• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Dr Ugirashebuja yasobanuye igitera ubucucike mu bw’imanza mu Rwanda.

admin by admin
October 29, 2024
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko kuba Abanyarwanda bagirira icyizere ubutabera bituma bifuza ko ibibazo byose bagiranye byakemurwa n’inkiko bikanatuma inkiko zihorana ubucucike bw’imanza nyinshi buri mwaka

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ukwakira 2024, ubwo mu Karere ka Nyagatare hatangizwaga umwiherero w’iminsi ibiri ubaye ku nshuro ya cumi w’abayobozi bakuru b’inzego zose zibumbiye mu rwego rw’ubutabera.

Uyu mwiherero watangijwe na Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo ari kumwe na Ministiri w’Ubutabera n’abandi bayobozi bakuru b’inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera ndetse n’abafatanyabikorwa bazo.

Raporo y’ibyagezweho n’Urwego rw’Ubucamanza mu mwaka w’Ubucamanza wa 2023/2024, igaragaza ko mu manza zisigaye mu nkiko zigera ku manza 76,273, izirengeje imyaka itanu ni imanza umunani.

Imanza nyinshi zisigaye mu nkiko ni imanza zinjiye muri 2024 zingana na 31,448, ni ukuvuga 41% zigakurikirwa n’izo muri 2023 zingana na 28,701 zihwanye na 38%.

Minisitiri Ugirashebuja yavuze ko kuba buri mwaka inkiko ziba zifite ubucucike bw’imanza nyinshi, bituruka ku kuba Abanyarwanda benshi bizera ubutabera bahabwa bigatuma bumva ko ibibazo bagiranye byose byakemurwa n’inkiko.

Ati “ Mu butabera uko ugenda ukora byinshi ni nako usabwa gukora byinshi. Iyo utangiye ya nzira yo kuvugurura ubutabera bituma abantu bagira icyizere mu butabera rimwe na rimwe abantu bakibagirwa izindi nzira zo gukemura impaka baba bafite, bakagana ubutabera kubera icyizere baba bafite bikazateza rimwe na rimwe ikibazo cyo kuvuga ngo habaye ubucucike bw’imanza mu nkiko.”

Yakomeje agira ati “Niyo mpamvu ari ngombwa guhora twicara mu myiherero, tukareba ibyagezweho n’imbogamizi zirimo tukazishakira umuti.”

Minisitiri Ugirashebuja yakomeje avuga kuri ubu u Rwanda rwimakaje imbere politiki y’ubuhuza mu gukemura imanza zimwe na zimwe aho nka Politiki y’ubuhuza imaze gukemura imanza zisaga 3000, hakaba n’izindi nyishi zigenda zikemurwa zitageze mu nkiko nko mu muganda, mu mugoroba w’ababyeyi n’ahandi henshi.

Yavuze ko kandi imanza zirenga ibihumbi 13 zimaze gukemurwa binyuze muri politi yo gukemura ibibazo hatisunzwe inkiko.

Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi, yavuze ko mu manza zaregewe inkiko hakiri ubucucike bwinshi aho 70% imanza nshinjabyaha arizo ziganje cyane mu nkiko, mu gihe izindi manza zirimo imanza mbonezamubano, iz’ubucuruzi,iz’umurimo n’ubutegetsi zose zifata 30%.

Yavuze ko umubare w’abakozi b’inkiko harimo abacamanza, abanditsi n’abandi babafasha ngo ukiri hasi ugereranyije n’imanza zinjira mu nkiko umunsi ku munsi ari nayo mpamvu hakunda kuboneka ibirarane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro ritanga ubufasha mu by’amategeko mu Rwanda, LAF, Andrew Kananga, yavuze ko ibikwiriye kunozwa muri uyu mwiherero harimo kongera ikoranabuhanga mu nkiko kugira ngo rifashe abaturage mu kumenya gutanga ibirego batagiye mu nkiko, yavuze ko kandi bifuza ko umubare w’abacamanza nawo wongerwa.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenge, Dr Faustin Ntezilyayo, yasabye ko hashyirwaho uburyo bwo guhanga udushya tugamije kwifashishwa mu butabera. Yavuze ko kandi Abanyarwanda bose bagomba kubona ubutabera bungana kugira ngo bakomeze kugirira icyizere uru rwego.

Muri uyu mwaka Urwego rw’Ubucamanza rwakomeje ingamba zo kurwanya ibirarane by’imanza ziba ziri mu nkiko, ibi byatumye ikigereranyo cy’ibirarane by’imanza gitangira kumanuka kigera kuri 59% zivuye kuri 62% by’umwaka washize.

Raporo ya World Justice Project yashyize u Rwanda ku mwanya wa 40 ku Isi mu bijyanye n’ubutabera mu gihe ku mwanya wa Afurika rwari ruri ku mwanya wa mbere hagakurikiraho igihugu cya Namibie na ho Mauritanie ikaza ku mwanya wa gatatu.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko kuri ubu u Rwanda ruri gukora ibishoboka byose ngo rugabanye ubucucike bw’imanza zihari

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo yasabye ko udushya mu butabera twiyongera

Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, avuga ko hari byinshi u Rwanda rumaze kugeraho mu butabera agasaba ko n’ibibazo bikirimo byashakirwa umuti



Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

“Ishyuke mukobwa wanjye”, Clapton agaruka kuri Rufonsina wambwitse impeta

Next Post

RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

Lt Gen Innocent Kabandana yapfuye

Lt Gen Innocent Kabandana yapfuye

by Peacemaker PUNDIT
3 days ago

RDF yunamiye LT Gen Innocent Kabandana waguye mu bitaro bya Gisirikare biri I Kanombe. Ku wa 7 Nzeri 2025 Minisiteri...

ARDPE yashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri 11 bize ubudozi

ARDPE yashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri 11 bize ubudozi

by Alex RUKUNDO
1 week ago

Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025, Umuryango ARDPE (Rwandan Association for Development and Environment Protection) washyize ku isoko...

Umusore w’imyaka 21 yishwe atewe icumu na bagenzi be

Umusore w’imyaka 21 yishwe atewe icumu na bagenzi be

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Kanama 2025, mu Ntara y’Iburasirazuba, Akarere ka Nyagatare, Umurenge wa Tabagwe, Akagari ka...

Next Post
RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

Bashaka kudobya igitaramo cyanjye, Davis D  avuga kubatumiye Nasty C  i Kigali.

Bashaka kudobya igitaramo cyanjye, Davis D avuga kubatumiye Nasty C i Kigali.

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.