Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bakomeje kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi Munyanshoza Dieudonné uzwi nka Mibirizi yagarutse ku bubyimba ndengakamere bwagaragaye mu gihe cya Jenoside. Yavuze ko mu gace akomokamo hari abicaga Abatutsi bakabarya imitima, ndetse hari n’abana n’abagore bahabwaga igikoma kirimo acide kigahitana ubuzima bwabo.
Amateka y’ubugome yabaye iwabo
Mibirizi, uvuka mu Karere ka Rusizi, yavuze ko hari ahantu hitwa mu Gatandara aho abantu bicwaga hakaba n’ababaryaga imitima yabo. Yavuze ko ibyo bikorwa by’ubugome byabayeho kandi bikaba bizwi n’abahatuye.
Yanagarutse ku byabereye ku Gasozi ka Karama, aho bivugwa ko abagore n’abana bagiye guhungishwa ariko bikarangira babafungiranye mu nzu bagasigara bicwa n’inzara.
Yagize ati “Bamaze kubicisha inzara, baje kubazanira igikoma bagishyiramo acide. Bakinyoye bahita bapfa.”
Igitabo gishingiye ku ndirimbo zo Kwibuka
Uyu muhanzi umaze kumenyekana cyane mu ndirimbo zo Kwibuka, yavuze ko ateganya gusohora igitabo kizashingira ku mateka y’udusozi yagiye aririmba mu ndirimbo ze.
Yasobanuye ko mu myaka ishize yakoze indirimbo nyinshi zivuga ku mateka ya Jenoside mu duce dutandukanye tw’igihugu, aho yaje gusanga zimaze kugera hafi ku ijana.
Ati “Naje gusanga maze gukora indirimbo zivuga ku dusozi tugera hafi ku 100. Natekereje ko byaba byiza kuzihuriza mu gitabo kugira ngo n’abadafite umwanya wo kumva indirimbo babashe gusoma ayo mateka.”
Yavuze ko nubwo atari asanzwe ari umwanditsi, uko yakomezaga kwandika yagiye arushaho kunguka ubunararibonye mu gukoresha amagambo, bituma igitabo cye kirushaho kuba cyiza.
Yababariye abamwiciye nubwo batigeze babimusaba
Mibirizi yavuze ko nubwo Jenoside yamutwaye abo mu muryango we, abamwiciye nta n’umwe wigeze aza kumusaba imbabazi. Icyakora yavuze ko we yahisemo kubabarira.
Ati “Nta muntu wigeze uza kunsaba imbabazi, ariko njyewe narabyakiriye kandi narabababariye. Hari n’abo duhura tukaganira bisanzwe.”
Gusa yavuze ko ababazwa n’abakomeje kunangira umutima bakanga gusaba imbabazi, abasaba gutera iyo ntambwe mu gihe igihari.
Munyanshoza Dieudonné avuka mu muryango w’abana icyenda, aho bane muri bo barimo abahungu batatu n’umukobwa umwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.







