Umukinnyi wa filime Sarah Kampire wamenyekanye cyane nka Micky muri Impanga Series yashyize hanze filime ye ya mbere irangiye yise “Toxic”, agaragaza ko ateye indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rwa sinema aho atagifatwa nk’umukinnyi gusa, ahubwo atangiye no kwiyubaka nk’uwikorera akanategura filime ze bwite (Producer).
Mu kiganiro na InyaRwanda Tv, Sarah yavuze ko nyuma y’imyaka itanu amaze ari muri sinema, yishimira kuba atari umukinnyi gusa, ahubwo ubu atangiye no gutegura filime ze ubwe, akaba yarabashije kwinjira mu mwuga wa Producer.
Yagize ati: “Mu myaka itanu ishize, ubu nanjye aho ngeze ni ku rwego rw’uko natangiye kwikorera filime aho ubu ngubu ndi ‘Producer’ nkaba n’umukinnyi wa filime. Rero, navuga ko muri iyo myaka itanu, ikintu gikomeye cyane nakuyemo muri uru rugendo rwa Cinema, ni ukuba Producer nanjye nkaba ntangiye kwikorera.”
Sarah Kampi yavuze ko icyatumye afata icyemezo cyo gukora filime ye bwite ari inyota yo kugerageza ubushobozi bwe no gukurikira inzozi ze, nubwo yari amaze kumenyekana muri filime z’abandi, harimo n’izo yakinnye muri “Impanga Series” ya Bahavu Jeannette.
Ati: “Ndishimye cyane. Ntabwo nabasha kuvuga neza ibyishimo mfite, kuko bisa n’aho ndi kugenda ninjira mu nzozi zanjye noneho. Urumva natangiye nifuza kuba umukinnyi wa filime, igihe kiragera nifuza kuba Producer ariko biratinda kugirango mbigereho, ariko ku bw’imbabazi z’Imana byarabaye. Ni ikintu ngiye gukomerezaho, ntabwo nzigera mpagarara, ku buryo nyine inzira yo kuba ‘Producer’ nzayigendamo neza.”
Filime “Toxic” igaruka ku mibanire y’abantu, cyane cyane ku rukundo rujyanye no guhozanya ku nkeke, kandi Sarah avuga ko ari imwe mu mishinga yishimira cyane kuva yinjiye muri sinema.
Ubu ni uburyo Sarah Kampire yagaragaje ko atari umukinnyi w’umwuga gusa, ahubwo ashaka no gukoresha impano ye mu buryo burambye.
Yavuze ko gukina filime ari impano yamumenyereye akiri muto, bituma yiyemeza kutayihisha. Ari nayo mpamvu ubu yiyemeje gukora filime ye bwite.
Aragira ati: “Buri wese iyo ari gukora aba afite intego zo kuzagera igihe akikorera. Nawe uba urikumva ufite inzozi zo kuzikorera, rero nanjye nakinaga muri filime za Bahavu, ariko igihe kimwe cyageze mbona ubushobozi, rero ndavuga nti reka nanjye ntangire nkore filime yanjye.”
Sarah yinjiye muri sinema mu 2020 atangirira muri “Impanga Series”, aho yabashije kumenyekana no gukorana n’abakinnyi bafite amazina akomeye mu Rwanda.
Nyuma yaho, yakomeje kugaragara mu zindi filime nka “Bad Choice”, “Isi Dutuye”, “My Father In Law” ndetse na “Hidden Series”, agaragaza impinduka mu mikinire ye no kwagura impano.
Filime “Toxic” ikurikirana inkuru y’umukobwa witwa Evie ukundana n’umusore Walein, ariko uwo musore afite umugambi wo kwihimura kuri se wa Evie atabizi, bikaba bizanye amatsiko menshi ku bakunzi ba sinema.







