Umuraperikazi w’ikiragiririre wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,, ufite inkomoko ukomoka muri Trinidad, Nicki Minaj, yavugishije benshi nyuma y’aho ashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze bwamagana ihohoterwa rikorerwa Abakirisitu bo muri Nigeria.
Ubutumwa Nick Minaj yashyize ku rubuga X (Twitter) bwamenyekanye nyuma y’uko Perezida Donald Trump ashyize Nigeria ku rutonde rw’“ibihugu bihangayikishije by’umwihariko” bitewe n’ihohoterwa rikorerwa Abakirisitu n’amatsinda y’abahezanguni b’Abayisilamu.
Nicki Minaj, uherutse guhatanira ku inshuro 12 mu bihembo bya Grammy Awards, yanditse kuri X (Twitter) ashimira Imana ku bw’ubwisanzure bw’amadini buri muri Amerika, anagaragaza impungenge ku bakirisitu bo muri Nigeria.
Yagize ati: “Nta muntu ukwiye kubabazwa cyangwa ngo yicwe azira idini rye cyagwa imyemerere ye.”
Ubu butumwa bwakwira kwiriye cyane ku mbuga nkoranyambaga, butangirwaho ibitekerezo byinshi n’abantu baturutse mu bice bitandukanye by’isi. Abafana benshi bamushimiye ku bw’ubutwari bwo kuvuga ku kibazo gikomeje kugaragara muri Nigeria, aho uburenganzira bwa muntu budahabwa agaciro. Mu gihe abanya-Nigeria benshi bamugaragarije urukundo bamushimira kuba yakoresheje ubwamamare bwe mu kugaragaza akarengane abakirisitu bahura nako.
Nyuma y’aho, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Mike Waltz, yashimiye Nicki Minaj ku mugaragaro kubera ubumuntu n’ubutwari yagaragaje.
Yagize ati: “Ndifuza kuganira na we. Guverinoma yacu iri gukora ibishoboka byose ngo irengere uburenganzira bw’amadini ku isi. Ntidukwiye kurebera. Bavandimwe, mukwiye guhaguruka mukavuga muti ‘Birahagije!.”
Biravugwa ko Ambasaderi Waltz yatumiye Nicki Minaj mu kiganiro cyihariye kitezweho kuganirwamo uruhare rw’ibyamamare n’abahanzi bashobora kugira mu kurengera ubwisanzure bw’amadini ku isi hose.
Mbere y’ibi, ikinyamakuru Legit.ng cyari cyatangaje ko Nicki Minaj yashimye umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Davido, n’umugore we Chioma, mu gitaramo cyabereye muri Portugal, aho yabifurije urugo ruhire.
Davido na we yasubije Minaj amushira, avuga ko indirimbo bakoranye mu mwaka wa 2020 yabaye imwe mu zakunzwe cyane.







