Umuraperi w’Umunyamerika A$AP Rocky yatangaje ko umubano we na Rihanna wubakiye ku rugendo rurerure rw’ubucuti, kwiyumvanamo no gutegereza igihe gikwiye, aho nyuma byaje kuvamo urukundo rukomeye n’umuryango ufite abana batatu.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Popcast ya The New York Times, A$AP Rocky yasobanuye ko we na Rihanna bari bamaze imyaka igera kuri 10 ari inshuti za hafi.
Mbere yo gufata icyemezo cyo kwinjira mu mubano w’urukundo mu 2020.

Yavuze ko nubwo batari bakundana byeruye, yumvaga Rihanna ari umuntu wihariye mu buzima bwe kuva kera.
Uyu muraperi w’imyaka 37 yagaragaje ko hari byinshi we na Rihanna bahuriraho, birimo kuvuka mu mwaka umwe, imizi y’imiryango yabo ifitanye isano n’igihugu cya Barbados, ndetse n’uburyo bombi babonamo ubuzima.
Yavuze ko iyo asubiye aho umuryango wa Rihanna ukomoka, yumva nk’aho abonye impande zombi z’inkomoko ye, bikabongerera isano n’ubusabane.
A$AP Rocky yemeye ko nubwo bumvaga biyumvanamo cyane, bombi batari biteguye icyarimwe kwinjira mu mubano ukomeye.
Yashimangiye ko igihe cyaje ari cyo cyabaye ingenzi, kuko cyabafashije kwinjira mu rukundo bafite ubushake, icyizere n’ubwumvikane.
Ubu A$AP Rocky na Rihanna ni ababyeyi b’abana batatu, barimo abahungu RZA Athelston w’imyaka itatu, Riot Rose w’imyaka ibiri, ndetse n’umukobwa w’amezi ane witwa Rocki Irish.
Uyu muryango ukomeje gukurikirwa cyane n’itangazamakuru n’abakunzi b’aba bahanzi, bitewe n’uburyo bombi bagaragaza urukundo rwabo mu bwisanzure no kwita ku bana babo.
Si ibyo gusa, kuko mu minsi ishize Rihanna yaciye amarenga ko ashobora kuba yiteguye kongera kwagura umuryango, ibintu byashimishije benshi mu bafana babo, bakabona ko uyu muryango ukomeje kubaka ejo hazaza hawo mu rukundo n’ubwumvikane.
Inkuru ya A$AP Rocky na Rihanna igaragaza ko rimwe na rimwe urukundo rutihuta, ahubwo rukura mu gusabana, kwizerana no gutegereza igihe cyiza, bigatuma rushobora kuvamo umuryango uhamye kandi urambye.







