• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubukungu

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byatumbagiye cyane. “ Abanyarwanda baburiwe”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bibaye ibya mbere byo hejuru mu Rwanda, aho nka Lisansi yageze ku 2 303 Frw kuri Litiro.

Ibi biciro bishya byatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mata 2026, byatangiye kubahirizwa guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mata, saa kumi n’ebyiri.

Itangazo rya RURA rivuga ko “Lisansi ntigomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 2 303 kuri Litiro.” Mu gihe “Mazutu ntigomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 2 205 kuri Litiro.”

Urwego Ngenzuramikorere ruvuga ko “Ibi biciro bishya byashyizweho hashingiwe ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli, ndetse n’ingamba Leta yu Rwanda yafashe mu guhangana

n’ingaruka z’impinduka zigenda ziyongera ku rwego rw’Isi.”

RURA kandi yahise inatangaza ko “hashingiwe ku mpinduka z’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, n’ibindi bigenderwaho mu gushyiraho igiciro, ibiciro fatizo by’ingendo rusange na byo byavuguruwe” aho mu Mujyi wa Kigali umugenzi azajya yishyura 59,28 Frw ku kilometero, na 41,58 Frw ku ngendo zo mu Ntara.

Ibi biciro by’ingendo byo, bizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku wa Mbere tariki 06 Mata 2026, nyuma yuko hazaba hashyizwe hanze ibiciro birambuye kuri buri muhanda.

RURA yaboneyeho gutanga inama ivuga ko “Abaturarwanda barasabwa guteganya neza ingendo zabo, gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange no kwirinda ingendo zitari ngombwa, hagamijwe kugabanya ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli.”

Ibi biciro byatangajwe nyuma gato yuko Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva agiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku ngamba u Rwanda rwafashe mu guhangana n’ingaruka z’intambara iri mu burasirazuba bwo hagati, yateye izamuka ry’ibiciro by’ingufu n’ibikomoka kuri peteroli.

Dr Nsengiyumva yari yatangaje ko Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bigomba kuzamuka kubera uburyo bihagaze ku isoko mpuzamahanga.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Uburyo 3 Isanzure rishobora kurangira – bimwe mu bitekerezo bya siyansi

Next Post

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Mu myaka itanu ishize amadovize yinjizwaga n’ibikomoka ku buhinzi yikubye hafi kabiri

Mu myaka itanu ishize amadovize yinjizwaga n’ibikomoka ku buhinzi yikubye hafi kabiri

by Alex RUKUNDO
2 weeks ago

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko madovize yinjizwa n’ibikomoka ku buhinzi...

Hon. Robert Migadde Ndugwa yasobanuye iby’amafaranga yagenewe umuryango wa Ssegirinya

Hon. Robert Migadde Ndugwa yasobanuye iby’amafaranga yagenewe umuryango wa Ssegirinya

by Alex RUKUNDO
3 weeks ago

Hon. Robert Migadde Ndugwa, Perezida wa SACCO  nteka ishinga amategeko ya Uganda, yatangaja amakuru mashya ku bijyanye n’amafaranga yizigamiwe n’ayakusanyijwe...

Uganda: Taxi zigiye kujya zikorera muri parikingi gusa

Uganda: Taxi zigiye kujya zikorera muri parikingi gusa

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Ikigo gishinzwe imiyoborere n’iterambere ry’umujyi muri Uganda, Kampala Capital City Authority (KCCA),kigiye gushyira ahagaragara gahunda nshya mu rwego re’ubwikorezi, izakuraho...

Next Post
Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika
Imyidagaduro

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

by Alex RUKUNDO
April 4, 2026
Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi
Imyidagaduro

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026
Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byatumbagiye cyane. “ Abanyarwanda baburiwe”
Ubukungu

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byatumbagiye cyane. “ Abanyarwanda baburiwe”

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026
Uburyo 3 Isanzure rishobora kurangira – bimwe mu bitekerezo bya siyansi
Umutekano

Uburyo 3 Isanzure rishobora kurangira – bimwe mu bitekerezo bya siyansi

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.