• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa yatanze integuza y’igitabo ku mateka y’umuziki nyarwanda

Impinga Media by Impinga Media
November 20, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
KITOKO BIrabrwa
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Kitoko Bibarwa, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yatangaje ko ari mu mushinga ukomeye wo kwandika igitabo kizasohoka mu minsi iri imbere, kikazibanda ku mateka n’iterambere ry’umuziki w’u Rwanda. Uyu muhanzi ufite imyaka 39 yatangaje ko iki gitabo kizarimo ubuhamya butandukanye bw’abahanzi, kikazagaragaza urugendo umuziki w’u Rwanda wagendeyemo n’imbogamizi wahuye na zo mu myaka yashize.

Uyu mushinga Kitoko avuga ko yawutangiye mu gihe yari amaze igihe adakora cyane ibikorwa byo gusohora indirimbo nshya. Mu magambo ye yagize ati:

“Nifuzaga kwandika igitabo ku rugendo rwacu mu muziki. Namaze kugitangira nubwo nagifatanyaga no gukora kuri album yanjye nshya. Yo navuga ko yanarangiye igisigaye ari uko igihe kigera nkayishyira hanze.”

Iki gitabo cyitezweho kuba intambwe ikomeye mu gusigasira amateka y’umuziki nyarwanda, kikaba ari na kimwe mu bikorwa biherekeza album nshya ya Kitoko, avuga ko yiteguye gusohora mu gihe cya vuba.

Urugendo rwa Kitoko mu muziki

Kitoko Bibarwa yavukiye i Kigali ku wa 12 Nzeri 1985. Yatangiye urugendo rwe rw’umuziki mu myaka ya 2000, ariko album ye ya mbere yise Ifaranga yashyizwe hanze mu 2010. Iyo album yamufunguriye amarembo mu ruhando rw’abahanzi bakunzwe mu Rwanda, kuko yakunzwe cyane mu ndirimbo zirimo Ifaranga, Ikiragi, na Igendere.

Kitoko yakomeje gusohora indirimbo zitandukanye zirimo izakunzwe cyane nka Akabuto na Manyobwa. Yabaye icyitegererezo mu muziki nyarwanda kubera uburyo bwihariye yinjizamo ubutumwa bukora ku buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, ndetse n’ubuhanga mu guhuza imiziki gakondo n’iy’ubu.

Indirimbo ‘Tiro’ n’icyerekezo gishya

Mu minsi ishize, Kitoko yasohoye indirimbo yise Tiro, ari indirimbo yasubiyemo, kuko ubusanzwe ari iy’umuhanzi wo mu Burundi witwa Buhaga. Gusubiramo iyi ndirimbo byari igikorwa kigaragaza ko Kitoko ataracika intege mu muziki, ahubwo ko ari mu bihe byo kuvugurura ibikorwa bye bya muzika mu buryo bugezweho.

Nubwo yari amaze igihe adakora umuziki mu buryo bugaragara, Kitoko yakomeje guharanira gukomeza guhanga udushya. Uretse igitabo n’iyi album nshya, ibikorwa bye bigaragaza ko intego afite ari ugusigasira umuziki nyarwanda no kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Kitoko agiye kwandika igitabo kivuga kumuziki nyarwanda amazemo igihe kitari gito..

Umusanzu mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda

Mu myaka irenga icumi amaze mu ruganda rw’umuziki, Kitoko yabaye umwe mu bahanzi bagize uruhare mu iterambere ryawo, haba mu buryo bw’imitegurire y’indirimbo, gutegura ibitaramo mpuzamahanga, ndetse no kwinjiza umuziki w’u Rwanda mu isoko ryo hanze. Gushyira hanze igitabo kivuga ku rugendo rw’umuziki w’u Rwanda bizaba indi ntambwe ikomeye yo guhererekanya amateka y’uyu muziki ku banyamuziki n’abakunzi bawo bo muri iki gihe n’ibinyejana bizaza.

Kitoko aracyakomeje ibikorwa bye mu muziki no mu bindi byerekeye umuco n’amateka, akaba ari urugero rwiza rw’uko umuhanzi ashobora kuba umusemburo w’impinduka mu ruganda rwa muzika.

Dore zimwe mu ndirimbo za Kitoko ziheruka kujya hanze.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Dr. Kizza Besigye yashimuswe i Nairobi, bivugwa ko afungiwe muri Uganda

Next Post

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

by MUNYANKINDI Alphonse
44 minutes ago

Mu gihe benshi bamumenyereye nk’umukinnyi wa filime ukunzwe cyane mu Rwanda, Niyitegeka Gratien, uzwi nka Papa Sava, amaze imyaka irenga...

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bazwi ku rwego mpuzamahanga, Todd Galberth na Naomi Raine, batangaje ko u Rwanda...

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
23 hours ago

Abakunzi b’imyidagaduro n’urwenya baritegura ijoro ridasanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo hateganyijwe igitaramo cya Gen Z...

Next Post
Break the CHain

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Google Chrome

Leta ya Amerika irashaka ko Chrome na Android Byamburwa Google mu koroshya ihangana ku Isoko

BBC

Basketball: u Rwanda k'urugamba rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika muri Sénégal

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira
Imyidagaduro

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro
Ubuzima

Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone
Ikoranabuhanga

RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.