Ibyamamare mu mukino w’iteramakofe Mike Tyson na Floyd Mayweather biteganyijwe ko bazakina umukino w’imurika muri DR Congo mu kwezi kwa Mata(4) nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru The Ring Magazine.
MikeCoppinger umwe mu banyamakuru bazwi b’umukino wa w’iteramakofe yatangaje muri icyo kinyamkauru ko uyu mukino uteganyijwe tariki 25 Mata, ahereye ku makuru ahabwa n’abarimo kuwutegura.
Mu cyumweru gishize Mike Tyson yatangarije ikinyamakuru cy’imyidagaduro TMZ kuri uyu mukino ati: “Yego, uzaba”, gusa igihe n’aho uzabera byari bitaramenyekana.
Umukino w’imurika [exhibition bout] usobanuye ko utabarwa mu mikino yemewe y’iteramakofe ry’umwuga.
Tyson na Mayweather bafatwa nka bamwe mu bateramakofe baranze imyaka 40 ishize mu byiciro bakinagamo mbere y’uko bakukuruka (bahagarika gukina by’umwuga).
The Ring ivuga ko uyu mukino uzaba mu rwego rwo “kuzirikana umurage wa Rumble in the Jungle imyaka 52 nyuma yaho”.
Rumble in the Jungle ni umukino, umwe mu yamamaye cyane kw’isi w’iteramakofe wahuje icyamamare Mohammad Ali na Goerge Foreman ubera i Kinshasa mu cyahoze ari Zaïre (DR Congo ubu) yategekwaga na Perezida Mobutu Sese Seko.
Asubiza kuri iyi nkuru, Nzanga Mobutu, umwe mu bahungu ba Perezida Mobutu, yatangaje ku rubuga X ko “nishimiye cyane kumva iyi nkuru ikomeye itangazwa na Mike Coppinger”.
Mike Tyson w’imyaka 59, yahoze ari nimero ya mbere kw’isi mu baremereye, nubwo yakukurutse muri uyu mukino aracyagerageza kuwubonekamo. Mu 2024 yakinnye umukino na Jake Paul warebwe n’abantu miliyoni 100.
Mayweather w’imyaka 48 na we ni umukukuruke mu iteramakofe, yahagaritse gukina ataratsindwa umukino n’umwe amaze no kwegukana amakamba y’uwa mbere ku isi mu byiciro bitanu by’abateramakofe b’ibiro bicyeya.







