• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Ntare Louisenlund School i Bugesera isaba guhindura imyigishirize mu Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 8, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Kera mu mashuri, umwana wagiraga amanota 100% mu bizamini ni we witwaga umuhanga. Bagenzi be baramutinyaga, abarimu n’ababyeyi bakamushima ko arusha abandi ubwenge. Mu Rwanda, iyi myumvire yamaze igihe kinini, amanota afatwa nk’igipimo cy’ubwenge.

Ariko abahanga mu burezi bavuga ko gutsinda neza bishobora gusa kuba ikimenyetso cyo kwitegura neza ikizamini, atari ikimenyetso cy’ubuhanga buhanitse.

Damien Vassallo, Umuyobozi wa Ntare Louisenlund School i Bugesera, avuga ko bo batita ku manota gusa, ahubwo baha abanyeshuri amahirwe yo kugaragaza impano zabo. Iri shuri ryashinzwe n’abahoze biga muri Ntare School ya Uganda, barimo Perezida Paul Kagame na Perezida Yoweri Museveni. Ni ishuri rigezweho, aho umwaka w’amashuri utangirira kuri miliyoni 23 Frw ku munyeshuri wiyishyurira.

Vassallo avuga ko abanyeshuri benshi baturuka mu miryango ikomeye bagira igitutu cyo gutsinda, bakumva ko nibadatsinda ubuzima buzarangira. Ibi bishobora kubangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Ashimangira ko gutsindisha ibizamini bisanzwe gusa bitanga umusaruro mucye, kuko ibyo umwana yize ashobora kubyibagirwa vuba.

Muri Ntare Louisenlund, abana bahabwa umwanya wo kugaragaza ibyo bashoboye binyuranye, aho guhatirwa gusubiza ibibazo by’ibizamini gusa. Vassallo avuga ko ibi bituma umwana akura mu bitekerezo, akamenya guhanga udushya, kandi agatera imbere mu buryo burambye.Ntare Louisenlund School ikoresha porogaramu zateguwe na International Baccalaureate (IB), umuryango mpuzamahanga ufite icyicaro i Genève mu Busuwisi. IB izwiho kubaka ubushobozi bw’umunyeshuri, aho amanota y’ibizamini bisanzwe agira uruhare rukeya mu byiciro byo hasi, hanyuma akaziyongerera mu byiciro byo hejuru.

Vassallo asaba ko u Rwanda rwatekereza gushyira mu bikorwa uburyo bwa IB ku masomo nka siyansi n’imibare, kuko bwakoreshejwe hirya no hino ku Isi bukagaragaza umusaruro. Avuga ko ubwo buryo bushishikariza abanyeshuri gutekereza mu buryo bwagutse no kumenya gukemura ibibazo.

Vassallo avuga ko abana benshi b’Abanyarwanda batinya kugerageza ibishya. Ariko abo muri Ntare Louisenlund batangiye kumenyera uburyo bushya, bakumva bashyigikiwe n’abarimu n’abayobozi, bigatuma bigaragaza no mu bintu bigoye.

Avuga ko ababyeyi bakwiye gufasha abana babo kwiga ibintu bitandukanye, aho kubafata mu murongo umwe gusa. Ibi bituma umwana agira amahitamo menshi mu buzima, yaba mu buvuzi, amategeko, ikoranabuhanga n’ibindi.

Nubwo ishuri rifite ibiciro biri hejuru, 90% by’abanyeshuri biga ku buruse ya Leta hashingiwe ku bushobozi bwabo. Abana bo mu miryango ikennye na bo barahabwa amahirwe, hagendewe ku mpano n’ubumenyi bafite, atari ku kuba ababyeyi babo bafite ubushobozi.

Ishuri rishaka abana bafite ubushobozi muri STEM n’ibindi byiciro by’ubumenyi, kandi rikabaha umwanya wo kugaragaza ibyo bashoboye. Vassallo ashimishwa no kubona ababyeyi bandikira abana babo amabaruwa abatera inkunga, ndetse n’abana bandika kabone n’iyo baba banditse nabi.

Impinga

Share4Tweet3Send
Previous Post

Superman agiye kwinjira mu ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka ry’Amerika

Next Post

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
20 hours ago

Abakunzi b’imyidagaduro n’urwenya baritegura ijoro ridasanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo hateganyijwe igitaramo cya Gen Z...

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Hari filime nshya iri gutegurwa igamije gusubiza mu ndorerwamo y’amateka imwe mu nkuru zibabaje ariko zinagaragaza ubutwari bukomeye bwabereye i...

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

by Alex RUKUNDO
24 hours ago

Mu kiganiro cyatambutse kuri Kasuku live, mugitondo cyo ku ya 14 Mutarama 2026, hatangajwe amakuru avuga ko Lueiligiht, afugiwe kuri...

Next Post
Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Nel Ngabo yatanze ibyishimo I Muhanga

Nel Ngabo yatanze ibyishimo I Muhanga

Album ya Morgan Wallen yaciye agahigo

Album ya Morgan Wallen yaciye agahigo

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026
Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool
Imyidagaduro

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.