Umuyobozi uyoboye agashami k’imirire mu muryango w’abibumbye ushinzwe ubuhinzi n’ibiribwa ku isi FAO Madame Christine Mukantwari aratangaza ko abanyarwanda 5% gusa aribo barya inyama mu gihe abandi 95% batabona inyama mu gihe gikwiye. Ibyo yabitangaje kuri uyu wa kane tariki ya 16 Ukwakira 2025 ubwo mu Rwanda no ku isi hose muri rusange hizihizwaga umunsi wahariwe ibiribwa ku isi.
Uyu munsi wari ufite insanganyamatsiko igira iti “ Dufatanyije mu kugira ibiribwa bihagije kugira ngo tugire ejo Heza.” Mu Rwanda ibiryo bihagije birahari nk’uko byemejwe na Minisitiri w’ubuhinzi mu Rwanda.
Nk’uko abisobanura, Madame Christine avuga ko mu Rwanda ibyo kurya biri mu moko 12 y’ibanze abanyarwanda barabibona. Mu bushakashatsi bwakozwe mu Rwanda ku bijyanye n’imirire bwasohotse mu mwaka wa 2024 bugaragaza ko imiryango 5% ibasha kubona inyama, amata, amafi n’amagi naho 95% ntayo ibona mu gihe cy’icyumweru.
Ati muri rusange imiryango yacu ikunze kurya ibinyamafufu n’ibinyampeke bikagirwa n’ibishyimbo n’amashaza hanyuma bikagirwa n’imboga rwatsi kuko ubukangurambaga .
Amata ni make, inyama ni nkeya bisaba ko hongerwamo imbaraga kugira ngo hazamurwe urugero rw’inyama n’amagi byiyongera mu mirire y’abanyarwanda.
Ati birashoboka ko buri munyarwanda abona indyo ihagije irimo n’ibikomoka ku nyamaswa. Muri rusange turarya ariko ibikomoka nyamaswa biracyari bike.
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda Dr Telesphole Ndabamenye mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko mu buhinzi n’ubworozi hakiri imbogamizi zigaragara. Ati “ Kubona icyororo bigaragara nk’imbogamizi mu kubona ibikomoka ku nyamaswa bihagije. Turi kongera ubworozi mu bice bitandukanye cyane cyane dushyira imbaraga mu bworozi bw’amafi kugira ngo yiyongere ku isoko. Turi gushyira imbaraga mu kubona inyama zihagije mu baturage hashishikazwa abaturage korora cyane cyane ubworozi bw’amatungo magufi.
Dr Telesphole Ndabamenye avuga Ku bijyanye no kurya inyama, umunyarwanda arya inyama nkeya kuko ku mwaka arya ibiro 13.5 kandi FAO ivuga ko impuzandengo buri muntu yagombye kurya ibiro 50.
Ingamba zihari zirimo kuzamura ubworozi bwo mu mazi kugira ngo haboneke amafi ahagije, kongera ubworozi bw’amatungo magufi gukomeza kuvugurura ubworozi bw’amatungo y’inka zitanga amata n’izitanga inyama. Iyo program irahari kandi tubona ifite icyerekezo kiza tugenda dushaka ibizitunga nk’amazi n’ibindi.
Akomeza avuga ko hari imishinga yatangiye gutegurwa kugira ngo inyama ziyongere harimo kugira ibyanya by’ubworozi bw’inka z’inyama. butuma hazibwa icyuho cy’inyama bityo mu gihe cya vuba bizaba bishoboka ko mu Rwanda haboneka inyama zo kurya n’izo kohereza hanze.
Byitezwe ko umusaruro w’inyama z’inka uzava kuri toni zirenga ibihumbi 76 mu 2025/2026 ugeze ku bihumbi 86 mu 2028/2029, inyama z’ihene zizava kuri toni zirenga ibihumbi 36 zigere kuri toni zirenga ibihumbi 41, iz’intama zive kuri toni ibihumbi 10 zigere kuri toni ibihumbi 11.
Inyama z’inkoko byitezwe ko zizava kuri toni ibihumbi 58 mu 2025/2026 zigezwe kuri toni ibihumbi 65 mu 2028/2029 mu gihe ingurube zizavanwa kuri toni zirenga ibihumbi 26 zigezwe kuri toni ibihumbi 29, amafi ave kuri toni ibihumbi 59 agezwe kuri toni ibihumbi 77.
imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko 98% by’ibiribwa Abanyarwanda barya biva mu buhinzi, mu gihe ibikomoka ku matungo bigera ku 2% ku mwaka.
Alphonse Munyankindi










