Umuhanzi ufite ubunararibonye , Maste Parrot, yagarutse ku mibereho ye n’ibyo yanyuzemo igihe yakoreshaga ibisindisha, avuga ko ubu agiye ku kwibanda kubaka ubuzima bwe n’umuziki we, anasaba abategura ibitaramo kumuha amahirwe yo kongera kuririmba ku rubyiniro.
Mu kiganiro yagiranye na Sanyuka TV, uyu muhanzi ukora injyana ya ragga yavuze ko ari mu rugendo rwo kongera kwisanga akora cyane kugira ngo agenzure imico ye yo kunywa ibisindisha.
Nk’igice cy’uru rugendo, yasabye abategura ibitaramo n’abategura imurikagurisha kumutekerezaho no kumuhamagara ngo aririmbire abantu baba bitabiriye ibikorwa byabo.
Ku bijyanye n’igihe kirekire amaze atanywa ibisindisha, Master Parrot yavuze ko hari igihe yabashije kutanywa ibisaindisha imyaka igera ku mwaka n’igice. Ariko yemeza ko avueze ko nyuma yaho yongeye gusubira mu bisindisha.
N’ubwo habayeho icyo kizira, umuhanzi avuga ko ubu yihaye intego yo guhinduka burundu yirinda ibisindisha.
Yagize ati: “Ubu ibisindisha narabiretse burundu ryose. Ndabasaba mwe mwese bategura ibitaramo, kumpa urubyiniro, nshimisha abantu nkoresheje injyana ya ragga. Ndabigize mumpe akazi.”
Master Parrot yasobanuye ko urugendo rwe rufite umwihariko kuko ashobora kumara igihe kirekire, rimwe na rimwe umwaka umwe cyangwa ibiri, atanywa ibisindisha. Ikibazo, nk’uko abivuga, kiza iyo yagarutse ku bisindisha bityo akabikoresha birenza urugero.
Yananenze abantu bafata amashusho ye bakayasagiza abandi, avuga ko ayo mashusho amugaragaza nk’umuntu ukoresha ibisindisha, nyamara we yarabiretse burundu.
Yongeyeho ati: “Abahanzi benshi bafite ikibazo cyo kunywa ibisindisha ariko sinzi impamvu njye banyibasira cyane. Buri wese ashaka kuvuga, ariko maze ibyumweru bitatumbimenyeko mfite ikibazo cyo kunywa bityo mpitamo ku bikosora.”








