• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 2, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

TMC yatangaje impamvu nyamukuru yatumye ataramana na Ruti Joel muri Amerika

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 30, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi Mujyanama Claude uzwi nka TMC, wahoze mu itsinda rya Dream Boyz, yavuze ko yishimiye gutaramana na Ruti Joel mu gitaramo cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yavuze ko byari no mu rwego rwo kwakira umushyitsi.

Iki gitaramo cyabaye ku wa 28 Werurwe 2026, cyari cyateguwe n’Abanyarwanda baba muri Indiana, hagamijwe gususurutsa abakunzi b’umuziki nyarwanda baba muri Amerika.

TMC yavuze ko yari kwakira umushyitsi

Mu kiganiro TMC yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kuba yarahuriye ku rubyiniro na Ruti Joel byari bifite igisobanuro cyihariye kuko uyu muhanzi yari yasuye aho atuye.

Yagize ati:
“Ruti Joel yaje muri Leta ntuyemo ya Indiana, rero gutaramana nawe muri iki gitaramo byari no mu murongo wo kwakira umushyitsi.”

Mujyanama Claude aka TMC ibumoso na Ruti Joel iburyo

Iki gitaramo cyitabiriwe n’Abanyarwanda n’inshuti zabo baba muri Amerika, aho Ruti Joel yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zirimo ‘Igikobwa’, ‘Cunda’ na ‘Ngwino Mana’ yakoranye n’Itorero Ibihangange.

Abacyitabiriye bavuga ko cyari igitaramo cyaranzwe n’amarangamutima n’akanyamuneza ku bakunzi b’umuziki nyarwanda baba muri diaspora.

Bad Rama yasohowe mu gitaramo nabi

Nubwo iki gitaramo cyagenze neza ku baririmbyi n’abacyitabiriye, cyaje kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko Bad Rama atemerewe kucyinjiramo.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Bad Rama avuga ko yasohowe mu gitaramo nk’igisambo.

Yagize ati:
“Hari igitaramo cya Ruti Joel, ndakibona nk’abandi nkora urugendo runini ngo mpagere… ndahageze ibibaye urabibonye, ntabwo ntuje na gato, uzi ko umuntu ampamagarije nk’igisambo?”

Amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Richard Irakoze ukorera Rwanda Abroad avuga ko Bad Rama akigera ku muryango w’aho igitaramo cyabereye, abari bashinzwe umutekano bahise bamubwira ko atemerewe kwinjira.

Yavuze ko abashinzwe kugenzura abinjira bamubwiye ko atemewe gukandagira aho igitaramo cyabereye bitewe n’amagambo n’ibitekerezo amaze iminsi atangaza ku buyobozi bw’u Rwanda.

Ibyabaye byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga

Bad Rama yavuze ko yasohowe n’abantu benshi bashinzwe umutekano, bituma adashobora kwinjira ngo arebe igitaramo.

Yavuze kandi ko kugera muri Indiana byamusabye gukora urugendo rurerure anyuze mu mijyi itandukanye irimo Phoenix, Denver na Michigan, ariko birangira atabonye amahirwe yo kwinjira mu gitaramo.

Nyuma y’ibi byabaye, Ruti Joel na we yanditse ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bugira buti:
“Kwa Ruti Joel ntabwo hinjira abanyagasozi.”

Aya magambo n’ibyabereye muri iki gitaramo byahise bitangira kugibwaho impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bashyigikiye icyemezo cyafashwe mu gihe abandi bagaragaje ko bitari bikwiye.

Nubwo byagenze gutyo, igitaramo cya Ruti Joel cyasize abakunzi b’umuziki nyarwanda baba muri Amerika banyuzwe n’ibitaramo by’abahanzi bagaragaye kuri uwo munsi.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ubushakashatsi: Ibisuko na Perike bishobora kongera ibyago bya Kansere y’Ibere

Next Post

Ingumi imwe yahinduye burundu ubuzima bw’umugore

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Umunyapolitiki wo muri Uganda Mubarak Munyagwa yinjiriye mu mpaka zimaze iminsi hagati y’abahanzi Pallaso na King Saha, avuga ko abo...

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa kisilamu (Nikkah) n’umugabo we Hamza Ssebunya bwabaye kera mu...

Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu

Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu

by Alex RUKUNDO
22 hours ago

Umuhanzi Ykee Benda abinyujije ku rukuta rwe rw X (twitter) yatangaje ko mu minsi mike agiye kwibaruka impaga z’abana batatu...

Next Post
Ingumi imwe yahinduye burundu ubuzima bw’umugore

Ingumi imwe yahinduye burundu ubuzima bw’umugore

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Celine Dion agarutse ku rubyiniro nyuma y’imyaka ine arwaye indwara idakira

Celine Dion agarutse ku rubyiniro nyuma y’imyaka ine arwaye indwara idakira

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha
Imyidagaduro

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga
Imyidagaduro

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda
Ibirori

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure
Ikoranabuhanga

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.