• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Urukundo

Urukundo rwanjye rwatangiriye ku rupapuro (IGICE 1)

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ese urukundo uraruzi? Nonese uzi ibisobanuro byarwo? Ahubwo se uzi akababaro gaterwa n’urukundo, harimo kwigunga no kwiheba bitewe n’umuntu waguhakaniye? Reka nkubwire inkuru yanjye y’urukundo.

Na niga mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye (S3) mu mwaka wa 2014, ubwo nakundaga umukobwa witwaga Aisha. Ariko murabizi, urukundo rwo ku mashuri… Nakuze mukunda cyane, ku buryo natahaga nkagera mu rugo nkaryama, umutima ugatera cyane, ntegereje ko bucya ngo nsubire ku ishuri mubwire ko mukunda. Ariko by’ukuri sinari nsobanukiwe neza icyo urukundo ari cyo.

Nitwa Alex. Icyo gihe urukundo rwari rwatangiye kumbiramo. Naje gufata ikaramu n’urupapuro, niyemeza kumwandikira ibaruwa Aisha mubwira ko mukunda, musaba ko twahura. Aisha yigaga mu mwaka wa kane (S4), ni ukuvuga yigaga imbere yanjye. Aisha yari umukobwa mwiza, utuje, wifitemo ikinyabupfura. Ariko kubera ko nari umwana utarasobanukirwa neza urukundo icyo ari cyo, nabonye ntacyo naba mpombye nubwo nabonaga ko ari abakobwa bakunze kuvugana n’ababahiga mu bwenge cyangwa mu myaka.

Naratekerezaga nti: “Nubwo andusha ishuri rimbe, ndamukunda.” Nongere mbibutsa ko nari nafashe urupapuro, niyemeje kumwandikira. Nubwo nari mfite ubwoba ko ashobora kundega ku barimu cyangwa ku muyobozi w’ikigo, narabikoze mushyikiriza iyo baruwa.

Icyo gihe nabwiye Aisha ko mukunda, ko nifuza ko twahura, ariko ntiyabyemeye. Ahubwo yafashe ya baruwa ayijyana ku barimu. Naje gufatirwa ibihano. Ariko ibyo byose ntibyigeze binca intege, ahubwo nakomeje kugerageza kumwiyegereza, gusa uko iminsi yicumaga niko urukundo rwagendaga ruhinduka, biza kurangira tudakundanye.

Guhera ubwo, nabayeho nta wundi mukobwa ntekereza, nta rukundo nta maraga mutima. Reka Dusubize amaso inyuma, nkiri muri Primary, sinigeze ngira amarangamutima y’urukundo cyangwa ibisa nabyo. Nakundaga kuba njyenyine, ntavugana cyane n’abandi, no mu mikino nabaga mpagaze ku idiri ry’ishuri, cyangwa ndimo gusubiramo amasomo twize.

Urukundo rwanjye rwatangiriye ku rupapuro

Uko iminsi yagendaga ihita, haje abanyeshuri bashya, harimo abahungu babiri twaje kuba inshuti. Twajyaga tuganira, tugasubiramo amasomo, ariko bo bari abana bakundaga akajagari no gukunda abakobwa. Bashakaga kwiyegereza abakobwa, ariko abakobwa bo birindaga kwegera aho nabaga ndi, kuko batambonagamo urugwiro, bagatekereza ko ndi umuntu w’umugome, udakunda gukina cyangwa kuvuga byinshi.

Ariko muri abo bakobwa, harimo umwe witwaga Meroon wari warankunze, ariko akagira isoni zo kubimbwira kuko abakobwa benshi bantinyaga. Yaje gutinyuka, atangira kuvugisha, ariko amagambo yanjye aba make cyane. Uko twakomeje kuvugana, yaje kunsanga aho nari nicaye ambwira ko ankunda, ariko abivuga atisanzuye. Naratangaye ndamubaza nti: “Uvuze iki?” Asubiramo ko ankunda, ndamubwira nti: “Nta kibazo.”

Tukomeza kuganira, arambwira ati: “Sinari nzi ko uri umuntu mwiza. Uwakwitegereza ari kure yavuga ko uri umugome, kandi koko niko babivuga.” Nanjye ndamubaza nti: “Kuki?” Meroon ati: “Kubera ko utajya ugaragara useka, ntugira akajagari nk’abandi, uhora ucereje kandi utuje. Bityo bagufata uko utari.”

Narasetse, nawe araseka. Ibyo byose byambayeho ni ibintu ntashobora kwibagirwa. Twarakundanye, ariko ibihe byarahindutse, abantu baragenda, ubuzima bugakomeza.

Reka tugaruke ku nkuru y’uyu munsi. Nk’uko nabibabwiye, Aisha amaze kundega ku barimu, nahise ndeka kumukunda, ntangira kubaho nta rukundo cyangwa se amarangamutima. Mu yandi magambo, nasubiye kuba nka mbere niga muri Primary.

Mu mwaka wa 2017, nsoza amashuri, naje kujya i Kigali kubana na mukuru wanjye utuye i Kimironko. Nahasanze umwana w’umukobwa mwiza witwa Anitha. Yari Umunyamurege, ariko nawe yari mwiza cyane. Umukobwa ufite indangagaciro, ukunda gusenga, wubaha abantu.

Namubonye bwa mbere numva mukunze, ndamwishimira.

Iyi nkuru irakomeza ifite ibindi bice byinshi…

Whatsap: Impinga

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Jose Chameleone yakiranwe ubwuzu i Bujumbura, Diamond amwubaha byimazeyo

Next Post

Abanyamakuru basabwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Urukundo rwa MUTABAZI na MUTONI Igice cya 1

Urukundo rwa MUTABAZI na MUTONI Igice cya 1

by Impinga Media
4 months ago

Iyi nkuru yanditswe hagendewe ku nkuru mpamo y’ibintu byabayeho. Nubwo muri iki gihe urukundo rwakonje mu bantu, muri iyi nkuru...

Ubuhamya: Bigenda bite ngo umuntu yicwe n’irungu afite uwo bashakanye?

Ubuhamya: Bigenda bite ngo umuntu yicwe n’irungu afite uwo bashakanye?

by admin
7 months ago

Mwiza w’imyaka 40 ukora umwuga w’ibaruramari atuye i Kigali. Yibuka neza ko mu gihe cye cyo kubyara, umugabo we byasaga...

Ruti Joel

Ruti Joël Yemeje Ko Yitegura Kurushinga: “Arahari, Narakunze, Ndakundwa”

by admin
10 months ago

Ruti Joël: Umugore na we ni vuba arahari narakunze, ndakundwa. Waririmba Musomandera ntihagire ugukunda? Ndakundwa nanjye, ndahendahendwa, ariko baravuga ngo...

Next Post
Abanyamakuru basabwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru

Abanyamakuru basabwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru

RMC igiye kugira uruhare mu igenwa rya politiki z’itangazamakuru muri Afurika

RMC igiye kugira uruhare mu igenwa rya politiki z’itangazamakuru muri Afurika

Imurikagurisha Mpuzamahanga i Kigali ryegereje, abacuruzi n’abashoramari biteguye kuryitabira

Imurikagurisha Mpuzamahanga i Kigali ryegereje, abacuruzi n’abashoramari biteguye kuryitabira

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...