Mu gihe u Rwanda rwatangiye Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umunyamideli Kate Bashabe yavuze ko nubwo hashize imyaka myinshi, uburibwe n’ibikomere Jenoside yasize bikiri mu mitima ya benshi.
Yashimangiye ko Kwibuka ari ingenzi kugira ngo amateka atazibagirana ndetse n’abayihakana cyangwa abayipfobya batabona uruvugiro.
Kwibuka ni uguhesha icyubahiro ababuze ubuzima
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kate Bashabe yavuze ko Jenoside yasize ibikomere bikomeye ku miryango myinshi, bityo ko Kwibuka ari umwanya wo kuzirikana ababuze ubuzima n’imiryango yasenyutse.
Yagize ati “Nyuma y’imyaka 32, uburibwe buracyahari, guceceka biracyaremereye. Turacyafite inzibutso mu mitima yacu. Duha icyubahiro ubuzima bwatwawe n’imiryango yasenyutse, tunashima imbaraga z’abo bahisemo kongera guhaguruka bagakomera.”
Yavuze ko Kwibuka bikwiye gukorwa mu kuri no mu cyubahiro, kugira ngo amateka mabi yabaye atazongera kubaho ukundi.
Yamaganye abahakana n’abapfobya Jenoside
Kate Bashabe yanagaragaje ko hari abantu bagikomeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimangira ko ibyo bidakwiye guhabwa umwanya mu muryango nyarwanda.
Yagize ati “Twamaganye abo bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Yongeyeho ko Kwibuka ari uburyo bwo gukomeza kurinda amateka no guharanira ko ukuri kuguma kumenyekana.
Yashimye ubutwari bw’ababashije kubabarira
Uyu munyamideli yashimangiye ko nubwo hari benshi babuze imiryango yabo muri Jenoside, hari abahisemo inzira y’ubwiyunge n’imbabazi, ibintu avuga ko ari ubutwari bukomeye.
Ati “Abo babuze imiryango yabo bahorana uburibwe umunsi ku munsi ariko bagahitamo kubabarira. Imbaraga zanyu zirenze amagambo, kwihangana kwanyu ni urumuri mu mateka y’umwijima wacu.”
Yasoje ashimangira ko Kwibuka bigamije kurinda amateka no gusigasira isezerano rya “Ntibizongere Ukundi”.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa, bazira uko bavutse. Jenoside yasize ibikomere bikomeye ku muryango nyarwanda, ariko igihugu gikomeje urugendo rwo kwiyubaka, ubumwe n’ubwiyunge.







