• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Perezida wa UNMF, Eddy Kenzo, yashinje abantu bagoreka amagambo ye

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi w’icyamamare akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abahanzi bo muri Uganda (Uganda National Musicians Federation – UNMF), Eddy Kenzo, yasobaye amajwi amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, aho yumvikanye avugana umujinya ndetse anavuga ko ashobora kwegura ku buyobozi bw’iri shyirahamwe.

Mu majwi yasohotse yumvikanye, Kenzo agaruka ku ibibazo bikomeje kugaragara hagati ya UNMF na Minisiteri y’Imibereho Myiza, Umurimo n’Iterambere ry’Abaturage, yagarutse cyane ku bijyanye n’inkunga ya miliyari eshanu z’amashilingi (Shs 5 billion) yagombaga gushyirwa muri SACCO y’abahanzi mu rwego rwo kubateza imbere.

Kenzo yavuze ko atifuza ko ishyirahamwe ayoboye ryajya mu makimbirane na Minisiteri, kuko ari “urwego rukomeye cyane”, bityo ngo mu gihe hataboneka uburyo bwo kuyakemura, “ibyaba byiza nakwegura.”

Nyuma yaho, ubwo yaganiraga n’itangazamakuru i Adjumani ku wa Mbere, Kenzo yasobanuye ko ayo magambo yavugiwe mu nama y’imbere mu ishyirahamwe, atari akwiye gushyirwa hanze cyangwa gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga.

Yashinjije abantu bamwe kugoreka amagambo ye no kuyashyira hanze mu buryo butemewe n’amategeko, bityo ko bishobora kwangiza isura y’ishyirahamwe ndetse n’imbaraga ari gushyira mu guteza imbere abahanzi n’ishyirahamwe muri rusange.

Yagize ati: “Ndi hano kugira ngo nshyire umucyo ku bivugwa. Sindi hano gukina cyangwa gutebya, ndi hano gukora no gukemura ibibazo uko nshoboye. Ariko hari igihe mpura n’utugorane ntashobora kwihanganira, nkabona amahitamo yanjye ari ku bireka.”

Kenzo yakomeje avuga ko ari ngombwa ko buri rwego rwubahiriza inshingano zarwo rutavanga imikorere n’urundi cyagwa kurusebya, kandi ko ubumwe mu ishyirahamwe ari ryo shingiro ry’imbaraga n’ibikorwa.

Yongeyeho ati: “Ishyirahamwe rifite ibyo rigomba gukora, n’irindi nabyo rigira ibyaryo. Ariko iyo hatangiye kuvugwa ibintu bishobora gusenya ubumwe bwacu kiba ari kibazo kandi kitoroshye, icyo gihe sinaba mfite ubundi buryo uretse kwegura.”

Uyu muhanzi kandi yatangaje ko nyuma yo kugirana ibiganiro kuri murandasi n’abanyamuryango ba UNMF, bamugiriye inama yo kutihutira kwegura, kuko hari ibibazo byo mu ishyirahamwe biri gukemurwa.

Yasoje agira ati: “Nagiranye inama mu buryo bw’ikoranabuhanga n’abanyamuryango, barambwira ngo mbendetseho gato kugira ngo ibintu bikemuke. Nahawe ikizere n’abayobozi bamwe ba UNMF bansaba kwihangana. Ubu ibintu biri kugenda neza, kandi tugiye gukomeza gukora.”

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abanyarwanda 5 % nibo bonyine barya inyama mu Rwanda “ Mukantwari Christine

Next Post

Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
19 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
20 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
24 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.