Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko hagati ya Iran na Israel bemeranyijwe guhagarika imirwano”.
Trump avuga ko biteganijwe ko imirwano iza guhagarara mu masaha ari imbere “ ibihugu byombi bimaze gucururuka no kurangiza iterambere ryabyo n’ubutumwa bugikomeje bw’amahoro!”
Mu butumwa Trump yanditse ku rubuga rwa, Truth Social, yavuze ko aya masezerano atangira kubahirizwa mu masaha arenga 24. Yongeyeho kandi ko ni bimara gukunda agahege kakaboneka, bizashyira “iherezo ” ku ntambara imaze iminsi 12.
Trump yakomeje agira ati:“ Iran izatangira CEASEFIRE kandi, ku isaha ya 12, na Israel itangire CEASEFIRE, maze ku isaha ya 24, ni Iherezo ku mugaragaro ku NTAMBARA Y’IMINSI 12 ’Isi izabyishimira.”
Nta gihugu na kimwe muri ibi bihanganye cyemeje aya makuru ko imirwano ihagarara, gusa Iran ivuga ko niba Israel ihagaritse ibitero byayo, Iran nayo izahagarika ibitero byayo. Israel yo ntiratanga ibisobanuro ku byatangajwe na Trump.