
Ku Bakristu amamiliyoni hirya no hino ku isi, itariki ya 25 Ukuboza ni umunsi wera wo kwizihiza ivuka rya Yesu/Yezu Kristu. Nubwo izina rye, inyigisho ze n’ingaruka yagize ku mateka y’ikiremwamuntu bizwi cyane, haracyari ikibazo gikomeje kwibazwa: Yesu yaba yarasaga ate ku mubiri?
Mu binyejana byinshi, cyane cyane mu Burayi no mu bihugu byakurikiye umuco w’i Burayi, Yesu yagiye agaragazwa nk’umugabo w’umuzungu, ufite imisatsi miremire, ubwanwa bwinshi n’amaso asa n’ubururu. Nyamara, abahanga mu mateka n’abashakashatsi bavuga ko iyo shusho itashingiye ku kuri kw’amateka, ahubwo yagiye yubakwa n’umuco, ubuhanzi n’inyigisho za tewolojiya zo mu bihe bitandukanye.
Bibiliya ntiyavuga ku isura ya Yesu
Impamvu nyamukuru ituma bigorana kumenya uko Yesu yasaga ni uko Bibiliya itabitanga. Ivanjiri zibanda ku nyigisho, ibikorwa n’ubutumwa bya Yesu, ariko ntizigire icyo zivuga ku burebure bwe, imiterere y’umubiri, ibara ry’uruhu cyangwa isura ye.
Nk’uko umuhanga mu mateka Joan E. Taylor abivuga, Isezerano Rishya ntirivuga niba Yesu yari muremure cyangwa mugufi, akomeye cyangwa adakomeye. Ikintu kimwe kivugwa ni uko yatangiye umurimo we afite hafi imyaka 30. Ibi bigaragaza ko abigishwa be ba mbere batitaye cyane ku isura ye, ahubwo bashishikajwe n’ubutumwa n’icyo yashakaga guhindura mu buzima bw’abantu.
Icyo abahanga mu mateka bemera ku isura ya Yesu
Nubwo nta bisobanuro bifatika biri muri Bibiliya, abahanga bifashisha ubumenyi bwa arikeyoloji (ubushakashatsi ku bisigaratongo), antropoloji (kwiga ku miterere y’abantu) n’amateka y’akarere Yesu yabayemo.
Abenshi bahuriza ku gitekerezo cy’uko Yesu yasaga n’abandi Bayahudi babaga muri Palesitina mu kinyejana cya mbere. Umuhanga André Leonardo Chevitarese asobanura ko Yesu yari umugabo wo mu Burasirazuba bwo Hagati, ufite imisatsi yijimye, amaso yijimye n’uruhu rwijimye cyangwa rukanyaraye.
Ubushakashatsi ku magufa y’abantu bo muri icyo gihe bwerekana ko abagabo benshi bari bafite uburebure bungana na metero 1,60 n’ibiro biri hagati ya 45 na 55. Ibi bituma abahanga bemeza ko Yesu atari umuntu ufite umubiri udasanzwe, ahubwo yari asanzwe, asa n’abandi bantu babanaga.
Ikoranabuhanga rigezweho n’igeragezwa ryo kumugaragaza mu ishusho
Mu mwaka wa 2001, umuhanga w’Umwongereza Richard Neave yagerageje kwerekana uko Yesu ashobora kuba yarasaga, akoresheje ikoranabuhanga rigezweho rya 3D. Yifashishije amagufa atatu y’abantu b’Abayahudi bo mu kinyejana cya mbere, babaga mu karere Yesu yabayemo.

Ishusho yavuyemo yagaragazaga umugabo ufite imisatsi migufi, uruhu rwijimye n’isura isanzwe y’umuntu wo mu Burasirazuba bwo Hagati. Nubwo atari gihamya ntakuka, ubu bushakashatsi bwashimangiye ibyo abahanga benshi bamaze igihe bemera.
Imisatsi n’ubwanwa: gusubiramo ishusho imenyerewe
Imisatsi miremire n’ubwanwa bwinshi ni bimwe mu bimenyetso byagiye bigaragara cyane mu mashusho ya Yesu yo mu Burayi. Ariko amateka n’imico yo mu gihe cye bigaragaza ibitandukanye.
Mu ibaruwa Pawulo yandikiye Abakorinto, yavuze ko byafatwaga nk’igisebo ko umugabo agira imisatsi miremire. Ibi bituma abahanga benshi bemera ko Yesu atari afite imisatsi miremire nk’uko tubibona mu mashusho yo mu bihe bya nyuma.
Joan E. Taylor yongeraho ko mu muco w’Abaromani n’Abayahudi, umugabo wubahwaga yagiraga imisatsi migufi n’ubwanwa butari bwinshi. Ibi bitandukanye cyane n’ishusho ya Yesu yagiye igaragara cyane mu bihe bya Moyen Âge na Renaissance.
Uko ishusho ya Yesu yahindutse uko ibihe byagiye bisimburana
Amashusho ya mbere azwi ya Yesu, yo mu kinyejana cya gatatu, amugaragaza nk’umwigisha ukiri muto, utagira ubwanwa bwinshi, asa n’umufilozofe. Ibi byashimangiraga uruhare rwe nk’umwigisha w’imico myiza n’ukuri.

Hagati y’ikinyejana cya gatanu n’icya cumi na gatanu, ishusho ya Yesu yarahindutse cyane. Yatangiye kugaragazwa nk’Umwami w’abami, ufite ububasha n’icyubahiro, asa n’abategetsi bo muri icyo gihe. Ibi byatewe n’ihinduka ry’inyigisho za tewolojiya n’ihuriro ry’idini n’ubutegetsi.
Mu matorero yo mu Burasirazuba, amashusho ya Kristo yakurikizaga amategeko akomeye y’inyigisho n’ibimenyetso by’iyobokamana. Mu Burengerazuba, abahanzi bari bafite ubwigenge bwinshi, bituma ishusho ya Yesu ihinduka uko umuco n’ubuhanzi byahindukaga.
Yesu mu mico itandukanye
Uko Ubukristo bwagiye bukwira isi yose, abantu bo mu mico itandukanye bagiye bagaragaza Yesu asa na bo. Mu Bushinwa, Yesu agaragazwa yambaye imyambaro y’Abashinwa; muri Etiyopiya, agaragazwa nk’umwirabura; muri Amerika y’Epfo, hari amashusho amugaragaza asa n’abasangwabutaka.
Ibi bigaragaza ko ishusho ya Yesu atari iy’amateka gusa, ahubwo ari n’iy’akaranga n’ukwemera kw’abantu.
Icy’ingenzi si isura, ni ubutumwa
Abahanga benshi mu bya tewolojiya bemeza ko isura ya Yesu ku mubiri atari yo ifite agaciro kurusha ibindi. Nk’uko umuhanga Francisco Catão abivuga, icy’ingenzi ni inyigisho ze, ibikorwa bye n’ubutumwa bwe bw’urukundo, imbabazi n’ubutabera bw’Imana.
Ku bemera, ishusho nyakuri ya Yesu iri mu byo yigishije no mu ngaruka yagize ku buzima bw’abantu, aho kuba mu bishushanyo n’amashusho.
Umwanzuro
Nubwo tudashobora kumenya neza uko Yesu/Yezu asa, ubushakashatsi bw’abahanga mu mateka budufasha gutandukanya ibyubatswe n’umuco n’ukuri gushingiye ku bimenyetso. Ibi bidufasha gusobanukirwa ko Yesu atari uw’ubwoko bumwe cyangwa umuco umwe, ahubwo ko ubutumwa bwe bugenewe abantu bose bo ku isi yose.









