• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, December 6, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Meddy ageze kure akora kuri Album ye shya ya Gospel

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 3, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe bamwe mu bahanzi bakomeye bakomeje gushora imbaraga mu mishanga itandukanye izabafasha kuzamura imiziki yabo, Ngabo Medard Jobert, wamenyekanye ku izina rya Meddy, umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Rwanda, yatangiye urugendo rushya mu muziki, aho asigaye akora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Uyu muhanzi wubatse izina ku ndirimbo zikora ku mitima ya benshi, zaba iz’urukundo (imitoma) cyangwa iza Gospel, yafashe icyerekezo gishya gishingiye ku kwimakaza Imana no kugaragaza urugendo rwe mu kwizera.

Amakuru avuga ko Meddy ari mu gihe cy’imirimo ikomeye yo kurangiza Album nshya, yibanda cyane ku ndirimbo zigaragaza icyerekezo cy’umwuka, ziganisha ku kwibutsa abatuye Isi gukomeza guha Imana icyubahiro.

Ni Album iri gukorerwa mu buryo bugezweho, aho buri ndirimbo iri gutunganywa n’aba-producer batandukanye, mu rwego rwo gutanga urwego rushya rw’umuziki ugezweho, utunganijwe neza kandi ufite ireme.

Amakuru yizewe avuga ko iyi Album ari yo Meddy azabanza gushyira hanze mbere y’uko yemeza itariki y’uruhererekane rw’ibitaramo ateganya gukora mu bihugu bitandukanye, birimo n’u Rwanda.

Abari hafi y’uyu muhanzi bavuga ko umusaruro w’iyi Album uzaba intangiriro y’urundi rugendo rwa Meddy mu muziki, ruzanajyana no gushyira ku murongo ibitaramo bishobora kuba by’umwihariko mu Rwanda.

Mu minsi ishize, Meddy yanyuze ku mbuga nkoranyambaga ze atangaza ko “mu gihe kidatinze” azagera i Kigali. Aya magambo yavugishije benshi, ahita aba igicaniro cy’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, aho benshi bibajije niba koko uyu muhanzi wimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu gihugu cye.

Umwe mu bafana be yamubajije igihe azagarukira mu Rwanda, Meddy amusubiza mu buryo bumeze nko guhishura amabanga ajyanye n’akazi ke, ko hari byinshi ari gutunganya mbere yo gukandagira i Kigali.

Ubu butumwa bwakiriwe nk’ikimenyetso cy’icyizere ko umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka Holy Spirit, Adi Top, Slowly na Blessed ari kwitegura kongera guhura n’abafana be mu buryo bwagutse.

Amakuru akomeza avuga ko Meddy atarateganya guhita yinjira mu bitaramo, ahubwo azabanza gushyira hanze Album ye nshya, ari na yo izamutera gufata icyemezo gikomeye cyo kongera kugaragara ku rubyiniro.

Biravugwa kandi ko imikorere y’iyi Album ari yo izamufasha gufata umwanzuro w’uko azagaruka mu Rwanda no gutaramira abanyarwanda, bijyanye n’igihe amaze adataramira mu gihugu cy’amavuko.

Nyuma yo gusohora indirimbo nshya Blessed, yakiriwe neza n’abafana n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Meddy yagaragaje ko ari mu gihe cyo kugaragaza uruhande rwe rw’umwuka n’ubuzima bushya.

Iyi ndirimbo, kimwe n’izindi ziri gutunganywa muri Album nshya, zifatwa nk’ibice bigize umugambi mushya mu muziki wa Meddy, umugambi wubakiye ku gukiza, guhumuriza no gusubiza imitima y’abantu ku Mana.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Guhindura Ishinya Umukara: Ibyiza n’Ingaruka Zishobora Kuza Mu Rwanda

Next Post

Netflix mu rungabangabo: Film mbarankuru ya 50 Cent ikomeje gukoma imigeri ku makimbirane ye na Diddy

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

by MUNYANKINDI Alphonse
16 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Davido, yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, aje guca agahigo mu bantu...

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

by MUNYANKINDI Alphonse
17 hours ago

Indirimbo “Juno” y’umuhanzi w’Umunyamerika Sabrina Carpenter yongeye kuza ku isonga ry’ibivugwaho cyane, nyuma y’uko yifashishijwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta...

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

by MUNYANKINDI Alphonse
2 days ago

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi, Miley Cyrus, yemeje ko yambitswe impeta n’umukunzi we Maxx Morando, umuhanzi w’ingoma bamaze imyaka ine bakundana....

Next Post
Netflix mu rungabangabo: Film mbarankuru ya 50 Cent ikomeje gukoma imigeri ku makimbirane ye na Diddy

Netflix mu rungabangabo: Film mbarankuru ya 50 Cent ikomeje gukoma imigeri ku makimbirane ye na Diddy

Jackie Chandiru yasobanuye impamvu ubuzima bwe mu rukundo butazongera gushyirwa ku karubanda

Jackie Chandiru yasobanuye impamvu ubuzima bwe mu rukundo butazongera gushyirwa ku karubanda

Cindy Sanyu yamaganye ibyo kongera guhangana na Sheebah: “Byaba Bibi Gushaka Kumushinyagurira Kabiri”

Cindy Sanyu yamaganye ibyo kongera guhangana na Sheebah: “Byaba Bibi Gushaka Kumushinyagurira Kabiri”

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be
Imyidagaduro

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

by MUNYANKINDI Alphonse
December 5, 2025
Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira
Imyidagaduro

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

by MUNYANKINDI Alphonse
December 5, 2025
Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe
Imyidagaduro

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

by MUNYANKINDI Alphonse
December 4, 2025
Urubanza rwa Djihad na Bagenzi be Rwasubitswe kubera kubura Umwunganizi
Imyidagaduro

Urubanza rwa Djihad na Bagenzi be Rwasubitswe kubera kubura Umwunganizi

by MUNYANKINDI Alphonse
December 4, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.