• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, April 8, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Abanyamerika batunguwe na Nicki Minaj wavugiye Abakirisitu bo muri Nigeria

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 4, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuraperikazi w’ikiragiririre wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,, ufite inkomoko ukomoka muri Trinidad, Nicki Minaj, yavugishije benshi nyuma y’aho ashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze bwamagana ihohoterwa rikorerwa Abakirisitu bo muri Nigeria.

Ubutumwa Nick Minaj yashyize ku rubuga X (Twitter) bwamenyekanye nyuma y’uko Perezida Donald Trump ashyize Nigeria ku rutonde rw’“ibihugu bihangayikishije by’umwihariko” bitewe n’ihohoterwa rikorerwa Abakirisitu n’amatsinda y’abahezanguni b’Abayisilamu.

Nicki Minaj, uherutse guhatanira ku inshuro 12 mu bihembo bya Grammy Awards, yanditse kuri X (Twitter) ashimira Imana ku bw’ubwisanzure bw’amadini buri muri Amerika, anagaragaza impungenge ku bakirisitu bo muri Nigeria.

Yagize ati: “Nta muntu ukwiye kubabazwa cyangwa ngo yicwe azira idini rye cyagwa imyemerere ye.”

Ubu butumwa bwakwira kwiriye cyane ku mbuga nkoranyambaga, butangirwaho ibitekerezo byinshi n’abantu baturutse mu bice bitandukanye by’isi. Abafana benshi bamushimiye ku bw’ubutwari bwo kuvuga ku kibazo gikomeje kugaragara muri Nigeria, aho uburenganzira bwa muntu budahabwa agaciro. Mu gihe abanya-Nigeria benshi bamugaragarije urukundo bamushimira kuba yakoresheje ubwamamare bwe mu kugaragaza akarengane abakirisitu bahura nako.

Nyuma y’aho, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Mike Waltz, yashimiye Nicki Minaj ku mugaragaro kubera ubumuntu n’ubutwari yagaragaje.

Yagize ati: “Ndifuza kuganira na we. Guverinoma yacu iri gukora ibishoboka byose ngo irengere uburenganzira bw’amadini ku isi. Ntidukwiye kurebera. Bavandimwe, mukwiye guhaguruka mukavuga muti ‘Birahagije!.”

Biravugwa ko Ambasaderi Waltz yatumiye Nicki Minaj mu kiganiro cyihariye kitezweho kuganirwamo uruhare rw’ibyamamare n’abahanzi bashobora kugira mu kurengera ubwisanzure bw’amadini ku isi hose.

Mbere y’ibi, ikinyamakuru Legit.ng cyari cyatangaje ko Nicki Minaj yashimye umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Davido, n’umugore we Chioma, mu gitaramo cyabereye muri Portugal, aho yabifurije urugo ruhire.

Davido na we yasubije Minaj amushira, avuga ko indirimbo bakoranye mu mwaka wa 2020 yabaye imwe mu zakunzwe cyane.

Previous Post

Richard Nick Ngendahayo yakumbuje abafana be igitaramo

Next Post

Eddy Kenzo yangaje ko Pallaso akiri umunyamuryango wa Federasiyo y’Abahanzi bo muri Uganda

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Mibirizi: Umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu isanamitima y’Abanyarwanda

Mibirizi: Umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu isanamitima y’Abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Munyanshoza Dieudonne uzwi cyane nka Mibirizi, ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda, by’umwihariko mu ndirimbo zafashije...

Senderi yongeye gusubiramo indirimbo ze zifite amateka nyuma y’imyaka 20

Senderi yongeye gusubiramo indirimbo ze zifite amateka nyuma y’imyaka 20

by MUNYANKINDI Alphonse
19 hours ago

Umuhanzi Senderi Hit uzwi mu ndirimbo zigisha uburere mboneragihugu n’izijyanye no Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yongeye gusubiramo indirimbo ze ebyiri...

Chameleone yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

Chameleone yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
21 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone, yifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro...

Next Post
Eddy Kenzo yangaje ko Pallaso akiri umunyamuryango wa Federasiyo y’Abahanzi bo muri Uganda

Eddy Kenzo yangaje ko Pallaso akiri umunyamuryango wa Federasiyo y’Abahanzi bo muri Uganda

Umuhanzikazi Ava Peace yanenze imyitwarire y’abamwe mu bashumba b’amadini

Umuhanzikazi Ava Peace yanenze imyitwarire y’abamwe mu bashumba b’amadini

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco ry’ubuhanzi rizahuza abo mu Karere

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco ry’ubuhanzi rizahuza abo mu Karere

Al Hilal SC yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32
Imikino

Al Hilal SC yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
April 8, 2026
Impamvu abagore benshi babyara bagaramye kandi si ko byahoze
Mu mahanga

Impamvu abagore benshi babyara bagaramye kandi si ko byahoze

by MUNYANKINDI Alphonse
April 8, 2026
Mibirizi: Umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu isanamitima y’Abanyarwanda
Imyidagaduro

Mibirizi: Umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu isanamitima y’Abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 8, 2026
Senderi yongeye gusubiramo indirimbo ze zifite amateka nyuma y’imyaka 20
Imyidagaduro

Senderi yongeye gusubiramo indirimbo ze zifite amateka nyuma y’imyaka 20

by MUNYANKINDI Alphonse
April 7, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.