye ibya mbere byo hejuru mu Rwanda, aho nka Lisansi yageze ku 2 303 Frw kuri Litiro.
Ibi biciro bishya byatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mata 2026, byatangiye kubahirizwa guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mata, saa kumi n’ebyiri.
Itangazo rya RURA rivuga ko “Lisansi ntigomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 2 303 kuri Litiro.” Mu gihe “Mazutu ntigomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 2 205 kuri Litiro.”
Urwego Ngenzuramikorere ruvuga ko “Ibi biciro bishya byashyizweho hashingiwe ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli, ndetse n’ingamba Leta yu Rwanda yafashe mu guhangana
n’ingaruka z’impinduka zigenda ziyongera ku rwego rw’Isi.”
RURA kandi yahise inatangaza ko “hashingiwe ku mpinduka z’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, n’ibindi bigenderwaho mu gushyiraho igiciro, ibiciro fatizo by’ingendo rusange na byo byavuguruwe” aho mu Mujyi wa Kigali umugenzi azajya yishyura 59,28 Frw ku kilometero, na 41,58 Frw ku ngendo zo mu Ntara.
Ibi biciro by’ingendo byo, bizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku wa Mbere tariki 06 Mata 2026, nyuma yuko hazaba hashyizwe hanze ibiciro birambuye kuri buri muhanda.
RURA yaboneyeho gutanga inama ivuga ko “Abaturarwanda barasabwa guteganya neza ingendo zabo, gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange no kwirinda ingendo zitari ngombwa, hagamijwe kugabanya ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli.”
Ibi biciro byatangajwe nyuma gato yuko Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva agiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku ngamba u Rwanda rwafashe mu guhangana n’ingaruka z’intambara iri mu burasirazuba bwo hagati, yateye izamuka ry’ibiciro by’ingufu n’ibikomoka kuri peteroli.
Dr Nsengiyumva yari yatangaje ko Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bigomba kuzamuka kubera uburyo bihagaze ku isoko mpuzamahanga.









