• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Dr Ugirashebuja yasobanuye igitera ubucucike mu bw’imanza mu Rwanda.

admin by admin
October 29, 2024
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko kuba Abanyarwanda bagirira icyizere ubutabera bituma bifuza ko ibibazo byose bagiranye byakemurwa n’inkiko bikanatuma inkiko zihorana ubucucike bw’imanza nyinshi buri mwaka

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ukwakira 2024, ubwo mu Karere ka Nyagatare hatangizwaga umwiherero w’iminsi ibiri ubaye ku nshuro ya cumi w’abayobozi bakuru b’inzego zose zibumbiye mu rwego rw’ubutabera.

Uyu mwiherero watangijwe na Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo ari kumwe na Ministiri w’Ubutabera n’abandi bayobozi bakuru b’inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera ndetse n’abafatanyabikorwa bazo.

Raporo y’ibyagezweho n’Urwego rw’Ubucamanza mu mwaka w’Ubucamanza wa 2023/2024, igaragaza ko mu manza zisigaye mu nkiko zigera ku manza 76,273, izirengeje imyaka itanu ni imanza umunani.

Imanza nyinshi zisigaye mu nkiko ni imanza zinjiye muri 2024 zingana na 31,448, ni ukuvuga 41% zigakurikirwa n’izo muri 2023 zingana na 28,701 zihwanye na 38%.

Minisitiri Ugirashebuja yavuze ko kuba buri mwaka inkiko ziba zifite ubucucike bw’imanza nyinshi, bituruka ku kuba Abanyarwanda benshi bizera ubutabera bahabwa bigatuma bumva ko ibibazo bagiranye byose byakemurwa n’inkiko.

Ati “ Mu butabera uko ugenda ukora byinshi ni nako usabwa gukora byinshi. Iyo utangiye ya nzira yo kuvugurura ubutabera bituma abantu bagira icyizere mu butabera rimwe na rimwe abantu bakibagirwa izindi nzira zo gukemura impaka baba bafite, bakagana ubutabera kubera icyizere baba bafite bikazateza rimwe na rimwe ikibazo cyo kuvuga ngo habaye ubucucike bw’imanza mu nkiko.”

Yakomeje agira ati “Niyo mpamvu ari ngombwa guhora twicara mu myiherero, tukareba ibyagezweho n’imbogamizi zirimo tukazishakira umuti.”

Minisitiri Ugirashebuja yakomeje avuga kuri ubu u Rwanda rwimakaje imbere politiki y’ubuhuza mu gukemura imanza zimwe na zimwe aho nka Politiki y’ubuhuza imaze gukemura imanza zisaga 3000, hakaba n’izindi nyishi zigenda zikemurwa zitageze mu nkiko nko mu muganda, mu mugoroba w’ababyeyi n’ahandi henshi.

Yavuze ko kandi imanza zirenga ibihumbi 13 zimaze gukemurwa binyuze muri politi yo gukemura ibibazo hatisunzwe inkiko.

Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi, yavuze ko mu manza zaregewe inkiko hakiri ubucucike bwinshi aho 70% imanza nshinjabyaha arizo ziganje cyane mu nkiko, mu gihe izindi manza zirimo imanza mbonezamubano, iz’ubucuruzi,iz’umurimo n’ubutegetsi zose zifata 30%.

Yavuze ko umubare w’abakozi b’inkiko harimo abacamanza, abanditsi n’abandi babafasha ngo ukiri hasi ugereranyije n’imanza zinjira mu nkiko umunsi ku munsi ari nayo mpamvu hakunda kuboneka ibirarane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro ritanga ubufasha mu by’amategeko mu Rwanda, LAF, Andrew Kananga, yavuze ko ibikwiriye kunozwa muri uyu mwiherero harimo kongera ikoranabuhanga mu nkiko kugira ngo rifashe abaturage mu kumenya gutanga ibirego batagiye mu nkiko, yavuze ko kandi bifuza ko umubare w’abacamanza nawo wongerwa.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenge, Dr Faustin Ntezilyayo, yasabye ko hashyirwaho uburyo bwo guhanga udushya tugamije kwifashishwa mu butabera. Yavuze ko kandi Abanyarwanda bose bagomba kubona ubutabera bungana kugira ngo bakomeze kugirira icyizere uru rwego.

Muri uyu mwaka Urwego rw’Ubucamanza rwakomeje ingamba zo kurwanya ibirarane by’imanza ziba ziri mu nkiko, ibi byatumye ikigereranyo cy’ibirarane by’imanza gitangira kumanuka kigera kuri 59% zivuye kuri 62% by’umwaka washize.

Raporo ya World Justice Project yashyize u Rwanda ku mwanya wa 40 ku Isi mu bijyanye n’ubutabera mu gihe ku mwanya wa Afurika rwari ruri ku mwanya wa mbere hagakurikiraho igihugu cya Namibie na ho Mauritanie ikaza ku mwanya wa gatatu.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko kuri ubu u Rwanda ruri gukora ibishoboka byose ngo rugabanye ubucucike bw’imanza zihari

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo yasabye ko udushya mu butabera twiyongera

Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, avuga ko hari byinshi u Rwanda rumaze kugeraho mu butabera agasaba ko n’ibibazo bikirimo byashakirwa umuti



Share2Tweet1Send
Previous Post

“Ishyuke mukobwa wanjye”, Clapton agaruka kuri Rufonsina wambwitse impeta

Next Post

RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama nkuru y’abafte ubumuga mu Rwanda NCPD Bwana Ndayisaba Emmanuel, aratangaza kuva mu 2012 kugeza hamaze gukorwa byinshi...

Africa Week 2025 Shines in Kigali as the Continent’s Premier Tech and Investment Summit

Africa Week 2025 Shines in Kigali as the Continent’s Premier Tech and Investment Summit

by Joe sure GASORE
2 weeks ago

Kigali, Rwanda — Africa Week 2025 has once again positioned Rwanda at the heart of the continent’s innovation movement, drawing...

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Uyu munsi, ni isabukuru y'imyaka 68 ya Perezida Paul Kagame, imyaka Abanyarwanda babona nk'amahirwe akomeye ndetse n'umugisha ku bwo kugira...

Next Post
RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

Bashaka kudobya igitaramo cyanjye, Davis D  avuga kubatumiye Nasty C  i Kigali.

Bashaka kudobya igitaramo cyanjye, Davis D avuga kubatumiye Nasty C i Kigali.

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.