• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 2, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Uncategorized

NLE Choppa agiye gutaramira i Kigali muri Fuego Fest

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 25, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuraperi w’Umunyamerika NLE Choppa agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ya mbere mu gitaramo cya Fuego Fest, giteganyijwe kuba ku wa 24 Kamena 2026.

Amakuru dukesha The New Times avuga ko abategura iki gitaramo bo mu kigo cya Evolve Music Group bamaze kumvikana n’uyu muraperi kugira ngo abe ari we uzaba ari umuhanzi mukuru (headliner) muri iri serukiramuco ry’umuziki ritegerejwe na benshi.

NLE Choppa, amazina ye nyakuri akaba Bryson Lashun Potts, yavukiye mu mujyi wa Memphis mu 2002.

Yatangiye umuziki mu 2018 aho yahise amenyekana ku rwego mpuzamahanga mu gihe gito cyane, cyane cyane nyuma y’indirimbo ye yakunzwe cyane yitwa Shotta Flow.

Uyu muraperi w’imyaka 23 y’amavuko azwiho indirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga zirimo Do It Again, Walk Em Down ndetse na Slut Me Out, zagiye zimufasha kwigarurira abakunzi benshi ba Hip Hop hirya no hino ku Isi.

Igitaramo cya Fuego Fest biteganyijwe ko kizahuza abakunzi b’umuziki benshi, cyane cyane urubyiruko rwo mu Rwanda no mu karere, aho bazabona amahirwe yo kureba imbonankubone umwe mu baraperi bagezweho muri Amerika.

Ku ruhande rw’abahanzi b’Abanyarwanda, biteganyijwe ko hazanagaragara abahanzi batandukanye bazataramana n’uyu muraperi mu rwego rwo guteza imbere uruganda rw’umuziki mu Rwanda no gukomeza kuzana ibitaramo mpuzamahanga i Kigali.

Nubwo amakuru arambuye ku bazataramana na NLE Choppandetse n’aho igitaramo kizabera ataratangazwa ku mugaragaro, abakunzi b’umuziki bamaze kugaragaza amatsiko menshi kuri iki gitaramo, bitewe n’izina rikomeye ry’uyu muraperi mu muziki wa Hip Hop ku Isi.

Abategura Fuego Fest biteganyijwe ko mu minsi iri imbere bazatangaza ibisobanuro birambuye ku bijyanye n’amatike, aho igitaramo kizabera ndetse n’abandi bahanzi bazifatanya na NLE Choppa ku rubyiniro.

Ibi bikomeje kugaragaza ko Kigali iri kurushaho kuba igicumbi cy’ibitaramo mpuzamahanga bikomeye mu muziki muri Afurika y’Iburasirazuba

Share2Tweet1Send
Previous Post

FIFA Series 2026: U Rwanda rugiye kwakira imikino mpuzamahanga idasanzwe

Next Post

Umukinnyi wa filime Esteri Tebandeke yitabye Imana azize uburwayi bw’impyiko

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Rose Muhando Yibwe n’Abajura Binjiye Iwe

Rose Muhando Yibwe n’Abajura Binjiye Iwe

by MUNYANKINDI Alphonse
24 hours ago

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wo muri Tanzania, Rose Muhando, yatangaje ko yibwe n’abajura bataramenyekana binjiye mu rugo...

Taylor Swift Yigaranzuye iHeartRadio 2026, Yongera Kwigaragaza nk’Umwamikazi wa Pop

Taylor Swift Yigaranzuye iHeartRadio 2026, Yongera Kwigaragaza nk’Umwamikazi wa Pop

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Taylor Swift yongeye kwandika amateka mu muziki mpuzamahanga, nyuma yo kwegukana ibihembo birindwi mu birori bya iHeartRadio Music...

Azawi yiyise utsinda bose ku rubyiniro

Azawi yiyise utsinda bose ku rubyiniro

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Umuhanzikazi Azawi yatangaje ko nta muhanzi wo mu gihe cye wamuhangara ku rubyiniro mu bihe bya nyuma ya COVID-19. Mu...

Next Post
Umukinnyi wa filime Esteri Tebandeke yitabye Imana azize uburwayi bw’impyiko

Umukinnyi wa filime Esteri Tebandeke yitabye Imana azize uburwayi bw’impyiko

Urujijo ku mirambo myinshi yatahuwe aho yari itabye

Urujijo ku mirambo myinshi yatahuwe aho yari itabye

Israel Mbonyi yinjiye mu kanama ka Mashariki

Israel Mbonyi yinjiye mu kanama ka Mashariki

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda
Ibirori

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure
Ikoranabuhanga

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu
Imyidagaduro

Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu

by Alex RUKUNDO
April 1, 2026
“Dushishikaje no gushaka amafaranga nta guhangan” – B2C
Imyidagaduro

“Dushishikaje no gushaka amafaranga nta guhangan” – B2C

by Alex RUKUNDO
April 1, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.