Umuhanzikazi Cindy Sanyu yasobanuye uko amafaranga azajya asaraganywa nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yemeje itegeko rushya rya copyright.
Cindy yavuze ko iyi gahunda nshya ari intambwe ikomeye ku bahanzi, cyane ko mu myaka yashize ari bo bakoraga cyane ariko bagahabwa amafaranga make ugereranyije n’abandi bafatanyabikorwa.
Yagaragaje ko mu buryo bushya, abahanzi bazajya bafata 60% by’amafaranga yinjizwa, mu gihe 40% azajya asaraganywa hatagti ya Leta, abafatanyabikorwa, n’abatunganya umuziki (producers).
Cindy yavuze ko kugira ngo producers bungukire cyane muri iyi gahund, bagomba kubanza kwandikisha injyana (Beat) zabo mu bigo birimo Uganda Performing Rights Society (UPRS) na Uganda Registration Services Bureau (URSB).
Ati: “Kugira ngo producer abone amafaranga muri iyi gahunda, agomba kuba yarandikishije beats ze muri UPRS na URSB kugira ngo ahabwe code. Buri gihe iyo beat ikoreshwa, abasha kubona inyungu ye.”
Yongeyeho ko abatunganya umuziki batifuza gukoresha ubu buryo bwo kwiyandikisha, bashobora kumvikana n’abahanzi ku buryo bazishyurwa mu buryo bwihariye mu gihe bakorera hamwe muri studio.
Cindy kandi yanaburiye abahanzi bakora remix, abasaba kubanza gusaba uburenganzira bwanditse mbere yo gusubiramo ibihangano by’abandi.
Ati: “Ntabwo byica amategeko igihe cyose bafite uburenganzira bwanditse kandi bwatanzwe n’umuhanzi nyiribwite. Rero iyo ufite ubwo burenganzira bukwemerera gukora remix y’indirimbo cyagwa beat, ariko iyo utabufite urahanwa igihe wakoresheje igihangano utabiherewe uburenganzira.”
Yasoje ashimangira ko yiteguye ko abandi bashobora kungukira ku bihangano bye, ariko binyuze mu bwumvikane hagati y’impande zombi.
Ati: “Igihe cyose twicaye tukaganira ku buryo nshobora kubona umugabane wanjye, nta kibazo nabigiraho. Dushora amafaranga menshi mu muziki wacu, ni yo mpamvu tugomba kubona inyungu zawo.”








