• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Sarah Kampire yatangaje ko agiye gutangira gukora filime ye bwite

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 22, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umukinnyi wa filime Sarah Kampire wamenyekanye cyane nka Micky muri Impanga Series yashyize hanze filime ye ya mbere irangiye yise “Toxic”, agaragaza ko ateye indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rwa sinema aho atagifatwa nk’umukinnyi gusa, ahubwo atangiye no kwiyubaka nk’uwikorera akanategura filime ze bwite (Producer).

Mu kiganiro na InyaRwanda Tv, Sarah yavuze ko nyuma y’imyaka itanu amaze ari muri sinema, yishimira kuba atari umukinnyi gusa, ahubwo ubu atangiye no gutegura filime ze ubwe, akaba yarabashije kwinjira mu mwuga wa Producer.

Yagize ati: “Mu myaka itanu ishize, ubu nanjye aho ngeze ni ku rwego rw’uko natangiye kwikorera filime aho ubu ngubu ndi ‘Producer’ nkaba n’umukinnyi wa filime. Rero, navuga ko muri iyo myaka itanu, ikintu gikomeye cyane nakuyemo muri uru rugendo rwa Cinema, ni ukuba Producer nanjye nkaba ntangiye kwikorera.”

Sarah Kampi yavuze ko icyatumye afata icyemezo cyo gukora filime ye bwite ari inyota yo kugerageza ubushobozi bwe no gukurikira inzozi ze, nubwo yari amaze kumenyekana muri filime z’abandi, harimo n’izo yakinnye muri “Impanga Series” ya Bahavu Jeannette.

Ati: “Ndishimye cyane. Ntabwo nabasha kuvuga neza ibyishimo mfite, kuko bisa n’aho ndi kugenda ninjira mu nzozi zanjye noneho. Urumva natangiye nifuza kuba umukinnyi wa filime, igihe kiragera nifuza kuba Producer ariko biratinda kugirango mbigereho, ariko ku bw’imbabazi z’Imana byarabaye. Ni ikintu ngiye gukomerezaho, ntabwo nzigera mpagarara, ku buryo nyine inzira yo kuba ‘Producer’ nzayigendamo neza.”

Filime “Toxic” igaruka ku mibanire y’abantu, cyane cyane ku rukundo rujyanye no guhozanya ku nkeke, kandi Sarah avuga ko ari imwe mu mishinga yishimira cyane kuva yinjiye muri sinema.

Ubu ni uburyo Sarah Kampire yagaragaje ko atari umukinnyi w’umwuga gusa, ahubwo ashaka no gukoresha impano ye mu buryo burambye.

Yavuze ko gukina filime ari impano yamumenyereye akiri muto, bituma yiyemeza kutayihisha. Ari nayo mpamvu ubu yiyemeje gukora filime ye bwite.

Aragira ati: “Buri wese iyo ari gukora aba afite intego zo kuzagera igihe akikorera. Nawe uba urikumva ufite inzozi zo kuzikorera, rero nanjye nakinaga muri filime za Bahavu, ariko igihe kimwe cyageze mbona ubushobozi, rero ndavuga nti reka nanjye ntangire nkore filime yanjye.”

Sarah yinjiye muri sinema mu 2020 atangirira muri “Impanga Series”, aho yabashije kumenyekana no gukorana n’abakinnyi bafite amazina akomeye mu Rwanda.

Nyuma yaho, yakomeje kugaragara mu zindi filime nka “Bad Choice”, “Isi Dutuye”, “My Father In Law” ndetse na “Hidden Series”, agaragaza impinduka mu mikinire ye no kwagura impano.

Filime “Toxic” ikurikirana inkuru y’umukobwa witwa Evie ukundana n’umusore Walein, ariko uwo musore afite umugambi wo kwihimura kuri se wa Evie atabizi, bikaba bizanye amatsiko menshi ku bakunzi ba sinema.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Bruno K yatangaje ko agiye gutangira kwishyuza ku mugaragaro Black Market Entertainment

Next Post

“Abahanzi n’abayobozi bakwiye gutandukana neza” – Spice Diana

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
14 hours ago

Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye kuri YouTube yagezemo mu 2018 ayobora igice cya ‘Urban Music’ ubu akaba akuriye icya ‘Black Music...

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
15 hours ago

Agahinda k’abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana mu bitaramo bitandukanye, kongeye kuzamurwa n’umufana wasomeye Winnie Nwangi mu...

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
16 hours ago

Nyuma y’ibyumweru bike umuraperi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi ku mazina nka “Diddy” yagabanyirijweho amezi abiri ku gifungo yari yakatiwe, itariki...

Next Post
“Abahanzi n’abayobozi bakwiye gutandukana neza” – Spice Diana

"Abahanzi n’abayobozi bakwiye gutandukana neza" - Spice Diana

50 Cent yasobanuye impamvu atajya yivanga muri politiki anatanga umuburo ku bahanzi

50 Cent yasobanuye impamvu atajya yivanga muri politiki anatanga umuburo ku bahanzi

Abtex avuga ko miliyari 10 z’amashiringi ari inguzanyo Leta yamuhaye

Abtex avuga ko miliyari 10 z'amashiringi ari inguzanyo Leta yamuhaye

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo
Uncategorized

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera
Imyidagaduro

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana
Imyidagaduro

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo
Imyidagaduro

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.