Hon. Balaam Barugahara, umucuruzi ukomeye kandi uzwi cyane muri Uganda ndetse akaba ari na Minisitiri w’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Imibereho y’Abaturage, Umurimo n’Imibereho Myiza mu rwego rushinzwe Abana n’Urubyiruko, yatangaje ko yabaye umuherwe (billionaire) akiri muto afite imyaka 25.
Umu kiganiro yagiranye na Spark TV, Hon. Balaam, uzwi ho kuba akunda ibikorwa by’imyidagaduro nk’umunyamakuru ndetse akaba anakunda gutera inkunga ibikorwa b’umuziki, yanavuze ko Imana yamuhaye ubutunzi akiri muto. Ariko nannone akaba abishimira Imana.
Uyu mugabo w’imyaka 46 y’amavuko, yavuze ko icyo asigaye asaba Imana ari ukumufasha kubasha kumva no kwakira ibibazo by’abantu bayo, ndetse no kugira inama ubuyobozi mu mbagara ze nke.
Yagize ati: “Nshobora kwemeza ko ndi umuherwe kuko ndi umusoreshwa wo hagati, ntanga imisoro myinshi kandi mfite imirimo myinshi ishobota gutangwa ku rubyiruko rwinshi no mu bitangazamakuru bitandukanye no mu bucuruzi butandukanye dukora.”
Yakomeje agira ati: “Imana yampaye amafaranga nkiri muto. Nabaye umuherwe mfite imyaka 25. Ubu ndi kwitangira gukorera abanya-Uganda.”
Yasoje avuga ko icyo asaba Imana ari ku mufasha akajya afasha abantu, no gufasha abatishobo ndetse no kubagira inma, ashimangira ko atari buri wese ubashakugera mu biro bye akeneye amafaranga, ahubwo ko hari ababa bakeneye inama zibafasha.







