• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe benshi bamumenyereye nk’umukinnyi wa filime ukunzwe cyane mu Rwanda, Niyitegeka Gratien, uzwi nka Papa Sava, amaze imyaka irenga 30 mu rugendo rutoroshye rw’ubuhanzi, rwuzuyemo kwihangana, guharanira inzozi no kwizera ko ejo hazaza hashobora kuba heza kurushaho.

Uyu mukinnyi wa filime ukunzwe cyane kubera amazina atandukanye yakoresheje mu buhanzi arimo Seburikoko na Sekaganda, aherutse gutanga ubuhamya butanga isomo rikomeye ku rubyiruko rwifuza kwinjira mu mwuga wa cinema. Yagaragaje ko ikimenyetso cy’intsinzi atari amafaranga menshi y’itangiriro, ahubwo ari kudacika intege.

Papa Sava agiye gusohora bwa mbere filimi nshya irangira itandukanye n’izo asanzwe asohora

Papa Sava yagarutse kuri uru rugendo mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo yari umutumirwa mu kiganiro “Meet Me Tonight”, kiri mu gikorwa cy’urwenya cya Gen-Z Comedy Show.

Mu kiganiro, yibukije uko akazi ke ka mbere muri cinema kamuhaye isomo ridasibangana. Ati: “Mu kiraka cya mbere nahembwe amafaranga ibihumbi 2 by’amafaranga y’u Rwanda n’Inkoranyamagambo (Dictionnaire).”

Nubwo ayo mafaranga yari make cyane, Papa Sava avuga ko atigeze yumva acitse intege, ahubwo byamubereye imbarutso yo gukomeza gukora cyane.

“Cinema si izina, ni urugendo”

Uyu mukinnyi asobanura ko kwinjira mu buhanzi atari amahitamo menshi yari afite, ahubwo byari inzira imwe rukumbi yari ashoboye kunyuramo. Yagize ati:
“I Kigali ntabwo ari iwacu. Nta sambu nari mfite munsi y’urugo rw’aho nacumbitse. Icyo nari nshoboye ni ugukina filime. Sinzi rero iyo nari mbireka icyo nari gukora.”

Papa Sava agaragaza ko cinema ari urugendo rurerure rusaba kwihangana no gukunda icyo ukora kuruta gushaka izina cyangwa amafaranga byihuse. Avuga ko uwinjiyemo agomba kwemera ko intangiriro zigora, ariko akizera ko ejo hashobora kuba heza kurusha ejo hashize.

Ubutumwa ku rubyiruko rwo muri iki gihe

Uyu mukinnyi wa filime ashimangira ko urubyiruko rwo muri iki gihe rufite amahirwe menshi ugereranyije n’igihe yatangiraga. Avuga ko ubu hari amashuri yigisha cinema, hari n’inkunga Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira mu guteza imbere uruganda rwa sinema.

Ati: “Ibyo twebwe dutangira ntitwigeze tubibona. Ubu urubyiruko rufite amahirwe, ariko bisaba kuyabyaza umusaruro.”

Filime “What a Day”: intambwe nshya mu rugendo rwe

Mu rwego rwo gukomeza kwagura imirimo ye, Papa Sava yatangaje ko yiteguye gushyira hanze filime ye ya mbere irangira, yise “What a Day”. Avuga ko ari filime ifite umwihariko ugaragara mu miterere yayo n’inkuru ivuga.

Ati: “Nashakaga gukora filime itandukanye n’izindi dusanzwe tubona. Ni filime ikurikira umuntu umwe n’ibimubaho mu munsi umwe. Ni intambwe ikomeye kuri njye.”

Iyi filime ifite iminota 128, ikinwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kandi ikibanda ku buzima bw’umuntu umwe mu buryo bwimbitse, bitandukanye n’uko filime nyinshi zo mu Rwanda zikorwa.

Biteganyijwe ko “What a Day” izamurikwa ku mugaragaro tariki ya 30 Mutarama 2026, mu birori bizabera muri Mundi Center. Abazitabira bazinjira baguze amatike, iki gikorwa kikazanahuzwa no kwizihiza imyaka 30 Papa Sava amaze mu buhanzi.

Iyi filime n’iyi ntambwe nshya byongera gushimangira Papa Sava nk’umwe mu nkingi za cinema nyarwanda, n’urugero rwiza rw’uko inzozi zitangira ari nto ariko zigakura zigakura iyo ziherekezwa no kwihangana.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro

Next Post

Imibereho n’ubukungu bigena icyemezo cyo kubyara mu Rwanda

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
17 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Imibereho n’ubukungu bigena icyemezo cyo kubyara mu Rwanda

Imibereho n’ubukungu bigena icyemezo cyo kubyara mu Rwanda

Niyo Bosco n’umukunzi we Mukamisha Irene basezeranye  imbere y’Imana

Niyo Bosco n'umukunzi we Mukamisha Irene basezeranye imbere y’Imana

Kizz Daniel yatangaje ko amafaranga atazana ibyishimo

Kizz Daniel yatangaje ko amafaranga atazana ibyishimo

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.