Umuhanzi David Lutalo yagarutse ku bitekerezo by’abamunenga, ibi bibaye nyuma y’ikiganiro aherutse gukorera kuri TikTok Live, aho yatanze nomero yo kumuhamagaraho ku bashaka ku mutumira mu bitaramo.
Ibi byabaye ku wa Gatandatu, ubwo Lutalo yasomaga nimero ye ku mbuga y’ubucuruzi bwe ayibwira abamukurikiraga bagaragaje ko bifuza kumutumira mu bitaramo.
Gusa ibi byahise bitera impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bayikoresha bavuze ko umuhanzi ufite izina nka Lutalo atari akwiriye gutangaza nimero ze ku mugaragaro, bavuga ko bishobora kumugaragaza nk’ushaka akazi cyane cyangwa udafite ibitaramo bihagije.
Ariko Lutalo yahakanye ibyo byavuzwe, ashimangira ko ibikorwa bye byasobanuwe nabi n’abantu benshi.
Mu kiganiro yagiranye na Allan Cruz kuri Cruz Xclusive, uyu muhanzi yasobanuye ko gutangaza nimero zo gutumirwaho mu bitaramo ari ibintu abahanzi basanzwe bakora kuva kera, na mbere y’uko imbuga nkoranyambaga nka TikTok zibaho.
Yagize ati: “Twasomaga nimero zacu na kera cyane, itandukaniro ni uko icyo gihe nta TikTok yabagaho. Hari radiyo na televiziyo.”
Yakomeje avuga ko imwe mu mpamvu nyamukuru ituma akomeza gutangaza nimero ye y’ubucuruzi ari ukurwanya uburiganya.
Yavuze ko hari abantu bamwe biyitirira izina rye bagatanga nimero zitari zo ku bashaka kumutumira mu bitaramo.
Ati: “Hari abantu benshi bakoresha izina ryanjye mu buriganya. Hari n’uwo twigeze gukorana utanga nimero ye iyo abantu bambajijeho,bityo ngomba guhora mvuga nimero yanjye y’ubucuruzi kugira ngo abantu bamenye iy’ukuri.”
Mu gushimangira ibyo yavuze, Lutalo yongeye gusubiramo iyo nimero mu kiganiro, agaragaza ko yifuza ko abafana n’abategura ibitaramo babona amakuru yizewe yo kumutumira.
Yanagaragaje ko nimero yatangaje atari iye bwite, ahubwo ari iy’umujyanama we (manager).
Lutalo yavuze ko yakoze ibyo asubiza uwamubajije mu kiganiro cya Live.
Yagize ati: “Hari umuntu wabinsabye kuri Live avuga ko ashaka kuntumira, ambaza uko yabigenza, none se nari gukora iki?
Namuhaye nimero ya manager wanjye, si nimero yanjye bwite.
Ndetse no gutanga iyanjye bwite nabishaka ni uburenganzira bwanjye.”








