• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa yatanze integuza y’igitabo ku mateka y’umuziki nyarwanda

Impinga Media by Impinga Media
November 20, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
KITOKO BIrabrwa
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Kitoko Bibarwa, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yatangaje ko ari mu mushinga ukomeye wo kwandika igitabo kizasohoka mu minsi iri imbere, kikazibanda ku mateka n’iterambere ry’umuziki w’u Rwanda. Uyu muhanzi ufite imyaka 39 yatangaje ko iki gitabo kizarimo ubuhamya butandukanye bw’abahanzi, kikazagaragaza urugendo umuziki w’u Rwanda wagendeyemo n’imbogamizi wahuye na zo mu myaka yashize.

Uyu mushinga Kitoko avuga ko yawutangiye mu gihe yari amaze igihe adakora cyane ibikorwa byo gusohora indirimbo nshya. Mu magambo ye yagize ati:

“Nifuzaga kwandika igitabo ku rugendo rwacu mu muziki. Namaze kugitangira nubwo nagifatanyaga no gukora kuri album yanjye nshya. Yo navuga ko yanarangiye igisigaye ari uko igihe kigera nkayishyira hanze.”

Iki gitabo cyitezweho kuba intambwe ikomeye mu gusigasira amateka y’umuziki nyarwanda, kikaba ari na kimwe mu bikorwa biherekeza album nshya ya Kitoko, avuga ko yiteguye gusohora mu gihe cya vuba.

Urugendo rwa Kitoko mu muziki

Kitoko Bibarwa yavukiye i Kigali ku wa 12 Nzeri 1985. Yatangiye urugendo rwe rw’umuziki mu myaka ya 2000, ariko album ye ya mbere yise Ifaranga yashyizwe hanze mu 2010. Iyo album yamufunguriye amarembo mu ruhando rw’abahanzi bakunzwe mu Rwanda, kuko yakunzwe cyane mu ndirimbo zirimo Ifaranga, Ikiragi, na Igendere.

Kitoko yakomeje gusohora indirimbo zitandukanye zirimo izakunzwe cyane nka Akabuto na Manyobwa. Yabaye icyitegererezo mu muziki nyarwanda kubera uburyo bwihariye yinjizamo ubutumwa bukora ku buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, ndetse n’ubuhanga mu guhuza imiziki gakondo n’iy’ubu.

Indirimbo ‘Tiro’ n’icyerekezo gishya

Mu minsi ishize, Kitoko yasohoye indirimbo yise Tiro, ari indirimbo yasubiyemo, kuko ubusanzwe ari iy’umuhanzi wo mu Burundi witwa Buhaga. Gusubiramo iyi ndirimbo byari igikorwa kigaragaza ko Kitoko ataracika intege mu muziki, ahubwo ko ari mu bihe byo kuvugurura ibikorwa bye bya muzika mu buryo bugezweho.

Nubwo yari amaze igihe adakora umuziki mu buryo bugaragara, Kitoko yakomeje guharanira gukomeza guhanga udushya. Uretse igitabo n’iyi album nshya, ibikorwa bye bigaragaza ko intego afite ari ugusigasira umuziki nyarwanda no kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Kitoko agiye kwandika igitabo kivuga kumuziki nyarwanda amazemo igihe kitari gito..

Umusanzu mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda

Mu myaka irenga icumi amaze mu ruganda rw’umuziki, Kitoko yabaye umwe mu bahanzi bagize uruhare mu iterambere ryawo, haba mu buryo bw’imitegurire y’indirimbo, gutegura ibitaramo mpuzamahanga, ndetse no kwinjiza umuziki w’u Rwanda mu isoko ryo hanze. Gushyira hanze igitabo kivuga ku rugendo rw’umuziki w’u Rwanda bizaba indi ntambwe ikomeye yo guhererekanya amateka y’uyu muziki ku banyamuziki n’abakunzi bawo bo muri iki gihe n’ibinyejana bizaza.

Kitoko aracyakomeje ibikorwa bye mu muziki no mu bindi byerekeye umuco n’amateka, akaba ari urugero rwiza rw’uko umuhanzi ashobora kuba umusemburo w’impinduka mu ruganda rwa muzika.

Dore zimwe mu ndirimbo za Kitoko ziheruka kujya hanze.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Dr. Kizza Besigye yashimuswe i Nairobi, bivugwa ko afungiwe muri Uganda

Next Post

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

rikaba rizitabirwa n'abahanga imideli bo mu bihugu nka South Africa, Kenya, Central Africa, Rwanda, USA na Senegal n’abamurika imideli babigize...

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB yabengutse umuziki wa Ruti Joel dore ko amufata nk'umuhanzi w'ibihe byose mu Rwanda. Umuyobozi...

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Kevin kade yasobanuye impamvu, yavuye muri Iwacu na muzika festival 2025, yari umwe mu batoranyijwe muri ibyo bitaramo byamaze iminsi...

Next Post
Break the CHain

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Google Chrome

Leta ya Amerika irashaka ko Chrome na Android Byamburwa Google mu koroshya ihangana ku Isoko

BBC

Basketball: u Rwanda k'urugamba rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika muri Sénégal

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...