• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 30, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Amatsinda y’abanditsi, abahanzi, abahanga n’abandi bantu bazwi cyane muri Isael banditse ibaruwa isaba ko isi ishyiraho ibihano bikomeye kuri Leta yabo kubera uburyo iri kwifashisha inzara nk’intwaro yo guhana abaturage ba Gaza.

Iyi baruwa yashyizweho umukono n’abantu 31 b’inararibonye barimo: Yuval Abraham, wigeze kwegukana igihembo cya Oscars, Michael Ben-Yair, wahoze ari Umushinjacyaha mukuru wa Israel na Avraham Burg, wahoze ayobora Inteko Ishinga Amategeko ya Israel(Knesset) akanayobora Jewish Agency, ndetse n’abandi bahawe ibihembo bikomeye nka Israel Prize, igihembo cy’ikirenga mu muco w’icyo gihugu.

Aba banditse ibaruwa bakomoka mu nzego zitandukanye zirimo ubuvanganzo, siyansi, itangazamakuru n’amashuri ya kaminuza zitandukanye.

Mu nyandiko yabo, bashinja Leta ya Israel “kwicisha abaturage ba Gaza inzara no kubafatira umwanzuro wo kubakura mu gihugu cyabo ku ngufu.”

Barasaba ko amahanga afata ingamba zikomeye, bagira bati“ Umuryango mpuzamahanga ukwiriye gushyira ibihano bikarishye kuri Israel kugeza ubwo ihagaritse ubwicanyi kandi ikemera agahenge karambye.”

Iyi baruwa ije mu gihe Leta ya Israel ikomeje kwibasira Gaza mu ntambara imaze amezi 21, aho abantu barenga 60,000 bamaze kwicwa nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza.

Abasinyiye kuri iyi baruwa bavuga ko bashenguwe n’amashusho y’abana barwaye indwara ziterwa n’inzara n’abaturage baraswa n’ingabo za Israel bashaka ibyo kurya.

Basanga ari ibyaha bikomeye, kandi bavuga ko gutuza abantu ku ngufu ahantu badashaka mu nkambi z’abacunguwe (concentration camps), nk’uko byatangajwe na Ehud Olmert, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel.

Ku Cyumweru, ishyirahamwe rikomeye ry’Abayahudi bo muri Amerika, Reform Movement, ryavuze ko Leta ya Israel ari yo ituma inzara ikomeza kwiyongera muri Gaza.

Bagize bati“Kwima abana amazi, imiti, ibyo kurya n’amashanyarazi ni ibintu bidafite ishingiro.

Twanze ko agahinda katubuza kugira impuhwe. Urukundo dufitiye Israel ntirukwiye gutuma twirengagiza ububabare bw’abaturage ba Gaza.”

Imiryango ibiri iharanira uburenganzira bwa muntu muri Israel—

B’Tselem na Physicians for Human Rights Israel yasohoye raporo bwa mbere ivuga ko Leta ya Israel iri gukora ibikorwa bisa na jenoside muri Gaza.

Nubwo amahanga akomeje ku vuga ko muri Gaza hari inzara n’ibikorwa bihabanye n’amahame y’ubumuntu, Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu n’abandi bategetsi ba Israel bakomeje guhakana ko hari inzara muri Gaza, nubwo hari ibimenyetso bifatika byemezwa na Loni (UN) n’ibindi bigo.

Iyi baruwa y’aba bahanga n’abanyabugeni ni intambwe ikomeye kuko igaragaza ko mu gihugu imbere cya Israel ubwaho hari abamagana ibikorwa bibera muri Gaza, bakumva ko igisubizo atari intambara, ahubwo ari amahoro n’agahenge karambye.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Donald Trump yemeza ko uruhare rwe rwabaye ingenzi mu biganiro hagati ya RDC n’u Rwanda

Next Post

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, yasanzwe muri hoteli i Paris yapfuye, iperereza ry’ibanze rikavuga...

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 months ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
3 months ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Next Post
Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.