• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 9, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Amateka

Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umubyeyi w’imyaka 32 witwa Umulisa Mariam yagarutse ku buzima bukomeye yanyuzemo kuva akiri uruhinja mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Avuga ko yatoraguwe mu mirambo ari uruhinja ruri konka ibere ry’umugore bikekwa ko ari nyina wari wamaze kwicwa, nyuma akurira mu buzima bw’ubupfubyi butamworoheye.

Yatoraguwe ari uruhinja mu mirambo

Umulisa Mariam yatoraguwe n’umugabo witwa Ndahigwa Jean de Dieu wari uri mu itsinda ry’abakorerabushake ba Croix Rouge bafashaga gushakisha ababa bagihumeka mu gihe cya Jenoside.

Ndahigwa yavuze ko mu kwezi kwa Kamena 1994, we na bagenzi be bageze ku kibuga cy’umupira cyari hafi ya Kiliziya ya Saint Famille mu Mujyi wa Kigali, basanga ikirundo cy’imibiri y’abari bishwe.

Ati “Twageze aho dusanga akana k’uruhinja karyamye mu mirambo karimo konka ibere ry’umurambo. Natekereje ko ashobora kuba ari nyina kuko bigoye ko umwana yonka undi muntu badafitanye isano.”

Yahise aterura uwo mwana amujyana kumwitaho ku ishami rya Caritas ryakoreraga mu cyumba cyari muri Kiliziya ya Saint Paul.

Yamureze nk’umwana we bwite

Ndahigwa yavuze ko ari we wahaye uwo mwana amazina ya Umulisa Mariam kuko nta muntu wari uzi inkomoko ye cyangwa umuryango akomokamo. Gusa akeka ko ashobora kuba yari atuye mu bice bya Muhima mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’uko ingabo za RPF Inkotanyi zihagaritse Jenoside, bamwe mu bana bari bakuwe mu kaga bajyanywe kwitabwaho i Masaka. Mariam ngo yanze kujyana n’abandi kuko yakundaga cyane Ndahigwa wamurereye.

Yagize ati “Uyu mwana yarariraga cyane avuga ngo ‘papa’, ni bwo nahisemo kumugumana nkamurera.”

Uyu mugabo yamureze nk’umwana we bwite, amurihira amashuri kugeza ayarangije.

Yababajwe no kutamenya inkomoko ye

Nubwo Mariam yakuze abona urukundo rw’umubyeyi wamureze, avuga ko gukura atazi inkomoko ye byamubereye igikomere gikomeye.

Yagize ati nta muntu n’umwe azi wo mu muryango we cyangwa mu gisekuru cye, ibintu byagiye bimugiraho ingaruka mu buzima bwe.

Yanavuze ko mu rushako yahuye n’ibibazo, aho umugabo we yamubwiraga amagambo amukomeretsa umutima amwita igicucu kubera ko atazi aho akomoka.

Uyu mubyeyi kuri ubu wamaze kubaka urugo ndetse akibaruka, avuga ko nubwo yanyuze mu buzima bukomeye, akomeza gushima ubuzima yahawe n’umugabo wamurokoye akamurera nk’umwana we.

Previous Post

Kate Bashabe: “Nyuma y’imyaka 32 Jenoside ihagaritswe imitima imwe imenetse ntirakira”

Next Post

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
10 minutes ago

Umuhanzi Ndayishimiye Musinga Joseph uzwi nka Musinga Joe, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agakanzu ka Murerwa”, igaruka ku mateka yihariye...

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
1 hour ago

Mu gihe u Rwanda riri mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzikazi Bwiza...

Kate Bashabe: “Nyuma y’imyaka 32 Jenoside ihagaritswe imitima imwe imenetse ntirakira”

Kate Bashabe: “Nyuma y’imyaka 32 Jenoside ihagaritswe imitima imwe imenetse ntirakira”

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Mu gihe u Rwanda rwatangiye Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umunyamideli Kate Bashabe yavuze ko...

Next Post
Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo 'Agakanzu ka Murerwa

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa
Amateka

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
April 9, 2026
Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka
Amateka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32
Imyidagaduro

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye
Amateka

Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.