Mu gihe benshi bamumenyereye nk’umukinnyi wa filime ukunzwe cyane mu Rwanda, Niyitegeka Gratien, uzwi nka Papa Sava, amaze imyaka irenga 30 mu rugendo rutoroshye rw’ubuhanzi, rwuzuyemo kwihangana, guharanira inzozi no kwizera ko ejo hazaza hashobora kuba heza kurushaho.
Uyu mukinnyi wa filime ukunzwe cyane kubera amazina atandukanye yakoresheje mu buhanzi arimo Seburikoko na Sekaganda, aherutse gutanga ubuhamya butanga isomo rikomeye ku rubyiruko rwifuza kwinjira mu mwuga wa cinema. Yagaragaje ko ikimenyetso cy’intsinzi atari amafaranga menshi y’itangiriro, ahubwo ari kudacika intege.

Papa Sava yagarutse kuri uru rugendo mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo yari umutumirwa mu kiganiro “Meet Me Tonight”, kiri mu gikorwa cy’urwenya cya Gen-Z Comedy Show.
Mu kiganiro, yibukije uko akazi ke ka mbere muri cinema kamuhaye isomo ridasibangana. Ati: “Mu kiraka cya mbere nahembwe amafaranga ibihumbi 2 by’amafaranga y’u Rwanda n’Inkoranyamagambo (Dictionnaire).”
Nubwo ayo mafaranga yari make cyane, Papa Sava avuga ko atigeze yumva acitse intege, ahubwo byamubereye imbarutso yo gukomeza gukora cyane.
“Cinema si izina, ni urugendo”
Uyu mukinnyi asobanura ko kwinjira mu buhanzi atari amahitamo menshi yari afite, ahubwo byari inzira imwe rukumbi yari ashoboye kunyuramo. Yagize ati:
“I Kigali ntabwo ari iwacu. Nta sambu nari mfite munsi y’urugo rw’aho nacumbitse. Icyo nari nshoboye ni ugukina filime. Sinzi rero iyo nari mbireka icyo nari gukora.”
Papa Sava agaragaza ko cinema ari urugendo rurerure rusaba kwihangana no gukunda icyo ukora kuruta gushaka izina cyangwa amafaranga byihuse. Avuga ko uwinjiyemo agomba kwemera ko intangiriro zigora, ariko akizera ko ejo hashobora kuba heza kurusha ejo hashize.
Ubutumwa ku rubyiruko rwo muri iki gihe
Uyu mukinnyi wa filime ashimangira ko urubyiruko rwo muri iki gihe rufite amahirwe menshi ugereranyije n’igihe yatangiraga. Avuga ko ubu hari amashuri yigisha cinema, hari n’inkunga Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira mu guteza imbere uruganda rwa sinema.
Ati: “Ibyo twebwe dutangira ntitwigeze tubibona. Ubu urubyiruko rufite amahirwe, ariko bisaba kuyabyaza umusaruro.”
Filime “What a Day”: intambwe nshya mu rugendo rwe
Mu rwego rwo gukomeza kwagura imirimo ye, Papa Sava yatangaje ko yiteguye gushyira hanze filime ye ya mbere irangira, yise “What a Day”. Avuga ko ari filime ifite umwihariko ugaragara mu miterere yayo n’inkuru ivuga.
Ati: “Nashakaga gukora filime itandukanye n’izindi dusanzwe tubona. Ni filime ikurikira umuntu umwe n’ibimubaho mu munsi umwe. Ni intambwe ikomeye kuri njye.”
Iyi filime ifite iminota 128, ikinwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kandi ikibanda ku buzima bw’umuntu umwe mu buryo bwimbitse, bitandukanye n’uko filime nyinshi zo mu Rwanda zikorwa.
Biteganyijwe ko “What a Day” izamurikwa ku mugaragaro tariki ya 30 Mutarama 2026, mu birori bizabera muri Mundi Center. Abazitabira bazinjira baguze amatike, iki gikorwa kikazanahuzwa no kwizihiza imyaka 30 Papa Sava amaze mu buhanzi.
Iyi filime n’iyi ntambwe nshya byongera gushimangira Papa Sava nk’umwe mu nkingi za cinema nyarwanda, n’urugero rwiza rw’uko inzozi zitangira ari nto ariko zigakura zigakura iyo ziherekezwa no kwihangana.








