Umuhanzi Pallaso yatangaje uko abona ibitaramo mu buryo butandukanye n’uko benshi babitekereza, ashimangira ko kuri we atareba ibijyanye n’amafaranga gusa.
Mu kiganiro yagiranye na Sanyuka TV, Pallaso yasobanuye ko adategura ibitaramo kubera umwaka mushya cyangwa se kubera ko abantu babimutegerejeho kuko agomba kubikora. Ahubwo ko ategereza abafana babimusaba.
Yagize ati: “Nkora igitaramo nk’uburyo bwo gusubiza ubusabe bw’abafana. Iyo babisabye.
Yibukije igitaramo cya VIP aherutse gukora muri Gicurasi umwaka ushize kuri Lugogo Crictet Oval, avuga ko byari ijoro ridasanzwe aho abafana babashije kwishimira umuziki we ku rwgo rushimishije. Kuri we, avuga ko igitaramo gikwiyw kuba umwanya wo gusangira ibyishimo hagati y’abahanzi n’abafana.
Pallaso yanagaragaje ukuri kubijyanye n’amafaranga. Bitandukanye n’uko benshi babitekereza, yavuze ko ibitaramo muri Kampala bitajya byinjiza inyungu nyinshi, ndetse ko igitaramo gishobora gutwara amafaranga menshi mu gutegurwa.
Kuri we, ibitaramo abifata nk’uburyo bwo uguha abafana ibyishimo ndetse no kwegerana nabo binyuze mu muziki, bitandukanye n’uburyo busanzwe bwo kuririmba mu tubari ndetse no kubibua by’imyidagaduro.
Kubera ko afite indirimbo nyinshi zakunzwe, pallaso avuga ko ahora asusurutsa abafana mu tubari no mu bindi bibuga bitandukanye mu gihugu kandi mu gihe kingana n’umwaka wose. Ibityo yumva ko ntamamvu ashyirwaho igitutu cyo gutegura ibitaramo binini.
Akomeza avuga ko bishoboka ko ibitaramo byaba uburyo bwo kwamamaza ibihangano, cyane cyane iyo umuhanzi akoranye n’abaterankunga. Gusa nanone yagaragaje ko kwamamaza Atari ibintu bimushishikaza.
Yagize ati: “Ku bwanjye, ibitaramo ndimo gukora muri iyi minsi si ibyo kwamamaza, kuko nsanzwe ndi umuhanzi ukomeye mu ruganda rwa muzika. Mbikora mu rwego rwo gushimira no guha ibyishimo abafana banjye.”







